• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside

radiotv10by radiotv10
08/04/2025
in MU RWANDA
0
Kigali: Umukozi wo mu rugo akurikiranyweho gutangaza amagambo akomeretsa yumvikanamo ingengabitekerezo ya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Umukobwa w’imyaka 23 y’amavuko ukora akazi ko mu rugo mu muryango utuye mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, yatawe muri yombi akurikiranyweho ingengabitekerezo ya Jenoside, nyuma y’ubutumwa akekwaho gutambutsa kuri WhatsApp bwumvikanamo ingengabitekerezo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru cyitwa Taarifa, avuga ko uyu mukobwa yatawe muri yombi, ubu akaba afungiye ku cyicaro gikuru cya Polisi na RIB mu Mujyi wa Kigali.

Uyu mukobwa ukomoka mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, akora akazi ko mu rugo mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nonko, Umurenge wa Nyarugunga, yatawe muri yombi kubera ubutumwa yatambukije kuri Status ya WhatsApp, aho yakoresheje imvugo iremereye itoneka abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu gihe Abanyarwanda binjiye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31.

Bumwe muri ubu butumwa buremereye tutifuje gutangaza, uyu mukobwa yumvikanishaga ko atakwifatanya n’abandi Banyarwanda mu bikorwa byo Kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ahubwo ko we ngo azibuka abo mu bwoko bwe [bw’Abahutu].

Rose Kabatayi, nyiri uru rugo rukoramo uyu mukobwa, yemeye ko uyu mukozi we yatawe muri yombi. Ati “Hari saa munani tubona abashinzwe umutekano baraje baramufata, ntituzi ibyakurikiyeho.”

Rose avuga ko uyu mukozi bari bamumaranye igihe abakorera, ariko ko na bo batunguwe na buriya butumwa yanditse kuri status ya WhatsApp.

Muri iki gihe Abanyarwanda binjiye mu bihe byo Kwibuka, hakunze kumvikana no kugaragara ibikorwa biba bigize ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside, birimo n’ababwira abarokotse amagambo abasesereza, ndetse no kwangiza ibyabo, nk’imyaka n’amatungo.

Mu ijoro rishyira tariki 07 Mata 2025, mu Murenge wa Muganza mu Karere ka Rusizi, hatawe muri yombi abagabo babiri batawe muri yombi bakurikiranyweho gutera amabuye ku rugo rwa Mujyambere Boniface warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi unahagarariye Ibuka muri uyu Murenge.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + two =

Previous Post

Babiri bafashwe mu gicuku bakekwaho igikorwa kibangamira uwarokotse Jenoside ku nshuro ya kabiri

Next Post

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Burundi: Abarimo abapolisi babiri barafunzwe kubera ibyo batangaje ku ntambara ya FARDC na M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.