Sunday, January 11, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi bo mu murenge wa Mahama baravuga ko kuba umushinga byari biteganyijwe ko uzabafasha kuhira imyaka yabo utageze ku ntego zawo, bakavuga ko ubu byabashyize mu gihombo none ubu ngo nta kizere ko bazeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyemera ko uyu mushinga utageze ku ntego koko ariko ngo hari undi mushinga uri gukorwa uzaba igisubizo.

Mu 2013, nibwo hasinywe amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari ya Amerika hagati ya EXIM Bank y’Abahinde na leta y’u Rwanda, yari agamije gushorwa mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitali 7000 mu Ntara y’iburasirazuba yose.

Akarere ka Kirehe ni kamwe muho uyu mushinga wari gukorerwa by’umwihariko mu murenge wa Mahama ahubatswe urugomero rwatwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda mu kubakwa ndetse no gushyira imiyoboro mu mirima y’abataurage nyuma y’igihe kitari gito gusa uyu mushinga ntiwageze ku ntego yawo yo gufasha abaturage kuhira .

Uko uruzinduko rwa Minisitiri w'Intebe Ngirente i Kirehe rwagenze – MUHAZIYACU

Umushinga wo kuhira imyaka warahombye

Kuri ubu ahari urugomero hahindutse aho amatungo ashokera abandi barayavoma, abana bidumbaguzamo ndetse n’abafite ibinyabiziga usanga ariho babyogereza nyamara wareba hakurya mu mirima yanyujijwemo amatiyo ubona ko humye. Abahinga muri iyo mirima nta kizere ko bazahinga bakeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Umwe mu bahinzi baganiriye na Radio&TV10 yagarutse kuri uyu mushinga wahombye agira ati”Kimaze iki se uretse ko abantu usigaye ubona bakigwamo, ni igihombo gusa urebye imirima yari iri hano byibura ubu ba nyirayo baba bamaze kugira icyo bakuramo. None inka niho zisigaye zishokera, ubu amapfa yarateye ntituzi niba tuzahinga tukeza kandi imvura itaragwa”

Dr. Charles Bucagu, umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) yemera ko uyu mushinga utageze ku ntego zawo icyakora ngo hari undi mushinga watangiye gukorwa uzaba igisubizo ku bahinzi bo muri mahama.

All You Need to Know About Nasho Irrigation Project Inaugurated by President Kagame – KT PRESS

Abahinzi barataka igihombo batewe no kwizezwa ko bazuhira imyaka yabo

Naho ngo kubashobora guhura n’amapfa atewe n’izuba  arabahumuriza ndetse ngo hatangiye ibikorwa byo kubarura abahabwa ubufasha bw’ibiribwa.

N’ubwo hari ingamba zafashwe mu gufasha abaturage kuhira hakomeza kwibazwa iherezo ry’abateza ibihombo nk’ibyo nyamara amadeni yo akishyurwa.

Kugeza ubu hari umuhigo ko hagomba kuhirwa ubutaka bungana n’ibihumbi 102 bitarenze umwaka wa 2024, kugeza magingo aya hakaba hamaze kuhirwa ahangamna na ibihumbi 65.

Ni inkuru yakozwe ku bufatanye n’umuryango InfoNile na JRS Biodiversity foundation

DENYSE MBABAZI MPAMBARA
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − three =

Previous Post

Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira

Next Post

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

Related Posts

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Many people struggle with money not because they earn too little, but because they confuse needs with wants. Understanding the...

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

by radiotv10
10/01/2026
0

Bamwe mu bakecuru batishoboye bo mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bibumbiye mu itsinda ryo kwikura mu bukene,...

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

IZIHERUKA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life
IMIBEREHO MYIZA

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

by radiotv10
10/01/2026
0

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

10/01/2026
Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

10/01/2026
Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

09/01/2026
Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y'Ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Needs vs Wants: How to Tell the Difference in Daily Life

Bahawe miliyoni 3Frw bigirwa umushinga wabakura mu bukene ariko ibyakurikiyeho sibyo bari biteze

Why Walking Is One of the Most Underrated Exercises

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.