Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in Uncategorized
1
Kirehe: Agahinda k’umuryango umaze amezi 2 uba muri iyi nzu
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’abantu barindwi wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe, umaze amezi abiri uba mu nzu y’ibiti bishinze na yo wubakiwe mu gikorwa cy’umuganda, ukabura ubushobozi bwo kwikorera ibisigaye.

Uyu muryango wa Ildephonse Karemera ubana n’umugore we n’abana batanu, umaze amezi abiri uba mu nzu y’ibiti bishinze byanashyizweho imbingo gusa idahomye.

Ildephonse Karemera yabwiye RADIOTV10 ko yagize ibyago inzu babagamo igasenywa n’ibiza, akiyambaza abaturanyi bakamukorera umuganda ariko na wo ukaza guhagarara.

Uyu muturage avuga ko uyu muganda wahagaze kuko yari yubatse inzu iruta iyo yabagamo mu gihe we avuga ko iyo yabagamo mbere yari ayitunze kuko yari afite umuryango w’abantu batanu ubu bakaba ari barindwi.

Uyu muturage avuga ko afite impungenge ko abana babo bashobora gukurizamo uburwayi kubera imbeho n’imibu irara ibarya.

Ati “Imbeho izana n’umubu ubwo na wo ukarara ubarya, wakubitiramo n’imbeho mbifitiye impungenge ko n’umusonga na wo wabafata.”

Abaturanyi b’uyu muryango bavuga ko usa nk’uba hanze kandi ko nta bushobozi ufite ku buryo wakwikorera ibisigaye.

Bavuga ko uruhare rwabo barukoze kuko bakoze igikorwa cy’umuganda w’amaboko bakamushingira ibiti ndetse bakanamushyiriraho imbingo.

Umwe yagize ati “Twaraje dushinga ibiti, turaparata [gushyiraho imbingo] ariko isakaro nta sakaro afite, dore yibera hanze.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigina, yavuze ko agiye gusura uyu muryango kugira ngo akurikirane ikibazo ufite.

Ati “Ndagenda murebe ndebe ikibazo afite hari n’igihe wasanga atari n’ibiza, bibaye ari inzu kuba yasaza igasenyuka twareba tukamubaza tuti ‘washobora iki natwe tukagukorera iki?’.”

RADIOTV10

Comments 1

  1. Bongo says:
    4 years ago

    Gitifu w’ umurenge,gitifu w’ akagari bagerageze bamufazhe kbsa!

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 − three =

Previous Post

Abajya gushakishiriza imibereho muri Congo bagaragaje agahinda kubera kutajyayo

Next Post

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi
IBYAMAMARE

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Biravugwa ko umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda yatawe muri yombi

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.