Sunday, June 8, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Impanuka ikomeye y’imodoka zirimo itwara abagenzi yateje ibyago

radiotv10by radiotv10
12/03/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Impanuka ikomeye y’imodoka zirimo itwara abagenzi yateje ibyago
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Bisi itwara abagenzi yavaga i Nyamirambo, yakoreye impanuka mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge, igongana n’indi yo mu bwoko bwa Toyota Hilux, ikomerekeramo abantu 23 barimo batatu bakomeretse bikomeye.

Iyi mpanuka ikomeye yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Werurwe 2025 saa moya zirengaho iminota mu muhanda uva i Nyamirambo werecyeza mu Mujyi rwagati ahazwi nko ku Gitega mu Murenge wa Gitega mu Karere ka Nyarugenge.

Iyi modoka yo mu bwoko bwa Bisi ya Sosiyete ya RITCO yari ivanye abagenzi i Nyamirambo, bivugwa ko yabaye nk’ibeberekera moto byari mu cyerekezo kimwe, igahita igongana n’indi modoka ya Toyota Hilux yari iri mu cyerekezo kigana aho iyi bisi yavaga.

Mu kugongana kw’iyi bisi n’iyo Toyota Hilux, indi modoka yo mu bwoko bwa Toyota Corolla yari iri nyuma y’iyo Hilux, yahise iyisekura, ku buryo iyi ya Hilux yangiritse cyane, ndetse n’umushoferi wari uyitwaye arakomereka bikabije, ndetse no kumukura muri iyi modoka yari yangiritse byasabye kubanza gucagagura iyi modoka.

Bamwe mu baturage babonye iyi mpanuka ubwo yabaga, bavuga ko iyi modoka ya Bisi ari yo yashatse gukatira umumotari, igahita isanga iriya ya Hilux mu mukono wayo, ikayigonga bikomeye dore ko yanihutaga.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, SP Emmanuel Kayigi, yavuze ko abantu 23 bakomerekeye muri iyi mpanuka.

Yagize ati “Hakomeretse abantu makumyabiri na batatu (23) barimo batatu (3) bakomeretse bikomeye, bajyanwe kuvurirwa ku bitaro bya CHUK.”

SP Emmanuel Kayigi wavuze ko abandi bantu bagiye bajyanwa mu Bitaro b’Ibigo Nderabuzima binyuranye, yatangaje ko hagikomeje iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka.

Bivugwa ko imodoka itwara abagenzi yabaye nyirabayazana
Imodoka ya Toyota Hilux yangiritse cyane
Na Toyota Corolla na yo yangiritse

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 20 =

Previous Post

Havuzwe amayeri y’uwafatanywe magendu y’inzoga zihenze zifite agaciro k’asaga miliyoni 4Frw

Next Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Related Posts

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, hatawe muri yombi umusore w’imyaka 20 nyuma yo gukekwaho gufata ku ngufu...

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

IZIHERUKA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
MU RWANDA

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

by radiotv10
07/06/2025
0

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

07/06/2025
Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

06/06/2025
Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Haravugwa icyaganiriweho mu biganiro by’inzego z’ubutasi z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore muto arakekwaho gusambanya ku manywa y’ihangu umukecuru amusanze iwe aryamye aho arwariye

Umuhanzi uzwi mu Rwanda uri gutaramira Abanyarwanda batuye i Burari yageneye ubutumwa abatahiwe

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.