Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uwahaye umupfumu 400.000Frw ngo amwicire umwana we yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

radiotv10by radiotv10
14/02/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uwahaye umupfumu 400.000Frw ngo amwicire umwana we yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Photo/Igihe

Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 umugabo wo mu Karere ka Rutsiro ukurikiranyweho gucura umugambi wo kwicisha umwana yabyaye akiri umusore aho yari yanahaye umupfumu ibihumbi 400 Frw ngo amwice.

Inkuru y’uyu mugabo wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yavuzwe mu kwezi gushize ubwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangazaga ko rwaburijemo umugambi w’uyu mugabo washakaga kwica umwana w’umuhungu w’imyaka 23 yabyaye akiri umusore.

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Gasabo bwaregeye urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo, bwasabiye uyu mugabo gukurikiranwa afunze by’agateganyo.

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwafashe icyemezo mu cyumweru gishize tariki 08 Gashyantare 2022, rwemeje ko uyu mugabo afungwa by’agateganyo.

Uyu mugabo ukekwaho gushaka kwica umwana we ubu ufite imyaka 23, avugwaho kuba yaranze uyu mwana we kuva agisamwa bitewe no kuba yaramubyaranye n’umugore wamurutaga kuko uwo bamubyaranye yari afite abana babiri mu gihe we yari afite imyaka 17 y’amavuko.

Uyu mwana aho amariye gukura yajyanye mu nkiko umubyeyi we, hanitabazwa ibizamini bishingiye ku bumenyi bwa gihanga (DNA) byerekanye ko ari uwe bituma arushaho kumwanga.

Uyu mugabo yaje mu Mujyi wa Kigali gushaka umupfumu wazamwicira uyu mwana we bumvikana amafaranga ibihumbi magana ane ( 400 000 Frw) aranamwishyura amaze kumubwira ko yamaze kumwica kuko abantu b’iwabo i Rutsiro bamubwiraga ko yapfuye arohamye mu Kivu.

Mu iburanisha, uregwa yemeye icyaha akavuga ko yacuze umugambi wo kwica umwana we, ubwo yazaga  i Kigali atanga amafaranga ngo bamwice kugeza ubwo yishyuye azi ko umwana we yapfuye.

Akomeza avuga ko yacuze umugambi wo kwica umwana we bitewe n’urubanza uyu mwana yamuregaga avuga ko ari we se akaba yarifuzaga ko yicwa n’urwo rubanza rukamuvaho.

Ubwo yafatwaga mu kwezi gushize, we yari azi ko uyu mwana we yamaze gupfa ndetse mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru, yavuze ko yicuza kuba yarikoze mu nda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × one =

Previous Post

Mozambique: RDF n’ingabo za Mozambique bafashe aho ibyihebe byari byahungiye

Next Post

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda yakiriye uwa Centrafrique uri mu ruzinduko rw’icyumweru

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.