Saturday, October 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo

radiotv10by radiotv10
18/08/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Kirehe: Igisubizo gitanga icyizere cy’ubuyobozi ku gikorwa cyabafashaga kwiteza imbere ubu kiri kubateza igihombo
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage bakoresha idamu y’amazi ya Cyunuzi mu Murenge wa Mushikiri mu Karere ka Kirehe, bararira ayo kwarika nyuma yuko yangiritse, none iri kugira ingaruka ku buhinzi bwabo n’uburobyi bw’amafi, mu gihe Ubuyobozi buvuga ko hari gukora ibishoboka byose kugira ngo iki kibazo gikemuke.

Abakoresha iyi damu bavuga ko inzugi zo mu mazi zayo zifunze ku buryo amazi aza akaba menshi agahita ajyenda akangiza ibikorwa byabo.

Nsengiyumva Fulgence yagize ati “Ubundi twororeramo amafi, iyo amazi aje (mu bihe by’imvura) aba menshi ifi zikigendera kubera ko ntabwo bayafunga. Zinyura mu buhumekero bwayo zigahita zigenda.”

Akomeza agira ato “Icyo dusaba rero ni ukudufasha kudukorera uru rugomero inzugi zisubiremo tujye tuba gufungura amazi tunayafunge nk’uko byagendaga.”

Bizimungu Faustin na we ati “Abahinzi b’umuceri turayabona macye ariko nko mu bihe by’imvura iruzura akaba menshi ku buryo ashobora kwangiriza Umuceri.”

Nyuma yuko iki kibazo kigaragarijwe muri gahunda zo kwakira ibibazo, hari itsinda ry’abayobozi b’Akarere ndetse n’aba RAB bari kugiragikurikirana kugira ngo gikemurwe mu buryo burambye.

Umuyobozi w’Akarere ka Kirehe ,Rangira Bruno ati “Hari Abatekinisiye ba RAB baje bafatanya n’ab’Akarere ubu bari kuri terrain kandi bareba kandi bari bufate umwanzuro uduha igisubizo cy’ikibazo kuko ni ibice bibiri twarebaga se ni gute abantu bajya munsi y’amazi munsi Metero 7 bisaba n’ibikoresho kugira ngo ujye munsi y’amazi cyangwa ni gute twavida [gukuramo amazi] igice kimwe kugira ngo ibyo bikorwe.”

Uyu muyobozi yizeje aba baturage bakoresha iyi damu, ko ibiri gukorwa kugira ngo haboneke umuti w’iki kibazo, bizihuta kugira ngo bakomeze bakore ibikorwa byabo nta mbogamizi.

Aya mazi yabafashaga gukora neza ibikorwa byabo
Basaba ko hakwiye kugira igikorwa

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 month ago

    uburyo bwo kubyikorera badategereje undi wese. kubona amazi bigoye kurusha kuyakoresha.murakoze

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi byaranze guhura kwa Trump na Putin kwari guhanzwe amaso n’Isi yose

Next Post

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Related Posts

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

by radiotv10
04/10/2025
0

Rwanda is preparing to roll out a modern digital identity system that is expected to transform how citizens and residents...

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

by radiotv10
04/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n'Umugaba w'Ikirenga w'Ingabo z'u Rwanda, yazamuye mu mapeti abasirikare b'Abofisiye bato, 632 abaha ipeti...

Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

by radiotv10
03/10/2025
0

Mu Kagari ka Rukara mu Murenge wa Rukara Karere ka Kayonza, abacukura amabuye y'agaciro mu buryo butemewe n’amategeko, birukankanye umushumba...

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

Mujye muzirikana ko gukorera Abanyarwanda ariwo murimo wanyu w’ibanze-P.Kagame abwira abinjiye muri RDF

by radiotv10
03/10/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yabwiye Abofisiye binjiye muri RDF, ko bagomba guhora basirikana...

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

Nyuma y’amabwiriza asaba abayobora amadini mu Rwanda kuba baraminuje Tewolojiya bamwe barabyubahirije

by radiotv10
03/10/2025
0

Nyuma yuko mu itegeko rigena imitunganyirize n’imikorere y’Imiryango ishingiye ku myemerere mu Rwanda hashyizwemo ko abayobora amadini n’amatorero  bagomba kuba...

IZIHERUKA

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere
IMYIDAGADURO

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

by radiotv10
04/10/2025
1

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

04/10/2025
BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

04/10/2025
Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

Mu Rwanda hagiye kuba ibitaramo bitanu mu kwezi kumwe bizafasha Abaturarwanda kurushaho kwegera Imana

04/10/2025
Who pays for the first date bill?

Who pays for the first date bill?

04/10/2025
Kayonza: Igikekwa ku rupfu rw’umugabo, umugore n’umwana wabo basanzwe mu nzu barapfuye

Kayonza: Yicishijwe amabuye n’abacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe

03/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Eng.-Updates on Doha talks between AFC/M23 and the DRC Government

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyarwenya uri kwamamara mu Rwanda ari mu byishimo byo kugura imodoka ye ya mbere

Why Rwanda’s new Digital ID matters, and how it will transform access to services

BREAKING: Perezida Kagame yazamuye mu mapeti abasirikare b’Abofisiye barenga 600

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.