Tuesday, December 2, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Bavuze icyihishe inyuma y’umwenda wa Miliyoni 10Frw bagiyemo batabigizemo uruhare

radiotv10by radiotv10
23/10/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Kirehe: Abamaze imyaka 10 birukanywe muri Tanzania bagaragaje ikibazo cy’inyubako batujwemo
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango ba Koperative ‘Duhuze Imbaraga’ ihuriyemo bamwe bo mu Mirenge ya Gatore na Gahara mu Karere ka Kirehe, barashinja abayobozi bayo kubikuza amafaranga yabo no gukoresha ibyangombwa mu nyungu zabo bwite, byatumye ubu bari kwishyuzwa umusoro w’arenga Miliyoni 10 Frw.

Aba basanzwe ari abahinzi b’imyaka nk’ibigori, ibishyimbo, na Soya banafite ishyamba rmu Kagari ka Butezi mu Murenge wa Gahara, bavuga ko ubuyobozi bw’iyi Koperative bwagiye bubaca ruhinganyuma bukabikuza amafaranga batabizi.

Munzuyarwo Damien avuga ko Komite y’iyi Koperatice yabikuje amafaranga yayo, ubundi ijya kuyabitsa kuri konti zabo.

Ati “Perezida afite hafi agera kuri Miliyoni imwe na Magana abiri. Kubimenya ni uko bagenda babishwanira ndetse Komite ngenzuzi yajya kugenzura bagira ibyo bababaza uko amafaranga yasohotse, yakuwe kuri konti, aza muri koperative rimwe bakabishwanira batagaragaza neza ibintu aho biri.”

Aba banyamuryango bavuga kandi ko ikindi babona cyabaye intandaro, ari ikenewabo cyabaye mu buyobozi bw’iyi Koperative, kuko uwari Perezida wayo waje gukurwaho, yasimbuwe n’uwo bafitanye isano.

Batamuriza Ernestine ati “Kuba ubwo buyobozi bwari buvuyeho bagahita bashyiraho undi Perezida mubyara we numva ari akazu bashatse gukora kugira ngo bajye barigisa umutungo w’abanyamuryango.”

Aba banyamuryango b’iyi Koperative, bavuga kandi ko hari umutungo wabo wagiye ugurishwa batabizi, ndetse n’ibyagurishijwe ntibamenye irengero ry’amafaranga yavuyemo nk’ay’umusaruro w’ibigoro wagurishijwe mu minsi ishize, ariko ubuyobozi bukababwira ko byahombye.

Hari kandi ibigega 75 byo guhunikiramo bahawe nk’inkunga, ndetse n’ibindi bikoresho birimo umunzani, telefone ndetse n’imbuto bahawe, na byo byagurishijwe batabizi, aho kugeza ubu bari kwishyuzwa umusoro wa miliyoni 10 Frw batazi inkomoko yawo.

Perezida w’iyi Koperatice ‘Duhuze Imbaraga’, Nzabonimana Mathias ushyirwa mu majwi n’aba baturage, ahakana ibyo avugwaho yivuye inyuma. Ati “Icyo kirantunguye nta gisubizo mfite. Barambeshyera.”

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + one =

Previous Post

Kigali: Herekanywe abantu 10 barimo abakurikiranyweho kwigana inzoga zikomeye n’ibyafatiriwe bya Miliyoni 31Frw

Next Post

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Related Posts

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
01/12/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame; yashyize mu myanya abayobozi barimo Minisitiri w'Ubuhinzi mushya, n'Abanyamabanga ba Leta babiri barimo...

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

by radiotv10
01/12/2025
0

Hari abahoze ari abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Murara mu Karere ka Rubavu, bavuga ko bari mu gihirahiro nyuma y’uko mu...

Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

by radiotv10
01/12/2025
0

Abagabo batatu batawe muri yombi na Polisi ikorera mu Karere ka Gisagara, bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi, barimo uwakundaga kumubwira...

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu Mujyi wa Kigali hagiye gutangira gahunda nshya mu gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, izatuma nta modoka zihagarara umwanya...

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

RDF na Polisi y’u Rwanda i Cabo Delgado bashimangiye imikoranire myiza hagati yabo n’abaturage

by radiotv10
01/12/2025
0

Mu rwego rwo gukomeza gushimangira ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’inzego z’umutekano n’abaturage, Inzego z’Umutekano z’u Rwanda (RSF) ziri mu bikorwa...

IZIHERUKA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America
AMAHANGA

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

01/12/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

01/12/2025
Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

Bahoze ari abakozi ba Leta ariko bamaze imyaka 20 mu marira batazi uzayabahoza

01/12/2025
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Hatangajwe amagambo umwe muri batatu bakekwaho kwica umuntu bamukase ijosi yakundaga kumubwira

01/12/2025
Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

Iby’ingenzi wamenya kuri gahunda nshya mu gutwara abagenzi muri Kigali n’icyo yitezweho

01/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Perezida Kagame yageze mu Gihugu cya Samoa cyo ku Mugabane wa Oceania

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

BREAKING: Perezida Kagame yashyize mu myanya abayobozi bashya barimo batatu binjiye muri Guverinoma y’u Rwanda

Andi makuru yamenyekanye ku byaha biregwa umunyamakuru Djihad uherutse gutabwa muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.