Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi bo mu murenge wa Mahama baravuga ko kuba umushinga byari biteganyijwe ko uzabafasha kuhira imyaka yabo utageze ku ntego zawo, bakavuga ko ubu byabashyize mu gihombo none ubu ngo nta kizere ko bazeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyemera ko uyu mushinga utageze ku ntego koko ariko ngo hari undi mushinga uri gukorwa uzaba igisubizo.

Mu 2013, nibwo hasinywe amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari ya Amerika hagati ya EXIM Bank y’Abahinde na leta y’u Rwanda, yari agamije gushorwa mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitali 7000 mu Ntara y’iburasirazuba yose.

Akarere ka Kirehe ni kamwe muho uyu mushinga wari gukorerwa by’umwihariko mu murenge wa Mahama ahubatswe urugomero rwatwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda mu kubakwa ndetse no gushyira imiyoboro mu mirima y’abataurage nyuma y’igihe kitari gito gusa uyu mushinga ntiwageze ku ntego yawo yo gufasha abaturage kuhira .

Uko uruzinduko rwa Minisitiri w'Intebe Ngirente i Kirehe rwagenze – MUHAZIYACU

Umushinga wo kuhira imyaka warahombye

Kuri ubu ahari urugomero hahindutse aho amatungo ashokera abandi barayavoma, abana bidumbaguzamo ndetse n’abafite ibinyabiziga usanga ariho babyogereza nyamara wareba hakurya mu mirima yanyujijwemo amatiyo ubona ko humye. Abahinga muri iyo mirima nta kizere ko bazahinga bakeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Umwe mu bahinzi baganiriye na Radio&TV10 yagarutse kuri uyu mushinga wahombye agira ati”Kimaze iki se uretse ko abantu usigaye ubona bakigwamo, ni igihombo gusa urebye imirima yari iri hano byibura ubu ba nyirayo baba bamaze kugira icyo bakuramo. None inka niho zisigaye zishokera, ubu amapfa yarateye ntituzi niba tuzahinga tukeza kandi imvura itaragwa”

Dr. Charles Bucagu, umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) yemera ko uyu mushinga utageze ku ntego zawo icyakora ngo hari undi mushinga watangiye gukorwa uzaba igisubizo ku bahinzi bo muri mahama.

All You Need to Know About Nasho Irrigation Project Inaugurated by President Kagame – KT PRESS

Abahinzi barataka igihombo batewe no kwizezwa ko bazuhira imyaka yabo

Naho ngo kubashobora guhura n’amapfa atewe n’izuba  arabahumuriza ndetse ngo hatangiye ibikorwa byo kubarura abahabwa ubufasha bw’ibiribwa.

N’ubwo hari ingamba zafashwe mu gufasha abaturage kuhira hakomeza kwibazwa iherezo ry’abateza ibihombo nk’ibyo nyamara amadeni yo akishyurwa.

Kugeza ubu hari umuhigo ko hagomba kuhirwa ubutaka bungana n’ibihumbi 102 bitarenze umwaka wa 2024, kugeza magingo aya hakaba hamaze kuhirwa ahangamna na ibihumbi 65.

Ni inkuru yakozwe ku bufatanye n’umuryango InfoNile na JRS Biodiversity foundation

DENYSE MBABAZI MPAMBARA
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira

Next Post

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y'Ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.