Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ukekwaho kwica umugore we agahita abura bamusanze aho batakekaga

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, haravugwa umugabo ukekwaho kwica umugore we amutemye mu mutwe amuziza amafaranga ibihumbi 15 Frw, bakabanza kumushakisha bakamubura, nyuma bakamusanga kuri Polisi kuko yahise ayishyikiriza nyuma yo gukora ubu bugizi bwa nabi.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ry’igicuku rishyira kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, aho uyu mugabo w’imyaka 43 yicaga atemye umugore we w’imyaka 39.

Nyuma yuko uyu mugabo akoze ibi akekwaho, abana bahise batabaza abaturanyi babo baramushakisha baramubura, nyuma baza kumusanga yishyikirije Polisi ajya kwirega.

Byabereye mu Mudugudu wa Gikingo, Akagari ka Bweramvura mu Murenge wa Jabana, ahagana saa cyenda z’ijoro nkuko byemejwe na Athanasie Mukaruyange uyobora Akagari ka Bweramvura.

Yavuze ko nyuma y’ubu bwicanyi, inzego zageze aho bwabereye, zikanahabwa amakuru ku gishobora kuba cyatumye uyu mugabo yica umugore we.

Yagize ati “Abana batubwiye ko bapfuye ibihumbi 15 Frw, kubera agasakoshi yatse umugore karimo ayo mafaranga ari byo byatumye amwica amutemye.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mugabo wahise yishyikiriza Polisi akanatabwa muri yombi, yishe umugore we amutemye mu mutwe inshuro nyinshi zigera mu icumi (10).

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kandi buvuga ko uyu muryango wari usanzwe ufitanye amakimbirane ndetse ko nyakwigendera yari yarigeze kurega umugabo kuri RIB, uyu mugabo agahita atoroka ariko akaza kugaruka asaba imbabazi umugore we amusaba kwiyunga amwizeza ko yahindutse.

RADIOTV10

Comments 1

  1. 0785147386 says:
    3 years ago

    O k

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × three =

Previous Post

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Next Post

Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.