Friday, May 9, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kigali: Umugabo wishe umugore we amutegeye mu nzira akamukata ijosi yakatiwe burundu

radiotv10by radiotv10
25/01/2022
in Uncategorized
0
Kigali: Umugabo wishe umugore we amutegeye mu nzira akamukata ijosi yakatiwe burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwakatiye igihano cy’igifungo cya burundu umugabo witwa Bizimana nyuma yo kumuhamya icyaha cyo kwica umugore we ubwo yamukataga ijosi mu gitondo nka saa tatu mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, agahita yitaba Imana.

Icyemezo cy’Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, cyasomwe kuri uyu wa Mbere tariki 24 Mutarama 2022 aho Umucamanza yahamije uyu mugabo witwa Bizimana icyaha cy’ubwicanyi.

Iki cyaha yahamijwe cyakozwe tariki ya 06 Ukuboza 2021 ubwo uyu mugabo yicaga umugore we amutangiriye mu nzira avuye kurangura, amukeba ijosi ahita yitaba Imana, abaturage bari aho muhanda bahita bamukurikira baramufata bamushyikiriza ubutabera.

Ubu bwicanyi bwanavuzwe cyane, bwabaye mu masaha ya saa tatu za mu gitondo, mu Murenge wa Nyarugunga, Akagari ka Kamashashi, Umudugudu wa Mukoni.

Amakuru avuga ko Bizimana yagiye kugura icyuma ku isoko i Kabuga agategera umugore we mu nzira avuye kurangura imineke n’inyanya akamugendaho, yabona ageze ahatari abantu benshi akamuturuka inyuma akamukeba ijosi.

Abari hafi aho bahise batabara, bagerageza gufasha uwari amaze gukebwa ijosi ariko biranga ahita yitaba Imana.

Ubwo ibi byamaraga kuba, abo baturage bahise bashakisha uyu mugabo wari umaze gukora icyo cyaha, bamufatira mu gishanga aho yari yihishe mu bigori, ahita ashyikirizwa ubuyobozi.

Akimara gufatwa, yemeye icyaha, akavuga ko yishe umugore we amujijije amafaranga ye Ibihumbi 500 Frw yatwaye ariko ntagaragaza aho ayo mafaranga yari yavuye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 18 =

Previous Post

Huye: Umukecuru w’imyaka 72 aremera icyaha cyo gucuruza urumogi

Next Post

IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

IFOTO: Cristiano Ronaldo ari kurya ubuzima ku mucanga yerekanye Six Pack

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.