Wednesday, September 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu Isoko rya ‘Mahama Business Center’ bubakiwe mu Murenge wa Mahama, bavuga ko babuze abakiliya, kuko abakabahahiye bajya guhahira mu rindi soko riri mu nkambi ya Mahama, bigatuma bahura n’ibihombo nyamara bari biteze ko bagiye gukirigita ifaranga.

Aba bacuruzi bavuga ko hari n’ibicuruzwa, bavuga ko birirwa bicaye nta n’umukiliya ubabaza igiciro.

Aba bacuruzi bahuriza ku kuba bakemererwa gucuruza ibicuruzwa byose bashaka kandi hose hagashyirwamo abacuruzi.

Umwe yagize ati “Twari twaje tugira ngo rizaza kudukemurira bimwe mu bibazo twari dufite birimo kutanyagirwa, ariko isoko bararyubatse baza kutugenera dukoreramo namwe muraribona ryaremye kandi muri kubona ko nta bantu baririmo. Nk’iyi mbuga itereye aho, isoko ritarimo imyenda, ritarimo inkweto…urabona bamwe baracyakodesha kandi baraduhaye isoko.”

Undi na we ati “None umuturage wese tugira aho ibintu biri mu nkambi hano ntibahaze tukirirwa twiyicariye dutya dutuje dusinziriye. Inyanya arazibona mu nkambi, ibijumba akabibona mu nkambi ubwo nyine hano ntibahaze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aravuga ko ibyo aba bacuruzi bavuga bifite ishingiro kandi ko bagiye kubisuzuma ku buryo aya masoko uko ari abiri yahabwa iminsi itandukanye kugira ngo bibe igisubizo cyo kubona abakiliya.

Ati “Ubundi ririya soko ni bwo rigitangira. Igice cya mbere twabanje gukora ubukangurambaga bwo gushyiramo abantu no kumobiriza Site kugira ngo ikorerwemo, ariko ibyo abaturage barimo basaba birumvikana kandi ni ibintu turi busuzume turebe ko twabaha iminsi itandukanye yuko bazajya bakoreramo ku isoko riba ndani mu nkambi n’iryo riri hanze y’inkambi.”

Iri soko rya Mahama Business Center ryubatswe kugira ngo rifashe Abanyarwanda ndetse n’impunzi babaga hanze y’inkambi kuko bose batashoraga kujya mu nkambi guhahirayo, kugeza ubu hakaba hari imiryango itarabona abayicururizamo. Ni isoko ryzuye ritwaye asaga Miliyoni 350 Frw.

Abacururiza muri iri soko bavuga ko bakorera mu bihombo
Ngo abakiliya ntibaza kuko bajya guhahira mu isoko ryo mu nkambi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − seven =

Previous Post

Twibukiranye abegukanye TourDuRwanda ibura iminsi ikongera gususurutsa Abaturarwanda

Next Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Related Posts

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwatangaje ko indege nto yazo yo mu bwoko bwa drone yakoreshwaga mu myitozo, yataye inzira...

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

by radiotv10
16/09/2025
0

Mu Nteko y’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Uburengenazira bwa Muntu; yateranye mu buryo bw’igitaraganya, uhagarariye u Rwanda yavuze ko iki Gihugu...

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

by radiotv10
16/09/2025
0

Amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali; guhera ku y’incuke kugeza ku makuru na za kaminuza, yibukijwe ko mu cyumweru...

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

Igikekwa nyuma yuko habonetse umurambo w’umuntu mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/09/2025
0

Umurambo w’umugabo uri mu kigero cy’imyaka 35, wasanzwe muri ruhurura iri mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarungege mu...

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

Abaturiye ikiraro giteye impungenge bagaragaje icyo basaba

by radiotv10
16/09/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabaya mu Karere ka Ngororero barasaba gusanirwa ikiraro cyangiritse ku muhamda werecyeza ku ruganda...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

by radiotv10
17/09/2025
0

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

16/09/2025
Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

16/09/2025
Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

Amakuru mashya: Icyo amashuri yose yo muri Kigali asabwa mu cyumweru cy’irushanwa ry’Isi ry’amagare

16/09/2025
Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

Umunyamakuru uzwi mu myidagaduro mu Rwanda yasezeye igitangazamakuru yakoreraga ahita abona umusimbura

16/09/2025
Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

Ibyamenyekanye ku cyatumye ikibuga cy’Indege cy’i Burundi kimara ijoro ryose kidakora

16/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’indege nto y’Ingabo z’u Rwanda-RDF yakoze impanuka n’icyakurikiyeho

U Rwanda rwongeye kubwira Isi uko rwafashe igitero Israel yagabye kuri Qatar

Impamvu ubutegetsi bwa Trump bwategetse ko ifoto igaragaza amateka y’ubucakara ivanwa aho yari iri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.