Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, umugore wo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yabyutse atabaza abaturanyi avuga ko umugabo we apfuye, bagiye kureba basanga umugabo we yatewe icyuma ku ijosi yashizemo umwuka.

Ubu bugizi bwa nabi bwabaye mu masaaha ya saa cyenda z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Muri icyo gicuku, umugore wa nyakwigendera, yabyutse atabaza avuga ko umugabo we apfuye, abandi bihutira kujya kureba, basanga uyu mugabo yashizemo umwuka.

Umurambo w’uyu mugabo wahise ujyanwa ku Bitaro Bikuru by’Akarere ka Gasabo bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma, ndetse inzego z’iperereza zikaba zatangiye kurikora.

Idrissa Nkurunziza uyobora Umurenge wa Kanombe, yemeje amakuru y’ubu bugizi bwa nabi, gusa avuga ko hataramenyekana uwivuganye uyu muturage.

Yagize ati “Kugeza ubu ntituramenya ngo yishwe na bande kuko bari mu nzu, ni ho bamusanze ndetse n’umugore we yari ahari, ariko yasohotse ajya guhuruza abaturanyi.”

Inzego zishinzwe iperereza n’iz’umutekano ndetse n’iz’ibanze zihutiye kugera ahabereye ubu bwicanyi kugira ngo hatangire gukorwa iperereza.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza, rumaze guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri ubu bugizi bwa nabi barimo n’umugore wa nyakwigendera asigiye umwana umwe bari barabyaranye.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Donat Maniragaba says:
    3 years ago

    Aha , ibintu by’ubwicanyi mu miryango ntibyoroshye

    Reply
  2. Etienne says:
    3 years ago

    Nanjye mfashije iperereza ndumva twafata uwo mugore kuko niba bari muburiri uwa babiri, umugore agasohoka umugabo yamaze Gupta kuki atatabaje mbere,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Next Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.