Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Indi mpanuka yasize inkuru ibabaje y’umunyeshuri wari ugiye ku ishuri

radiotv10by radiotv10
01/03/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Indi mpanuka yasize inkuru ibabaje y’umunyeshuri wari ugiye ku ishuri
Share on FacebookShare on Twitter

Impanuka y’imodoka yabereye mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasbo mu Mujyi wa Kigali, yahitanye umwana w’umunyeshuri wari ugiye ku ishuri.

Iyi mpanuka y’imodoka nto yo mu bwoko bw’ivatiri, yabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Werurwe 2023 ahagana saa mibiri (08:00’) ubwo iyi modoka yari iri mu muhanda ku Kacyiru yataga umuhanda ikagonga uwo mwana w’umunyeshuri agahita yitaba Imana, undi agakomereka.

Iyi modoka ifite Pulake ya RAD 271 C yari mu muhanda uva ku Cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda imanuka yerecyeza ku kigo cy’Ishuri cya Kacyiru II, bivugwa ko yacitse feri igahita ita umuhanda.

Yahise iyoboka ahari abanyeshuri barimo berecyeza ku Ishuri ari bwo yahitaga ihitana umwe muri aba bana, mu gihe na yo yahise igwa yibaranguye.

Umukozi wo kuri iri shuri rya Kacyiru II, avuga ko iyi modoka ishobora kuba yari yacitse feri kuko yamanutse ihorera cyane ari bwo yagendaga ihitana ibyo yasangaga mu nzira, ikaza kuboneza kuri abo banyeshuri.

Ati “Imodoka yo yangiritse cyane, abari barimo ntacyo babaye usibye ko bakomeretse bisanzwe ariko umwana umwe w’umunyeshuri wiga mu wa kabiri w’ayisumbuye yahise yitaba Imana.”

Abatuye muri aka gace bavuga ko uyu muhanda usanzwe uberamo impanuka kubera imiterere yawo kandi ukaba utarahawe umwihariko mu mikoreshereze yawo.

Umwe yagize ati “Imodoka zituruka hari ruguru zagera hano zigahirima ntabwo ari ubwa mbere si n’ubwa kabiri, n’ejo yarahahirimye ariko bwo nta muntu yahitanye.”

Iyi mpanuka yahitanye umwana w’umunyeshuri ibaye nyuma y’indi yabaye mu ntangiro z’uyu mwaka, yabaye tariki 09 Mutarama ku munsi wa mbere w’ishuri yabereye i Rebero mu Mujyi wa Kigali.

Iyi yabaye mu ntangiro z’uyu mwaka, ni iya bus itwara abanyeshuri, na yo byavuzwe ko yacitse feri ikaruhukira mu ishyamba, ndetse umwe mu bana bari bayirimo akaza kwitaba Imana nyuma yo kugezwa kwa muganga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − 3 =

Previous Post

Umunyamakuru w’Igitangazamakuru kimwe cyo mu Rwanda yahuye n’uruva gusenya

Next Post

Umukambwe arakekwaho ibidasanzwe yakoreye umukobwa wakamubereye umwuzukuruza wari waje kumutekera

Related Posts

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu Murenge wa Gataraga mu Karere ka Musanze, abaturage benshi bakoraniye ku kigo cy’ishuri bavuga ko baje kureba amabonekerwa ya...

Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Good digestion is the foundation of overall health. When your digestive system works well, your body absorbs nutrients properly, your...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

IZIHERUKA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora
MU RWANDA

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

19/01/2026
Simple Habits That Improve Digestion

Simple Habits That Improve Digestion

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukambwe arakekwaho ibidasanzwe yakoreye umukobwa wakamubereye umwuzukuruza wari waje kumutekera

Umukambwe arakekwaho ibidasanzwe yakoreye umukobwa wakamubereye umwuzukuruza wari waje kumutekera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.