Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka

radiotv10by radiotv10
02/06/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uheruka kurya mu kwezi gushize yaguye igihumure bamujyanye kwa muganga bamuha Jus arazanzamuka
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo usanzwe akora akazi ko kubaka mu Mujyi wa Kigali waherukaga kugira icyo ashyira mu nda ku Cyumweru, yaguye igihumure kubera inzara bahita bamujyana kwa muganga, bamuha jus na cake ahita azanzamuka.

Uyu mugabo ukorera kompanyi y’ubwubatsi yitwa Milt engineering sercice Ltd yubaka umuhanda uva Kimihurura ugana Kacyiru, imaze iminsi idahemba abakozi bayo, aheruka kurya mu kwezi gushize ku Cyumweru tariki 23 Gicurasi 2022.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 yageze aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi ko kubaka nyuma y’uko aguye igihumure ubwo yariho ahonda amabuye bakabona yituye hasi, yaganirije abasanzwe bakorana na we, bamubwira ko ntakindi cyatumye agwa atari inzara kuko aheruka kurya ku Cyumweru.

Uyu mugabo tutifuje gutangaza amazina, yahise ajyanwa ku kigo cy’Ubuzima Ineza mu Murenge wa Kacyiru, akigerayo muganga yamuguriye jus na Cake aramuha ahita azanzamuka.

Aho yari aryamye nyuma yo kunywa iyo jus no kurya cake, yabwiye RADIOTV10 ko ntakindi cyatumye yikubita hasi atari inzara.

Ati “Ni isereri yankubise hasi kubera inzara, kuko nabanje kugira ikibazo cyo kuribwa mu nda cyane ndihanganaaa ariko bigera aho biranga mpita nikubita hasi. Nari ndi gusa nk’utabona neza.”

Uyu mugabo usanzwe akomoka mu Karere ka Bugesera, yavuze ko iyi nzara yayitewe no kubura ibyo kurya kuko amaze ibyumweru bitatu adahembwa ndetse ko yari yagerageje kubwira umukoresha we ko arembejwe n’inzara ariko akamutera utwatsi.

Yagize ati “N’ejo nabwiye bosi arantuka, n’uyu munsi nabwo nagiye kumubwira nti ‘wambabariye ukampa nibura n’igihumbi’ ariko reka da kandi amfitiye ibihumbi mirono itanu ariko reba kugira ngo wicwe n’inzara agufitiye ibihumbi 50 ariko ubure n’igihumbi.”

Umuganga wo kuri poste de sante Ineza wakiriye uyu mugabo, yabwiye RADIOTV10 ko bakimwakira bahise bafata ibizamini by’ibanze ariko bakabura uburwayi.

Ati “Twamuryamishije tumushakira akantu ko kurya, turamubaza atubwira ko amaze igihe kinini atarya, ariko kugeza ubu ntakindi kibazo afite.”

Umunyamakuru wacu yahise asimbukira ku ishantiye isanzwe ikoraho uyu mugabo, isanga bamwe mu bo bakorana bari kurya ibiryo byari byaguriwe uyu mugabo ariko bikamunanira.

Aba bagabo baryanaga ibakwe ibyo biryo, bavuze ko na bo barembejwe n’inzara kubera kumara igihe badahembwa bakaba barabuze amafaranga yo guhaha no kwishyura ubukode.

Umwe yagize ati “Umuntu niba yanze kuguha amafaranga akurimo, niba akurimo ibihumbi 50 akaba yanze no kuguha n’amafaranga 500 yo kurya akarinda aho yikubita hasi wamubonye mugenzi wacu yaguye hariya kubera inzara.”

Aba bakozi bavuga ko ubusanzwe abakora mu buryo bwa nyakabyizi muri ubu buryo, baba bakwiye gutahana amafaranga ariko bo bakaba bakomeje guhura n’ibibazo by’imibereho kubera kudahembwa ndetse bakaba batabona ubakopa kubera imyenda myinshi bafashe mu nsisiro batuyemo.

Aho uyu mugabo asanzwe akorera akazi k’ubwubatsi

Juventine MURAGIJEMARIYA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + fifteen =

Previous Post

MTN izakoresha Miliyoni 230Frw mu gutera inkunga ihuriro ry’abashoramari rizaba muri CHOGM

Next Post

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

U Rwanda rwamaganye igihuha ko hari Abanye-Congo babiri babonetse i Kigali bishwe n’iyicarubozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.