Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni

radiotv10by radiotv10
15/07/2022
in MU RWANDA
0
Kigali: Uwari wemeye kwica umwana yabihakaniye imbere y’abaturage n’abacamanza ngo yabyemejwe n’inkoni
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi wo mu rugo ukekwaho kwica umwana w’aho yakoraga mu Murenge wa Ndera mu Karere ka Gasabo, wari wemeye ko yakoze iki cyaha, yaburanishirijwe mu ruhame, arabihakana avuga ko yari yabyemeye kubera inkoni yakubiswe.

Nyirangiruwonsanga Solange ukomoka mu Karere ka Kirehe, yaburanishirijwe mu ruhame ahabereye iki cyaha mu Mudugudu wa Karubibi, Akagari ka Cyaruzinge, Umurenge wa Ndera, mu Karere ka Gasabo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nyakanga 2022.

Uyu mugore usanzwe na we ari umubyeyi, yatawe muri yombi tariki 12 Kamena 2022 ubwo umwana witwa Rudasingwa Ihirwe Davis witabaga Imana bakamusanga aziritse mu mugozi ku byuma by’amadirishya aho yari yasigaranye n’uyu mukozi wo mu rugo.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwatangaje ko iperereza ry’ibanze ryakozwe, ryagaragaje ko uregwa yemeye ko ari we wishe nyakwigendera ndetse ko na we ubwe yabyiyemereye.

Kuri uyu wa Gatanu ubwo yagezwaga imbere y’inteko y’urukiko rwamuburanishije mu mizi, Ubushinjacyaha bwavuze ko uyu mukozi wo mu rugo yishe nyakwigendera abanje kumushuka ngo aze bicunge, ubundi akamuhambiriza umugozi mu ijosi kuri grillage amuhagaritse ku ntebe, ubundi agahita akuraho iyi ntebe, agapfa.

Umushinjacyaha yavuze ko uyu mugore yahise yitanguranwa agahamagara umubyeyi wa nyakwigendera amubwira ko umwana we yiyahuye.

Ubushinjacyaha bwaboneyeho gusaba Urukiko guhamya icyaha uyu mugore, rukamukatira gufungwa burundu nkuko biteganywa n’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Uregwa ahawe umwanya ngo yisobanure, yahise atera utwatsi iki cyaha akurikiranyweho, anagaruka ku byo kuba yaremereye Ubugenzacyaha ko yishe nyakwigendera, avuga ko yari yabyemejwe n’inkoni yakubiswe ubwo yageraga muri RIB.

Ahakana iki cyaha akekwaho, Nyirangiruwonga Solange yongeye gutsindagira ko nyakwigendera yiyahuye, ikintu cyababaje abaturage bari baje gukurikirana uru rubanza, bagahita basakuriza icya rimwe bigaragara ko babajwe n’uko gushinyagura.

Uyu mugore wavugaga ko ahubwo Urukiko rukwiye kumurenganura, yavuze ko uriya mwana ashobora kuba yarimanitse mu mugozi kubera film z’abantu biyahura yakundaga kureba.

Naho ku gihano cyo gufungwa burundu yasabiwe n’Ubushinjacyaha, uregwa yavuze ko atari umunyamategeko ariko ko mu gihe Urukiko rwasanga ahamwa n’iki cyaha, rwazemeza iki gihano.

Urukiko rwahise rupfundikira urubanza, rwanzura ko icyemezo cyarwo kizasomwa tariki 25 Nyakanga 2022.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 4 =

Previous Post

Avuga ko yasenyewe abwirwa ko inzu ye yazabasebya ubwo Perezida yari kuhanyura, ubuyobozi bukabihakana

Next Post

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Ibirambuye ku nkuru y’urukundo rw’umubikira warongowe n’umushumba anaruta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.