Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba Koperative ‘Duhuze Imbaraga’ ihuriyemo bamwe bo mu Mirenge ya Gatore na Gahara mu Karere ka Kirehe, barashinja abayobozi bayo kubikuza amafaranga yabo no gukoresha ibyangombwa mu nyungu zabo bwite, byatumye ubu bari kwishyuzwa umusoro w’arenga Miliyoni 10 Frw.

Aba basanzwe ari abahinzi b’imyaka nk’ibigori, ibishyimbo, na Soya banafite ishyamba rmu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara, bavuga ko ubuyobozi bw’iyi Koperative bwagiye bubaca ruhinganyuma bukabikuza amafaranga batabizi.

Munzuyarwo Damien avuga ko Komite y’iyi Koperatice yabikuje amafaranga yayo, ubundi ijya kuyabitsa kuri konti zabo.

Ati “Perezida afite hafi agera kuri Miliyoni imwe na Magana abiri. Kubimenya ni uko bagenda babishwanira ndetse Komite ngenzuzi yajya kugenzura bagira ibyo bababaza uko amafaranga yasohotse, yakuwe kuri konti, aza muri koperative rimwe bakabishwanira batagaragaza neza ibintu aho biri.”

Aba banyamuryango bavuga kandi ko ikindi babona cyabaye intandaro, ari ikenewabo cyabaye mu buyobozi bw’iyi Koperative, kuko uwari Perezida wayo waje gukurwaho, yasimbuwe n’uwo bafitanye isano.

Batamuriza Ernestine ati “Kuba ubwo buyobozi bwari buvuyeho bagahita bashyiraho undi Perezida mubyara we numva ari akazu bashatse gukora kugira ngo bajye barigisa umutungo w’abanyamuryango.”

Aba banyamuryango b’iyi Koperative, bavuga kandi ko hari umutungo wabo wagiye ugurishwa batabizi, ndetse n’ibyagurishijwe ntibamenye irengero ry’amafaranga yavuyemo nk’ay’umusaruro w’ibigoro wagurishijwe mu minsi ishize, ariko ubuyobozi bukababwira ko byahombye.

Hari kandi ibigega 75 byo guhunikiramo bahawe nk’inkunga, ndetse n’ibindi bikoresho birimo umunzani, telefone ndetse n’imbuto bahawe, na byo byagurishijwe batabizi, aho kugeza ubu bari kwishyuzwa umusoro wa miliyoni 10 Frw batazi inkomoko yawo.

Perezida w’iyi Koperatice ‘Duhuze Imbaraga’, Nzabonimana Mathias ushyirwa mu majwi n’aba baturage, ahakana ibyo avugwaho yivuye inyuma. Ati “Icyo kirantunguye nta gisubizo mfite. Barambeshyera.”

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 1 =

Previous Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Next Post

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.