Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira

radiotv10by radiotv10
09/03/2022
in MU RWANDA
0
Kirehe: Abatuye i Mahama bararira igihombo cy’umushinga wo kuhira
Share on FacebookShare on Twitter

Abahinzi bo mu murenge wa Mahama baravuga ko kuba umushinga byari biteganyijwe ko uzabafasha kuhira imyaka yabo utageze ku ntego zawo, bakavuga ko ubu byabashyize mu gihombo none ubu ngo nta kizere ko bazeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Ikigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) cyemera ko uyu mushinga utageze ku ntego koko ariko ngo hari undi mushinga uri gukorwa uzaba igisubizo.

Mu 2013, nibwo hasinywe amasezerano y’inguzanyo ya miliyoni 120 z’amadolari ya Amerika hagati ya EXIM Bank y’Abahinde na leta y’u Rwanda, yari agamije gushorwa mu mushinga wo kuhira imyaka kuri hegitali 7000 mu Ntara y’iburasirazuba yose.

Akarere ka Kirehe ni kamwe muho uyu mushinga wari gukorerwa by’umwihariko mu murenge wa Mahama ahubatswe urugomero rwatwaye akayabo k’amafaranga y’u Rwanda mu kubakwa ndetse no gushyira imiyoboro mu mirima y’abataurage nyuma y’igihe kitari gito gusa uyu mushinga ntiwageze ku ntego yawo yo gufasha abaturage kuhira .

Uko uruzinduko rwa Minisitiri w'Intebe Ngirente i Kirehe rwagenze – MUHAZIYACU

Umushinga wo kuhira imyaka warahombye

Kuri ubu ahari urugomero hahindutse aho amatungo ashokera abandi barayavoma, abana bidumbaguzamo ndetse n’abafite ibinyabiziga usanga ariho babyogereza nyamara wareba hakurya mu mirima yanyujijwemo amatiyo ubona ko humye. Abahinga muri iyo mirima nta kizere ko bazahinga bakeza mu gihe bakirambirije ku mvura.

Umwe mu bahinzi baganiriye na Radio&TV10 yagarutse kuri uyu mushinga wahombye agira ati”Kimaze iki se uretse ko abantu usigaye ubona bakigwamo, ni igihombo gusa urebye imirima yari iri hano byibura ubu ba nyirayo baba bamaze kugira icyo bakuramo. None inka niho zisigaye zishokera, ubu amapfa yarateye ntituzi niba tuzahinga tukeza kandi imvura itaragwa”

Dr. Charles Bucagu, umuyobozi wungirije ushinzwe ubuhinzi mu kigo cy’igihugu cy’ubuhinzi (RAB) yemera ko uyu mushinga utageze ku ntego zawo icyakora ngo hari undi mushinga watangiye gukorwa uzaba igisubizo ku bahinzi bo muri mahama.

All You Need to Know About Nasho Irrigation Project Inaugurated by President Kagame – KT PRESS

Abahinzi barataka igihombo batewe no kwizezwa ko bazuhira imyaka yabo

Naho ngo kubashobora guhura n’amapfa atewe n’izuba  arabahumuriza ndetse ngo hatangiye ibikorwa byo kubarura abahabwa ubufasha bw’ibiribwa.

N’ubwo hari ingamba zafashwe mu gufasha abaturage kuhira hakomeza kwibazwa iherezo ry’abateza ibihombo nk’ibyo nyamara amadeni yo akishyurwa.

Kugeza ubu hari umuhigo ko hagomba kuhirwa ubutaka bungana n’ibihumbi 102 bitarenze umwaka wa 2024, kugeza magingo aya hakaba hamaze kuhirwa ahangamna na ibihumbi 65.

Ni inkuru yakozwe ku bufatanye n’umuryango InfoNile na JRS Biodiversity foundation

DENYSE MBABAZI MPAMBARA
Radio&TV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − fifteen =

Previous Post

Sugira Ernest yatangiye akazi muri AS Kigali yigeze gukinira

Next Post

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y’Ubutabera

“Iyo umwana w’umukobwa ahungabanyijwe mu myanya ndangamyibarukiro yangirika mu mitekerereze”- Minisiteri y'Ubutabera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.