Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ukekwaho kwica umugore we agahita abura bamusanze aho batakekaga

radiotv10by radiotv10
05/01/2023
in MU RWANDA, UBUTABERA
1
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Jabana mu Karere ka Gasabo, haravugwa umugabo ukekwaho kwica umugore we amutemye mu mutwe amuziza amafaranga ibihumbi 15 Frw, bakabanza kumushakisha bakamubura, nyuma bakamusanga kuri Polisi kuko yahise ayishyikiriza nyuma yo gukora ubu bugizi bwa nabi.

Ubu bwicanyi bwabaye mu ijoro ry’igicuku rishyira kuri uyu wa Kane tariki 05 Mutarama 2023, aho uyu mugabo w’imyaka 43 yicaga atemye umugore we w’imyaka 39.

Nyuma yuko uyu mugabo akoze ibi akekwaho, abana bahise batabaza abaturanyi babo baramushakisha baramubura, nyuma baza kumusanga yishyikirije Polisi ajya kwirega.

Byabereye mu Mudugudu wa Gikingo, Akagari ka Bweramvura mu Murenge wa Jabana, ahagana saa cyenda z’ijoro nkuko byemejwe na Athanasie Mukaruyange uyobora Akagari ka Bweramvura.

Yavuze ko nyuma y’ubu bwicanyi, inzego zageze aho bwabereye, zikanahabwa amakuru ku gishobora kuba cyatumye uyu mugabo yica umugore we.

Yagize ati “Abana batubwiye ko bapfuye ibihumbi 15 Frw, kubera agasakoshi yatse umugore karimo ayo mafaranga ari byo byatumye amwica amutemye.

Uyu muyobozi avuga ko uyu mugabo wahise yishyikiriza Polisi akanatabwa muri yombi, yishe umugore we amutemye mu mutwe inshuro nyinshi zigera mu icumi (10).

Amakuru yatanzwe n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze kandi buvuga ko uyu muryango wari usanzwe ufitanye amakimbirane ndetse ko nyakwigendera yari yarigeze kurega umugabo kuri RIB, uyu mugabo agahita atoroka ariko akaza kugaruka asaba imbabazi umugore we amusaba kwiyunga amwizeza ko yahindutse.

RADIOTV10

Comments 1

  1. 0785147386 says:
    3 years ago

    O k

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + 2 =

Previous Post

Inkuru y’incamugongo muri Rayon Sports

Next Post

Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Related Posts

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

Bashyize hanze imyitwarire bashinja ubuyobozi ituma ubujura budacika ahubwo bugakaza umurego

by radiotv10
23/01/2026
0

Abo mu Mirenge ya Kivumu na Kigeyo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko ubujura bubarembeje nyamara ngo ubuyobozi bukaba bubirebera...

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

Abadepite babajije Abayobozi muri Minisiteri iherezo ry’ikibazo cyavuzwe kenshi mu buhinzi bw’u Rwanda

by radiotv10
23/01/2026
0

Abadepite bagize Komisiyo y’Imiyoborere n’Uburinganire bw’Abagabo n’Abagore mu Nteko Ishinga Amategeko, babajije Minisiteri y'Ubuhinzi n'Ubworozi, iherezo ry’ikibazo cy'ibyumba bikonjesha umusaruro...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

IZIHERUKA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika
AMAHANGA

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

23/01/2026
Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Ibya Prince Kid ntibyarangiye hamenyekanye amakuru mashya ku rubanza rwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.