Sunday, November 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye

radiotv10by radiotv10
24/10/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Impanuka yahitanye abantu batandatu yakangaranyije abayibonye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge ahazwi nko ku Kinamba, habereye impanuka ikomeye y’ikamyo bikekwa ko yacitse feri, ikagonga izindi modoka n’abanyamaguru, igahitana ubuzima bw’abantu batandatu.

Iyi mpanuka yabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 23 Ukwakira, ubwo iyi modoka y’ikamyo bakunze kwita Howo yacikaga feri, ubundi igasekura izindi modoka, ikanagonga abanyamaguru.

Yabereye mu Mudugudu w’Amizero mu Kagari k’Amahoro mu Murenge wa Muhima, aho iyi modoka yari iturutse mu Mujyi rwagati yerecyeza ku Kinamba.

Ababonye iyi mpanuka, babwiye RADIOTV10 ko iyi modoka yarenze ikiraro cy’ahazwi nko ku Kinamba bigaragara ko yari yacitse feri.

Umwe yagize ati “Yahoreraga cyane ku buryo icyo yasangaga mu nzira cyose yagihitanaga. Bigaragara ko yacitse feri kuko yirukankaga cyane.”

Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, hahise hamenyekana ko iyi mpanuka yahitanye ubuzima bw’abantu batandatu barimo abari muri iyi modoka ndetse n’abanyamaguru batatu bariho bigendera.

SSP Rene Irere, Umuvugizi wa Polisi w’Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, yavuze ko hahise hatangira gukorwa iperereza kugira ngo hamenyekane icyateye iyi mpanuka ariko hakekwa kuba yari yabuze feri.

Yavuze ko iyi modoka y’ikamyo yabanje kugonga ivatiri, ubundi igakomeza ikagonga n’abanyamaguru bigenderaga.

Abageze ahabereye iyi mpanuka bavuga ko yari ikomeye

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 12 =

Previous Post

Abapolisi b’u Rwanda muri MINUSCA bahaye ubutabazi abaturage bimuwe n’imyuzure

Next Post

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Related Posts

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwanda  is actively rolling out its new Single Digital ID (SDID) system nationwide,a major initiative for digital transformation. The registration and data...

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

by radiotv10
22/11/2025
0

Kaminuza ya East Africa University Rwanda na yo imaze gutanga impamyabushobozi ku bantu bigiye ku murimo bagera kuri 340, biganjemo...

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

IZIHERUKA

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID
IMIBEREHO MYIZA

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

by radiotv10
22/11/2025
0

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

22/11/2025
Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

22/11/2025
Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

Ukraine yatunguranye ibwiza ukuri America ku masezerano yateguye agamije kurangiza intambara n’u Burusiya

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Ahaturutse amakuru yatumye hatahurwa ubujura bukekwa muri IPRC-Kigali bwafungishije umuyobozi wayo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Key updates and progress on Rwanda’s New Digital ID you should know

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Abahawe impamyabushobozi na Kaminuza ya EAUR abarimo inzobere mu guteka bavuze icyizere barangizanyije

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.