Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, umugore wo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yabyutse atabaza abaturanyi avuga ko umugabo we apfuye, bagiye kureba basanga umugabo we yatewe icyuma ku ijosi yashizemo umwuka.

Ubu bugizi bwa nabi bwabaye mu masaaha ya saa cyenda z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Muri icyo gicuku, umugore wa nyakwigendera, yabyutse atabaza avuga ko umugabo we apfuye, abandi bihutira kujya kureba, basanga uyu mugabo yashizemo umwuka.

Umurambo w’uyu mugabo wahise ujyanwa ku Bitaro Bikuru by’Akarere ka Gasabo bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma, ndetse inzego z’iperereza zikaba zatangiye kurikora.

Idrissa Nkurunziza uyobora Umurenge wa Kanombe, yemeje amakuru y’ubu bugizi bwa nabi, gusa avuga ko hataramenyekana uwivuganye uyu muturage.

Yagize ati “Kugeza ubu ntituramenya ngo yishwe na bande kuko bari mu nzu, ni ho bamusanze ndetse n’umugore we yari ahari, ariko yasohotse ajya guhuruza abaturanyi.”

Inzego zishinzwe iperereza n’iz’umutekano ndetse n’iz’ibanze zihutiye kugera ahabereye ubu bwicanyi kugira ngo hatangire gukorwa iperereza.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza, rumaze guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri ubu bugizi bwa nabi barimo n’umugore wa nyakwigendera asigiye umwana umwe bari barabyaranye.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Donat Maniragaba says:
    3 years ago

    Aha , ibintu by’ubwicanyi mu miryango ntibyoroshye

    Reply
  2. Etienne says:
    3 years ago

    Nanjye mfashije iperereza ndumva twafata uwo mugore kuko niba bari muburiri uwa babiri, umugore agasohoka umugabo yamaze Gupta kuki atatabaje mbere,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − 8 =

Previous Post

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Next Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Related Posts

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

IZIHERUKA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu
AMAHANGA

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

29/01/2026
Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.