Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye

radiotv10by radiotv10
13/06/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Ukurikiranyweho kwicisha inzara umwana we yabyemeye avuga ko yabitewe n’umujinya w’uko nyina yamumutanye
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Mujyi wa Kigali ukurikiranyweho icyaha cyo gukubita umwana we mu buryo bukabije no kumwicisha inzara, yaburanye yemera icyaha, anavuga icyabimuteye.

Uyu mugabo waburanishijwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge mu cyumweru gishize tariki 09 Kamena 2022, yemeye icyaha akekwaho.

Ubushinjacyaha buvuga ko uyu mugabo yagiye akora ibi bikorwa bigize ibyaha mu bihe bitandukanye ariko ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bukaza kubona ko atari uguhana umwana gusa.

Ubushinjacyaha buvuga ko ubuyobozi bw’ibanze bwagiye butumiza uyu mugabo mu nama zitandukanye bukabimubuza ndetse na we akemera ko agiye kubihagarika ariko akabikomeza.

Ubwo yaburanishwaga n’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, uyu mugabo yemeye ibi byaha akurikiranyweho, avuga ko yabitewe n’umujinya  w’uko nyina w’uyu mwana yamumutanye akaba  amurera wenyine.

Ubushinjacyaha bwo bwagaragaje ko ayo ari amatakirangohi kuko nubwo gukubita umwana muri ubu buryo bitemewe ariko ko umwana yanabirenganiyemo kandi ari umuziranenge.

Muri uru rubanza hifashishijwe amategeko anyuranye arimo iryerekeye kurengera umwana ndetse n’itegeko ryerekeye ibyaha n’ibihano.

Uyu mugabo naramuka ahamijwe icyaha cyo guhoza umwana ku nkeke cyangwa kumuha ibihano biremereye, azahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 3 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi magana atatu (300.000 FRW) hashingiwe ku ngingo ya 28 y’Itegeko ryerekeye kurengera umwana.

Urukiko rwanapfundikiye urubanza, ruzasoma umwanzuro warwo tariki 27 Kamena 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + eight =

Previous Post

Majoro muri FARDC yahitanywe na M23, Umujenerali yarindaga ararusimbuka

Next Post

DRC: M23 yafashe Umujyi wa Bunagana, abasirikare ba FARDC bakizwa n’amaguru

Related Posts

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

by radiotv10
17/11/2025
0

Abarerera mu Ishuri Ribanza rya Nyanza ryo mu Murenge wa Ngera mu Karere ka Nyaruguru, barasaba ko inyubako z’iri shuri...

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

Rusizi: Abaturage babiri mu icumi bari hamwe baba barwaye diyabete

by radiotv10
17/11/2025
0

Mu rwego rwo kurwanya indwara zitandura zirimo diyabete yibasiye abangana na 2% mu baturage b’akarere ka Rusizi, ubuyobozi bw’aka karere...

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

IZIHERUKA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishamiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare
AMAHANGA

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishamiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

by radiotv10
17/11/2025
0

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

17/11/2025
Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

Imiterere y’ishuri barereramo abana babo rituma bagira impungenge

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC: M23 yafashe Umujyi wa Bunagana, abasirikare ba FARDC bakizwa n’amaguru

DRC: M23 yafashe Umujyi wa Bunagana, abasirikare ba FARDC bakizwa n’amaguru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishamiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.