Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi ko kubaka mu Mujyi wa Kigali waherukaga kugira icyo ashyira mu nda ku Cyumweru, yaguye igihumure kubera inzara bahita bamujyana kwa muganga, bamuha jus na cake ahita azanzamuka.

Uyu mugabo ukorera kompanyi y’ubwubatsi yitwa Milt engineering sercice Ltd yubaka umuhanda uva Kimihurura ugana Kacyiru, imaze iminsi idahemba abakozi bayo, aheruka kurya mu kwezi gushize ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2022.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi ko kubaka nyuma y’uko aguye igihumure ubwo yariho ahonda amabuye bakabona yituye hasi, yaganirije abasanzwe bakorana na we, bamubwira ko ntakindi cyatumye agwa atari inzara kuko aheruka kurya ku Cyumweru.

Uyu mugabo tutifuje gutangaza amazina, yahise ajyanwa ku kigo cy’Ubuzima Ineza mu Murenge wa Kacyiru, akigerayo muganga yamuguriye jus na Cake aramuha ahita azanzamuka.

Aho yari aryamye nyuma yo kunywa iyo jus no kurya cake, yabwiye RADIOTV10 ko ntakindi cyatumye yikubita hasi atari inzara.

Ati “Ni isereri yankubise hasi kubera inzara, kuko nabanje kugira ikibazo cyo kuribwa mu nda cyane ndihanganaaa ariko bigera aho biranga mpita nikubita hasi. Nari ndi gusa nk’utabona neza.”

Uyu mugabo usanzwe akomoka mu Karere ka Bugesera, yavuze ko iyi nzara yayitewe no kubura ibyo kurya kuko amaze ibyumweru bitatu adahembwa ndetse ko yari yagerageje kubwira umukoresha we ko arembejwe n’inzara ariko akamutera utwatsi.

Yagize ati “N’ejo nabwiye bosi arantuka, n’uyu munsi nabwo nagiye kumubwira nti ‘wambabariye ukampa nibura n’igihumbi’ ariko reka da kandi amfitiye ibihumbi mirono itanu ariko reba kugira ngo wicwe n’inzara agufitiye ibihumbi 50 ariko ubure n’igihumbi.”

Umuganga wo kuri poste de sante Ineza wakiriye uyu mugabo, yabwiye RADIOTV10 ko bakimwakira bahise bafata ibizamini by’ibanze ariko bakabura uburwayi.

Ati “Twamuryamishije tumushakira akantu ko kurya, turamubaza atubwira ko amaze igihe kinini atarya, ariko kugeza ubu ntakindi kibazo afite.”

Umunyamakuru wacu yahise asimbukira ku ishantiye isanzwe ikoraho uyu mugabo, isanga bamwe mu bo bakorana bari kurya ibiryo byari byaguriwe uyu mugabo ariko bikamunanira.

Aba bagabo baryanaga ibakwe ibyo biryo, bavuze ko na bo barembejwe n’inzara kubera kumara igihe badahembwa bakaba barabuze amafaranga yo guhaha no kwishyura ubukode.

Umwe yagize ati “Umuntu niba yanze kuguha amafaranga akurimo, niba akurimo ibihumbi 50 akaba yanze no kuguha n’amafaranga 500 yo kurya akarinda aho yikubita hasi wamubonye mugenzi wacu yaguye hariya kubera inzara.”

Aba bakozi bavuga ko ubusanzwe abakora mu buryo bwa nyakabyizi muri ubu buryo, baba bakwiye gutahana amafaranga ariko bo bakaba bakomeje guhura n’ibibazo by’imibereho kubera kudahembwa ndetse bakaba batabona ubakopa kubera imyenda myinshi bafashe mu nsisiro batuyemo.

Aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi k’ubwubatsi

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Next Post

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Related Posts

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

IZIHERUKA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga
MU RWANDA

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.