Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Urujijo ku rupfu rw’umugabo n’umugore babonetse bamaze igihe barapfiriye mu nzu

radiotv10by radiotv10
03/10/2023
in MU RWANDA
0
Kigali: Urujijo ku rupfu rw’umugabo n’umugore babonetse bamaze igihe barapfiriye mu nzu
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, habonetse imirambo y’umugabo n’umugore we, bikekwa ko bamaze igihe bitabye Imana, aho abaturage bakeka ko ari umugabo wabanje kwica umugore, yarangiza na we akiyahura.

Imirambo ya ba nyakwigendera babaga mu Mudugudu w’Agatare mu Kagari ka Gasharu mu Murenge wa Kinyinya, yabonywe n’abaturage ubwo babyukaga bakabona amasazi atuma ku nzugi n’amadirishya by’inzu babagamo, bajya kureba bagasanga bamaze igihe baritabye Imana.

Umwe mu baturage yagize ati “Hari umwuka mubi cyane, twagiraga ngo wenda hari inyamaswa yapfiriye aho, n’aho ni abantu bitabye Imana.”

Abaturanyi b’uyu muryango, bakeka ko umugabo ashobora kuba yarishe umugore we mu cyumweru gishize, yarangiza na we akiyahura, gusa bakavuga ko nta makimbirane bari bazi ko bafitanye.

Umwe ati “Amakimbirane yabo ntabwo yari azwi, wabonaga ari abantu babanyeho gutya, ntakibazo gihari, ahubwo ikibazo cyagaragaye ubu ari uko bamaze gupfa.”

Aba baturage bavuga ko umugore ashobora kuba yarapfuye ku wa Kabiri w’icyumweru gishize kuko ari bwo baheruka kumuhamagara kuri telefone.

Hari n’abavuga ko uyu muryango wabanaga mu makimbirane, ndetse ko bakundaga gutongana ubwo umugabo yabaga atashye avuye mu kazi kuko yakoraga hanze y’Igihugu.

Undi muturage ati “Umugore ntiyumvikanaga n’umugabo neza. Umugabo yakoraga muri Uganda atwara imodoka, yataha nyine agasanga ni ibibazo mu rugo, n’abana ntibabaga baragiye ku ishuri.”

Aba baturage bavuga ko umugabo ashobora kuba yarabanje kwica umugore, we akiyahura nyuma hashize iminsi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagara ka Gasharu, Mukantwali Sandrine, yemeje amakuru y’urupfu rw’aba bantu babonetse baritabye Imana, avuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwahise rutangiza gukora iperereza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 3 =

Previous Post

Rwanda: Hasobanuwe icyatumye haraswa muntu wa kabiri nyuma y’iminsi ibiri harashwe undi

Next Post

Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Igihano kiruta ibindi cyakatiwe umusirikare ukomeye wa FARDC wari ukuriye Abajepe i Goma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.