Umugabo ukurikiranyweho kwica umwana we w’amezi abiri abitewe n’amakimbirane afitanye n’umugore we bashinjanya ubusambanyi, yemera icyaha, akavuga ko yamuteruye akamukubita kuri sima agahita ashiramo umwuka.
Dosiye iregwamo uyu mugabo, yakiriwe n’Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo kugira ngo buyiregere Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo.
Uyu mugabo akurikiranyweho kwica umwana we w’uruhinja rw’amezi abiri, amukibise hasi biturutse ku makimbirane yari afitanye n’umugore we aho buri wese yashinjaga mugenzi we ubusambanyi no gukoresha umutungo w’urugo mu buriganya.
Ubushinjacyaha bugira buti “Ibyo byabaye ku tariki ya 25 Ukuboza 2024 ubwo uregwa yahengereye umugore we adahari afata umwana wabo muto aramwica, arangije yandika urwandiko arushyira imbere y’umurambo w’umwana akinga inzu aragenda. Mu nzira, yahuye n’umugore we amuha urufunguzo rw’inzu anamubwira ko atazongera kumubona.”
Ubushinjacyaha bukomeza bugira buti “Umugore yageze mu rugo, akinguye asanga umwana yapfuye, ajya gutabaza Polisi. Uregwa yaje gufatwa yemera ko ari we wiyiciye umwana, ko yamuteruye akamukubita hasi, akagusha umutwe kuri Sima agahita apfa.”
Icyaha cy’ubwicanyi buturutse ku bushake akurikiranyweho, giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 107 y’Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
RADIOTV10