Wednesday, November 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uwahaye umupfumu 400.000Frw ngo amwicire umwana we yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uwahaye umupfumu 400.000Frw ngo amwicire umwana we yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ukurikiranyweho gucura umugambi wo kwicisha umwana yabyaye akiri umusore aho yari yanahaye umupfumu ibihumbi 400 Frw ngo amwice.

Inkuru y’uyu mugabo wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yavuzwe mu kwezi gushize ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangazaga ko rwaburijemo umugambi w’uyu mugabo washakaga kwica umwana w’umuhungu w’imyaka 23 yabyaye akiri umusore.

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, bwasabiye uyu mugabo gukurikiranwa afunze by’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwafashe icyemezo mu cyumweru gishize tariki 08 Gashyantare 2022, rwemeje ko uyu mugabo afungwa by’agateganyo.

Uyu mugabo ukekwaho gushaka kwica umwana we ubu ufite imyaka 23, avugwaho kuba yaranze uyu mwana we kuva agisamwa bitewe no kuba yaramubyaranye n’umugore wamurutaga kuko uwo bamubyaranye yari afite abana babiri mu gihe we yari afite imyaka 17 y’amavuko.

Uyu mwana aho amariye gukura yajyanye mu nkiko umubyeyi we, hanitabazwa ibizamini bishingiye ku bumenyi bwa gihanga (DNA) byerekanye ko ari uwe bituma arushaho kumwanga.

Uyu mugabo yaje mu Mujyi wa Kigali gushaka umupfumu wazamwicira uyu mwana we bumvikana amafaranga ibihumbi magana ane ( 400 000 Frw) aranamwishyura amaze kumubwira ko yamaze kumwica kuko abantu b’iwabo i Rutsiro bamubwiraga ko yapfuye arohamye mu Kivu.

Mu iburanisha, uregwa yemeye icyaha akavuga ko yacuze umugambi wo kwica umwana we, ubwo yazaga  i Kigali atanga amafaranga ngo bamwice kugeza ubwo yishyuye azi ko umwana we yapfuye.

Akomeza avuga ko yacuze umugambi wo kwica umwana we bitewe n’urubanza uyu mwana yamuregaga avuga ko ari we se akaba yarifuzaga ko yicwa n’urwo rubanza rukamuvaho.

Ubwo yafatwaga mu kwezi gushize, we yari azi ko uyu mwana we yamaze gupfa ndetse mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko yicuza kuba yarikoze mu nda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + eighteen =

Previous Post

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Next Post

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Related Posts

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yavuze ko hari Ibihugu bikigaragaramo ubusumbane hagati y’abagabo n’abagore, akabisaba kwimakaza...

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

by radiotv10
19/11/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe yahuriye na mugenzi we Maxime Prévot w’u Bubiligi mu nama iri kubera...

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

by radiotv10
19/11/2025
0

Urwego Rushinzwe Iterambere mu Rwanda RDB, rwatangaje ko ku bwumvikane n’ikipe ya Arsenal, bemeranyije gusoza amasezerano y’ubufatanye yari hagati yayo...

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

Icyo Urukiko rwashingiyeho rurekura nyiri uruganda rw’inzoga rwasanzwemo umuntu wapfuye

by radiotv10
19/11/2025
0

Ingabire Eugenie uyobora Uruganda Ikosora Drinks Ltd uregwa ibyaha birimo gucuruza cyangwa gukwirakwiza mu Gihugu ibintu bitujuje ubuziranenge, watawe muri...

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

Rwanda and Arsenal to conclude landmark eight-season Visit Rwanda partnership in June 2026

by radiotv10
19/11/2025
0

The Rwanda Development Board (RDB) and Arsenal Football Club have officially announced that they have mutually agreed to conclude their...

IZIHERUKA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore
MU RWANDA

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

by radiotv10
19/11/2025
0

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

19/11/2025
VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

19/11/2025
Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

19/11/2025
BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

BREAKING: Amasezerano atazibagirana hagati y’u Rwanda na Arsenal agiye gushyirwaho akadomo

19/11/2025
Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

Hatangiye gutangwa ubutumwa bukomeza umuririmbyi Vestine nyuma yo kugaragaza ibyateye urujijo

19/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mushikiwabo yageneye ubutumwa Ibihugu byo muri OIF bigicumbagira mu guha ijambo abagore

Amakuru agezweho ku muhanzi Bill Ruzima wari watawe muri yombi

VIDEO: Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda n’uw’u Bubiligi baramukanyije bamwenyura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.