Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba Koperative ‘Duhuze Imbaraga’ ihuriyemo bamwe bo mu Mirenge ya Gatore na Gahara mu Karere ka Kirehe, barashinja abayobozi bayo kubikuza amafaranga yabo no gukoresha ibyangombwa mu nyungu zabo bwite, byatumye ubu bari kwishyuzwa umusoro w’arenga Miliyoni 10 Frw.

Aba basanzwe ari abahinzi b’imyaka nk’ibigori, ibishyimbo, na Soya banafite ishyamba rmu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara, bavuga ko ubuyobozi bw’iyi Koperative bwagiye bubaca ruhinganyuma bukabikuza amafaranga batabizi.

Munzuyarwo Damien avuga ko Komite y’iyi Koperatice yabikuje amafaranga yayo, ubundi ijya kuyabitsa kuri konti zabo.

Ati “Perezida afite hafi agera kuri Miliyoni imwe na Magana abiri. Kubimenya ni uko bagenda babishwanira ndetse Komite ngenzuzi yajya kugenzura bagira ibyo bababaza uko amafaranga yasohotse, yakuwe kuri konti, aza muri koperative rimwe bakabishwanira batagaragaza neza ibintu aho biri.”

Aba banyamuryango bavuga kandi ko ikindi babona cyabaye intandaro, ari ikenewabo cyabaye mu buyobozi bw’iyi Koperative, kuko uwari Perezida wayo waje gukurwaho, yasimbuwe n’uwo bafitanye isano.

Batamuriza Ernestine ati “Kuba ubwo buyobozi bwari buvuyeho bagahita bashyiraho undi Perezida mubyara we numva ari akazu bashatse gukora kugira ngo bajye barigisa umutungo w’abanyamuryango.”

Aba banyamuryango b’iyi Koperative, bavuga kandi ko hari umutungo wabo wagiye ugurishwa batabizi, ndetse n’ibyagurishijwe ntibamenye irengero ry’amafaranga yavuyemo nk’ay’umusaruro w’ibigoro wagurishijwe mu minsi ishize, ariko ubuyobozi bukababwira ko byahombye.

Hari kandi ibigega 75 byo guhunikiramo bahawe nk’inkunga, ndetse n’ibindi bikoresho birimo umunzani, telefone ndetse n’imbuto bahawe, na byo byagurishijwe batabizi, aho kugeza ubu bari kwishyuzwa umusoro wa miliyoni 10 Frw batazi inkomoko yawo.

Perezida w’iyi Koperatice ‘Duhuze Imbaraga’, Nzabonimana Mathias ushyirwa mu majwi n’aba baturage, ahakana ibyo avugwaho yivuye inyuma. Ati “Icyo kirantunguye nta gisubizo mfite. Barambeshyera.”

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 15 =

Previous Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Next Post

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.