Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Urujijo ku rupfu rw’umugabo n’umugore babonetse bamaze igihe barapfiriye mu nzu

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Urujijo ku rupfu rw’umugabo n’umugore babonetse bamaze igihe barapfiriye mu nzu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, habonetse imirambo y’umugabo n’umugore we, bikekwa ko bamaze igihe bitabye Imana, aho abaturage bakeka ko ari umugabo wabanje kwica umugore, yarangiza na we akiyahura.

Imirambo ya ba nyakwigendera babaga mu Mudugudu w’Agatare mu Kagari ka Gasharu mu Murenge wa Kinyinya, yabonywe n’abaturage ubwo babyukaga bakabona amasazi atuma ku nzugi n’amadirishya by’inzu babagamo, bajya kureba bagasanga bamaze igihe baritabye Imana.

Umwe mu baturage yagize ati “Hari umwuka mubi cyane, twagiraga ngo wenda hari inyamaswa yapfiriye aho, n’aho ni abantu bitabye Imana.”

Abaturanyi b’uyu muryango, bakeka ko umugabo ashobora kuba yarishe umugore we mu cyumweru gishize, yarangiza na we akiyahura, gusa bakavuga ko nta makimbirane bari bazi ko bafitanye.

Umwe ati “Amakimbirane yabo ntabwo yari azwi, wabonaga ari abantu babanyeho gutya, ntakibazo gihari, ahubwo ikibazo cyagaragaye ubu ari uko bamaze gupfa.”

Aba baturage bavuga ko umugore ashobora kuba yarapfuye ku wa Kabiri w’icyumweru gishize kuko ari bwo baheruka kumuhamagara kuri telefone.

Hari n’abavuga ko uyu muryango wabanaga mu makimbirane, ndetse ko bakundaga gutongana ubwo umugabo yabaga atashye avuye mu kazi kuko yakoraga hanze y’Igihugu.

Undi muturage ati “Umugore ntiyumvikanaga n’umugabo neza. Umugabo yakoraga muri Uganda atwara imodoka, yataha nyine agasanga ni ibibazo mu rugo, n’abana ntibabaga baragiye ku ishuri.”

Aba baturage bavuga ko umugabo ashobora kuba yarabanje kwica umugore, we akiyahura nyuma hashize iminsi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagara ka Gasharu, Mukantwali Sandrine, yemeje amakuru y’urupfu rw’aba bantu babonetse baritabye Imana, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangiza gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + two =

Previous Post

Rwanda: Hasobanuwe icyatumye haraswa muntu wa kabiri nyuma y’iminsi ibiri harashwe undi

Next Post

Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Related Posts

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

The Minister of Infrastructure announced that drivers of vehicles carrying many passengers such as public transport vehicles and school buses...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law
MU RWANDA

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

by radiotv10
12/01/2026
0

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Some People Are Subject to Harsher Penalties in the New Road Use Law

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.