Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
01/11/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Kiliziya Gatulika muri Congo yahaye umukoro Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Inama y’Igihugu y’Abepisikopi Gatulika muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Umukuru w’Igihugu kugira icyo akora kugira ngo ibintu bijye ku murongo muri iki Gihugu byumwihariko mu rwego rw’umutekano, ubukungu ndetse na Politiki, mu rwego rwo kuzanira ineza Abanyekongo.

Inama y’Abapesikopi muri Congo, CENCO (Conférence Episcopale Nationale du Congo) yatanze iki cyifuzo mu itangazo ryashyizweho umukono n’Abashumba ba Diyoseze Gatulika bose muri iki Gihugu, rigenewe Umukuru w’Igihugu.

Umunyamabanga Mukuru w’iyi Nama, Musenyeri Donatien Nshole, avuga kuri iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 31 Ukwakira 2024, yavuze ko rije nyuma yuko Perezida Felix Tshisekedi agaragaje umugambi wo gushaka guhindura Itegeko Nshinga ry’iki Gihugu.

Yavuze ko iki cyifuzo cyatanzwe n’Umukuru w’Igihugu, atari ingingo yihutirwa kuko n’ikorwa ryabyo, risaba ubushobozi bw’amafaranga, mu gihe hari byinshi bikenewe gushyirwamo ayo mafaranga.

Yagize ati “Perezida yatangaje ko atari ngombwa ko bijya mu baturage gukusanya ibitekerezo kuri kamarampaka, kuko kamarampaka isaba amatora. Kandi hari ibibazo byinshi by’imibereho y’abaturage bikeneye amafaranga. Ikindi kandi yavuze ko atagamije gushaka manda ya gatatu, akwiye kubishingira ku Itegeko Nshinga.”

Yavuze ko guhindura Itegeko Nshinga bishobora kuganisha ahabi Igihugu. Ati “Dukurikiranira hafi impaka ku guhindura Itegeko Nshinga. Ni ikibazo gikomeye gishobora guhungabanya Igihugu mu gihe kitakwitabwaho mu bushishozi.”

Muri iri tangazo ry’Inama y’Igihugu y’Abepisikopi muri Congo, basabye Umukuru w’Igihugu gushyira imbaraga mu zindi ngingo zireba ubuzima bw’Igihugu, zirimo ingamba zafashwe zigamije kuzamura imibereho myiza y’abaturage, byumwihariko uburezi bw’ibanze ndetse n’imishinga igamije kuzamura ubukungu.

Iri tangazo rigira riti “Ikindi kandi tubona imishinga myinshi ipfira mu kuyikurikirana. Bigaragara ko imishinga myinshi yakabyariye inyungu abaturage, ihura n’ibibazo, kubera imicungire n’imikoreshereze mibi y’amafaranga ashyirwamo.”

Bavuga ko nubwo Perezida yashyizeho ingamba zo kuzamura imibereho y’abaturage, ariko Abanyekongo bakomeje kubaho ubuzima bubi, burimo kutagira ibikorwa remezo by’ibanze, ubukene bukabije mu gihe iki Gihugu gikungahaye ku bukungu kamere.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × three =

Previous Post

IFOTO: Minisitiri Sebahizi wahagarariye Perezida Kagame mu nama i Burundi yabonanye na Ndayishimiye

Next Post

Igihingwa basuzuguraga bamenye ibanga ryacyo none imbuto zacyo zabaye iyanga

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igihingwa basuzuguraga bamenye ibanga ryacyo none imbuto zacyo zabaye iyanga

Igihingwa basuzuguraga bamenye ibanga ryacyo none imbuto zacyo zabaye iyanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.