Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

radiotv10by radiotv10
22/10/2024
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwerekanye abantu 10 bakurikiranyweho ibyaha binyuranye, barimo batatu bakekwaho kwigana inzoga za Likeri, ndetse hanagaragazwa ibyo bakoreshaga byafatiriwe bifite agaciro ka miliyoni 31,4 Frw.

Iki gikorwa cyo kwerekana aba bantu cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira 2024 ku Cyicaro Gikuru cya RIB na Polisi mu Mujyi wa Kigali i Remera, aho RIB yanagaragaje bimwe mu bikoresho byafatiriwe birimo n’inzoga ziganywe n’ibyakoreshwaga, bifite agaciro ka 31 435 750 Frw.

Aba bantu kandi barimo n’abakurikiranweho ibindi byaha birimo kunyereza imisoro no kugerageza guha Umugenzacyaha indonke (ruswa) ingana na miliyoni 4,8 Frw kugira ngo atabakurikirana.

Aba bantu bafashwe mu bihe bitandukanye muri uku kwezi k’Ukwakira mu Karere ka Gasabo, barimo batatu bari bayoboye ibi bikorwa byo kwigana inzoga, ndetse n’abandi barindwi bakurikiranyweho ubufatanyacyaha, barimo n’Umuyobozi w’Isibo wo muri aka gace.

Aba bantu uko ari icumi bafashwe barimo abagabo icyenda (9), n’umugore umwe bafungiye kuri Sitasiyo za RIB zitandukanye; iya Kimironko n’iya Rusororo, dosiye yabo ikaba yaroherejwe mu Bushinjacyaha kugira ngo bubaregere Urukiko.

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, Dr Murangira B. Thierry yagiriye inama abacuruza ibintu bitujuje ubuziranenge, kubihagarika, kuko uretse kuba ari icyaha gihanirwa n’amategeko, kinagira ingaruka ku buzima bw’abantu no ku bukungu bw’Igihugu.

Aba bantu berekanywe uyu munsi
Bakurikiranyweho ibyaha birimo kwigana inzoga za Liquor

Umuvugizi wa RIB yasabye abishoye mu bucuruzi bw’izi nsoga kubihagarika

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 9 =

Previous Post

Icyo umuryango w’umukobwa wapfuye urupfu rutunguranye ruregwa abasore babiri uvuga ku makuru ari gukwirakwizwa

Next Post

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

Related Posts

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

IZIHERUKA

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community
MU RWANDA

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

21/12/2025
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.