Tuesday, July 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)

radiotv10by radiotv10
20/10/2021
in MU RWANDA
0
Kigali:Umujyi wa Kigali urashinjwa gutinda kwemerera abaturage kwitunganyiriza ubutaka (Phyisical Plan)
Share on FacebookShare on Twitter

Hari bamwe mu batuye mu mujyi wa Kigali bavuga ko hashize igihe kinini basabye umujyi wa Kigali kwitunganyiriza ubutaka bwo guturaho (Phyisical Plan) ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Mu mujyi wa Kigali nyuma y’uko igishushanyombonera gisohotse kikagaragaza ubutaka bwemerewe guturwa mbere yo gutangira kubaka abaturage basabwa kubanza gutunganya ubwo butaka (Phyisical Plan) harimo kubucamo mihanda no kugena aho ibindi bikorwaremezo bizanyuzwa.

Ibi bikorwa ari uko abaturage bafite ubutaka buherereye mu gace kamwe bishyize hamwe bakandikira ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bagaragaza uko biteguye kwitunganyiriza ubutaka kugirango bemererwe gutangira kubwubakamo.

Kuri ubu ariko hari bamwe mu bavuganye na radio tv10 bavuga ko hashize igihe kinini basabye kwitunganyiriza ubutaka bwabo ariko ngo bategereje igisubizo amaso ahera mu kirere.

Abo twavuganye ni abo mu murenge wa NDERA ho mu karere ka Gasabo.

Umwe yagize ati”hashize  amezi  arinnndwi dusabye umujyi wa Kigali kugirango twitunganyirize ubutaka ariko ntagisubizo na kimwe twahawe kandi ibi nibyo bituma hari abaturage bishora mu kubaka nta byangombwa bikarangira basenyewe.”

Undi nawe yagize ati” jyewe navuye Rusizi nje gushakisha ngira amahirwe ngura akabanza hano I Ndera ariko ngiye kumara imyaka ibiri nifuza kubaka twasaba ibyangombwa bakabitwima ngo ubutaka bwacu ntibutunganyijwe kandi nabyo twishyize hamwe turabisaba ariko ntibatwemerera.”

Kuri iki kibazo buyobozi bw’umujyi wa Kigali bushimangira ko nta muturage wemere kubaka ku butaka butaratunganywa ariko bwizeza aba bamaze kubisaba ko mu minsi micye abaza kuba abahawe ibisubizo. Dr Mpabwanamaguru Merard umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe imiturire ubwo yasubizaga ibibazo mu kiganiro umujyi wa Kigali uherutse kugirana n’itangazamakuru yagize ati “Kuba hari abatinda kwemerewa kwitunganyiriza ubutaka ntibivuga ko abantu bishora mu kubaka akajagari ikindi ntabwo ubutaka bwose wagenewe guturwa hano i Kigali twabyika ngo tubukate bwose nkaho nyuma yacu hatazaboneka abandi bifuza kubaka abo rero nibihangane muminsi micye turabasubiza.”

Hari abavuga ko kuba hirya no hino mu mujyi wa Kigali hagenda humvikana abaturage bubaka amazu nyuma abayobozi bakabasenyera bitwaje ko ngo byakozwe nta byangombwa akenshi ngo n’uko iyo basabye kwitunganyiriza ubutaka umujyi wa Kigali ngo ubigendamo biguruntege umuturage akarambirwa gutegereza.

Bitegenyijwe ko Umujyi wa Kigali uzaba utuwe na miliyoni 3 n’ibihumbi 800 mu 2050, aha uzaba ukeneye inzu zirenga ibihumbi 859 zizahaza uwo mubare w’abanya-Kigali mu myaka 30 iri imbere.

Inkuru ya NTAKIRUTIMANA Pacifique/Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + nine =

Previous Post

AMAFOTO: AS Kigali yafashe urugendo rugana i Kinshasa

Next Post

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Related Posts

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Gehengeri mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko urugendo rurerure abana babo bari munsi y’imyaka...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

IZIHERUKA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

by radiotv10
30/06/2025
0

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

30/06/2025
Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

TOTAL CAFCL: 48 barimo abakinnyi 25 nibo bafashe urugendo rwa APR FC rugana muri Tunisia

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Babona hari icyakorwa ngo abana babo badakomeza kuva mu ishuri bakiri bato

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.