Monday, December 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi ko kubaka mu Mujyi wa Kigali waherukaga kugira icyo ashyira mu nda ku Cyumweru, yaguye igihumure kubera inzara bahita bamujyana kwa muganga, bamuha jus na cake ahita azanzamuka.

Uyu mugabo ukorera kompanyi y’ubwubatsi yitwa Milt engineering sercice Ltd yubaka umuhanda uva Kimihurura ugana Kacyiru, imaze iminsi idahemba abakozi bayo, aheruka kurya mu kwezi gushize ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2022.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi ko kubaka nyuma y’uko aguye igihumure ubwo yariho ahonda amabuye bakabona yituye hasi, yaganirije abasanzwe bakorana na we, bamubwira ko ntakindi cyatumye agwa atari inzara kuko aheruka kurya ku Cyumweru.

Uyu mugabo tutifuje gutangaza amazina, yahise ajyanwa ku kigo cy’Ubuzima Ineza mu Murenge wa Kacyiru, akigerayo muganga yamuguriye jus na Cake aramuha ahita azanzamuka.

Aho yari aryamye nyuma yo kunywa iyo jus no kurya cake, yabwiye RADIOTV10 ko ntakindi cyatumye yikubita hasi atari inzara.

Ati “Ni isereri yankubise hasi kubera inzara, kuko nabanje kugira ikibazo cyo kuribwa mu nda cyane ndihanganaaa ariko bigera aho biranga mpita nikubita hasi. Nari ndi gusa nk’utabona neza.”

Uyu mugabo usanzwe akomoka mu Karere ka Bugesera, yavuze ko iyi nzara yayitewe no kubura ibyo kurya kuko amaze ibyumweru bitatu adahembwa ndetse ko yari yagerageje kubwira umukoresha we ko arembejwe n’inzara ariko akamutera utwatsi.

Yagize ati “N’ejo nabwiye bosi arantuka, n’uyu munsi nabwo nagiye kumubwira nti ‘wambabariye ukampa nibura n’igihumbi’ ariko reka da kandi amfitiye ibihumbi mirono itanu ariko reba kugira ngo wicwe n’inzara agufitiye ibihumbi 50 ariko ubure n’igihumbi.”

Umuganga wo kuri poste de sante Ineza wakiriye uyu mugabo, yabwiye RADIOTV10 ko bakimwakira bahise bafata ibizamini by’ibanze ariko bakabura uburwayi.

Ati “Twamuryamishije tumushakira akantu ko kurya, turamubaza atubwira ko amaze igihe kinini atarya, ariko kugeza ubu ntakindi kibazo afite.”

Umunyamakuru wacu yahise asimbukira ku ishantiye isanzwe ikoraho uyu mugabo, isanga bamwe mu bo bakorana bari kurya ibiryo byari byaguriwe uyu mugabo ariko bikamunanira.

Aba bagabo baryanaga ibakwe ibyo biryo, bavuze ko na bo barembejwe n’inzara kubera kumara igihe badahembwa bakaba barabuze amafaranga yo guhaha no kwishyura ubukode.

Umwe yagize ati “Umuntu niba yanze kuguha amafaranga akurimo, niba akurimo ibihumbi 50 akaba yanze no kuguha n’amafaranga 500 yo kurya akarinda aho yikubita hasi wamubonye mugenzi wacu yaguye hariya kubera inzara.”

Aba bakozi bavuga ko ubusanzwe abakora mu buryo bwa nyakabyizi muri ubu buryo, baba bakwiye gutahana amafaranga ariko bo bakaba bakomeje guhura n’ibibazo by’imibereho kubera kudahembwa ndetse bakaba batabona ubakopa kubera imyenda myinshi bafashe mu nsisiro batuyemo.

Aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi k’ubwubatsi

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 3 =

Previous Post

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Next Post

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Related Posts

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

by radiotv10
15/12/2025
0

Umusesenguzi mu bya Politiki, Hon. Evode Uwizeyimana, avuga ko ibyakunze gutangazwa na Perezida w’u Burundi ko yifuza gutera u Rwanda,...

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

U Rwanda rwagaragarije Isi amatariki y’ingenzi yabayeho ibibi byakorewe Abanyamulenge

by radiotv10
15/12/2025
0

Uhagarariye u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, Amb. Martin Ngoga, yagaragarije Akanama k’uyu Muryango gashinzwe Amahoro n’Umutekano ku Isi, amatariki yagiye...

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

MoMo Rwanda Launches Holiday Cashback Rewards for MoMoApp Customers

by radiotv10
15/12/2025
0

Kigali, Rwanda - Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda ) is excited to announce an exclusive 5% cashback for MoMoApp...

IZIHERUKA

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge
MU RWANDA

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

15/12/2025
Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

15/12/2025
Me Evode yagaragaje inzira ishobora kuganisha Minisitiri ku gukurikiranwa na RIB

Wari wabona imbeba ikora pompaje hejuru ya rwagakoco?-Hon.Evode avuga ku Burundi bwifuza gutera u Rwanda

15/12/2025
Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

Icyemezo cy’ubutegetsi bw’u Burundi cyashyize mu ihurizo Abanyekongo bagiyeyo mbere yuko AFC/M23 ifata Uvira

15/12/2025
Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

Igikekwa ku mpanuka ikomeye ya Bisi yavaga muri Uganda yerecyeza mu Rwanda

15/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

Ibivugwa ku basirikare benshi n’intwaro zikomeye u Burundi bwohereje ku mupaka wabwo n’u Rwanda

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.