Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu Isoko rya ‘Mahama Business Center’ bubakiwe mu Murenge wa Mahama, bavuga ko babuze abakiliya, kuko abakabahahiye bajya guhahira mu rindi soko riri mu nkambi ya Mahama, bigatuma bahura n’ibihombo nyamara bari biteze ko bagiye gukirigita ifaranga.

Aba bacuruzi bavuga ko hari n’ibicuruzwa, bavuga ko birirwa bicaye nta n’umukiliya ubabaza igiciro.

Aba bacuruzi bahuriza ku kuba bakemererwa gucuruza ibicuruzwa byose bashaka kandi hose hagashyirwamo abacuruzi.

Umwe yagize ati “Twari twaje tugira ngo rizaza kudukemurira bimwe mu bibazo twari dufite birimo kutanyagirwa, ariko isoko bararyubatse baza kutugenera dukoreramo namwe muraribona ryaremye kandi muri kubona ko nta bantu baririmo. Nk’iyi mbuga itereye aho, isoko ritarimo imyenda, ritarimo inkweto…urabona bamwe baracyakodesha kandi baraduhaye isoko.”

Undi na we ati “None umuturage wese tugira aho ibintu biri mu nkambi hano ntibahaze tukirirwa twiyicariye dutya dutuje dusinziriye. Inyanya arazibona mu nkambi, ibijumba akabibona mu nkambi ubwo nyine hano ntibahaze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aravuga ko ibyo aba bacuruzi bavuga bifite ishingiro kandi ko bagiye kubisuzuma ku buryo aya masoko uko ari abiri yahabwa iminsi itandukanye kugira ngo bibe igisubizo cyo kubona abakiliya.

Ati “Ubundi ririya soko ni bwo rigitangira. Igice cya mbere twabanje gukora ubukangurambaga bwo gushyiramo abantu no kumobiriza Site kugira ngo ikorerwemo, ariko ibyo abaturage barimo basaba birumvikana kandi ni ibintu turi busuzume turebe ko twabaha iminsi itandukanye yuko bazajya bakoreramo ku isoko riba ndani mu nkambi n’iryo riri hanze y’inkambi.”

Iri soko rya Mahama Business Center ryubatswe kugira ngo rifashe Abanyarwanda ndetse n’impunzi babaga hanze y’inkambi kuko bose batashoraga kujya mu nkambi guhahirayo, kugeza ubu hakaba hari imiryango itarabona abayicururizamo. Ni isoko ryzuye ritwaye asaga Miliyoni 350 Frw.

Abacururiza muri iri soko bavuga ko bakorera mu bihombo
Ngo abakiliya ntibaza kuko bajya guhahira mu isoko ryo mu nkambi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × three =

Previous Post

Twibukiranye abegukanye TourDuRwanda ibura iminsi ikongera gususurutsa Abaturarwanda

Next Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Related Posts

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora-RCS rwavuze ko ku Igororero rya Nyamasheke mu Karere ka Nyamasheke, harashwe amasasu mu kirere ubwo bamwe...

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

by radiotv10
27/10/2025
0

The Rwanda National Police (RNP) has said it is working closely with other government agencies, including the Rwanda Investigation Bureau...

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

by radiotv10
27/10/2025
0

Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi buhangayikishijwe no kuba hari abaturage batafite aho kuba ndetse n’abafite ahatameze neza bakeneye gusanirwa,...

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

by radiotv10
27/10/2025
0

Polisi y’u Rwanda yavuze ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo urw’Ubugenzacyaha RIB, bagiye gukurikirana ibyagaragajwe ko hari abacuruzi bashobora gufata...

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

Igikekwaho gutera impanuka ikomeye y’imodoka yari itwaye abari bagiye gufata irembo

by radiotv10
27/10/2025
0

Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Hiace yakoreye impanuka mu Karere ka Ngororero ubwo yari itwaye abari bagiye mu birori...

IZIHERUKA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda
MU RWANDA

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

by radiotv10
27/10/2025
0

Umuburo wihutirwa ureba umuntu wese wanyoye iyi Jus n’iki kinyobwa mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

27/10/2025
Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

27/10/2025
BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

BREAKING: Byahinduye isura muri Cameroon nyuma yo gutangaza ko Paul Bia w’imyaka 92 yatsinze amatora 

27/10/2025
Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

Icyo Polisi y’u Rwanda ku byagaragajwe ko hari abashobora gukora amanyanga kuri ‘Jus’ yaciwe

27/10/2025
Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

Ibura rikabije ry’ibikomoka kuri Peteroli mu Gihugu kimwe ryatumye gifata icyemezo gikomeye

27/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hasobanuwe iby’amasasu yarashwe ku Igororero rimwe mu Rwanda

Eng.-Rwanda Police responds to claims of fraud linked to banned ‘Salama Juice’

Rusizi: Umuturage yubakiye mugenzi we warokotse jenoside inzu ya miliyoni 8Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.