Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo

radiotv10by radiotv10
22/02/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Bahishuye intandaro yo kuba igikorwa bari bitezeho kubakiza cyarababereye igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu Isoko rya ‘Mahama Business Center’ bubakiwe mu Murenge wa Mahama, bavuga ko babuze abakiliya, kuko abakabahahiye bajya guhahira mu rindi soko riri mu nkambi ya Mahama, bigatuma bahura n’ibihombo nyamara bari biteze ko bagiye gukirigita ifaranga.

Aba bacuruzi bavuga ko hari n’ibicuruzwa, bavuga ko birirwa bicaye nta n’umukiliya ubabaza igiciro.

Aba bacuruzi bahuriza ku kuba bakemererwa gucuruza ibicuruzwa byose bashaka kandi hose hagashyirwamo abacuruzi.

Umwe yagize ati “Twari twaje tugira ngo rizaza kudukemurira bimwe mu bibazo twari dufite birimo kutanyagirwa, ariko isoko bararyubatse baza kutugenera dukoreramo namwe muraribona ryaremye kandi muri kubona ko nta bantu baririmo. Nk’iyi mbuga itereye aho, isoko ritarimo imyenda, ritarimo inkweto…urabona bamwe baracyakodesha kandi baraduhaye isoko.”

Undi na we ati “None umuturage wese tugira aho ibintu biri mu nkambi hano ntibahaze tukirirwa twiyicariye dutya dutuje dusinziriye. Inyanya arazibona mu nkambi, ibijumba akabibona mu nkambi ubwo nyine hano ntibahaze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe, Rangira Bruno aravuga ko ibyo aba bacuruzi bavuga bifite ishingiro kandi ko bagiye kubisuzuma ku buryo aya masoko uko ari abiri yahabwa iminsi itandukanye kugira ngo bibe igisubizo cyo kubona abakiliya.

Ati “Ubundi ririya soko ni bwo rigitangira. Igice cya mbere twabanje gukora ubukangurambaga bwo gushyiramo abantu no kumobiriza Site kugira ngo ikorerwemo, ariko ibyo abaturage barimo basaba birumvikana kandi ni ibintu turi busuzume turebe ko twabaha iminsi itandukanye yuko bazajya bakoreramo ku isoko riba ndani mu nkambi n’iryo riri hanze y’inkambi.”

Iri soko rya Mahama Business Center ryubatswe kugira ngo rifashe Abanyarwanda ndetse n’impunzi babaga hanze y’inkambi kuko bose batashoraga kujya mu nkambi guhahirayo, kugeza ubu hakaba hari imiryango itarabona abayicururizamo. Ni isoko ryzuye ritwaye asaga Miliyoni 350 Frw.

Abacururiza muri iri soko bavuga ko bakorera mu bihombo
Ngo abakiliya ntibaza kuko bajya guhahira mu isoko ryo mu nkambi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 6 =

Previous Post

Twibukiranye abegukanye TourDuRwanda ibura iminsi ikongera gususurutsa Abaturarwanda

Next Post

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Related Posts

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda Rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, riratangaza ko abantu 92 bafashwe ku minsi mikuru ya Noheli...

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Imodoka nini yari ipakiye amakara yifashishwa mu gutunganya sima yari ivanye mu Gihugu cya Tanzania, yakoreye impanuka mu Murenge wa...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

by radiotv10
07/01/2026
0

Umusaza w’imyaka 74 wo mu Murenge wa Mugombwa mu Karere ka Gisagara ukurikiranyweho gushaka kwica umugore we amukubise umuhoro mu...

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

IZIHERUKA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda
MU RWANDA

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

by radiotv10
07/01/2026
0

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

07/01/2026
Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

Ibisobanuro by’umusaza washatse kwicisha umuhoro umugore we amuhengereye baryamye

07/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kamonyi: Umukozi w’ikigo cy’imari washatse kukiba 3.500.000Frw agatahurwa hamenyekanye uko yabyitwayemo

Kamonyi: Igikekwa ku musaza basanze yapfuye yanakaswe bimwe mu bice

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Polisi yatangaje umubare w’abantu bafashwe kuri Noheli n’Ubunani batwaye ibinyabiziga basinze mu Rwanda

Ikamyo yari ivuye muri Tanzania yakoreye impanuka ikomeye mu Rwanda

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.