Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umugore yasohotse mu gicuku atabaza bagiye kureba basanga umugabo we yapfuye

radiotv10by radiotv10
21/11/2022
in MU RWANDA, UBUTABERA
2
Amakuru mashya ku mwana wishwe urw’agashinyaguro uwabikoze agatorokana umutwe we
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gicuku cy’ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, umugore wo mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro, yabyutse atabaza abaturanyi avuga ko umugabo we apfuye, bagiye kureba basanga umugabo we yatewe icyuma ku ijosi yashizemo umwuka.

Ubu bugizi bwa nabi bwabaye mu masaaha ya saa cyenda z’igitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Mulindi mu Kagari ka Kabeza mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro.

Muri icyo gicuku, umugore wa nyakwigendera, yabyutse atabaza avuga ko umugabo we apfuye, abandi bihutira kujya kureba, basanga uyu mugabo yashizemo umwuka.

Umurambo w’uyu mugabo wahise ujyanwa ku Bitaro Bikuru by’Akarere ka Gasabo bya Kacyiru kugira ngo ukorerwe isuzuma rya nyuma, ndetse inzego z’iperereza zikaba zatangiye kurikora.

Idrissa Nkurunziza uyobora Umurenge wa Kanombe, yemeje amakuru y’ubu bugizi bwa nabi, gusa avuga ko hataramenyekana uwivuganye uyu muturage.

Yagize ati “Kugeza ubu ntituramenya ngo yishwe na bande kuko bari mu nzu, ni ho bamusanze ndetse n’umugore we yari ahari, ariko yasohotse ajya guhuruza abaturanyi.”

Inzego zishinzwe iperereza n’iz’umutekano ndetse n’iz’ibanze zihutiye kugera ahabereye ubu bwicanyi kugira ngo hatangire gukorwa iperereza.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwahise rutangira iperereza, rumaze guta muri yombi abakekwaho kugira uruhare muri ubu bugizi bwa nabi barimo n’umugore wa nyakwigendera asigiye umwana umwe bari barabyaranye.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Donat Maniragaba says:
    3 years ago

    Aha , ibintu by’ubwicanyi mu miryango ntibyoroshye

    Reply
  2. Etienne says:
    3 years ago

    Nanjye mfashije iperereza ndumva twafata uwo mugore kuko niba bari muburiri uwa babiri, umugore agasohoka umugabo yamaze Gupta kuki atatabaje mbere,

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 19 =

Previous Post

Twifuzaga ko yifotozanya natwe-Mushikiwabo avuga ku wahagarariye Tshisekedi wanze kwifozanya n’abandi

Next Post

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko
IBYAMAMARE

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

by radiotv10
08/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

08/01/2026
AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Inteko yavuze ku Mudepite weguye nyuma y’icyumweru heguye undi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi n’umunyamakurukazi bazwi mu Rwanda bamaze igihe bakundana basezeranye mu mategeko

Ibyo umukinnyi wa Algeria yakoreye imbere y’umufana utazibagirana wa Congo byatumye habaho gusaba imbabazi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.