Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Kitshanga: Rwakomeje kwambikana hagati ya FARDC na M23

radiotv10by radiotv10
25/01/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yafashe akandi gace nyuma yo kurwana inkundura na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Imirwano ikomeye hagati y’umutwe wa M23 na FARDC, yakomeje mu bice bya Kitshanga nyuma yuko urugamba rwongeye gusakirana kuva ejo hashize.

Iyi mirwano yakomeje kuva no mu gitondo cya kare kuri uyu wa Gatatu tariki 25 Mutarama 2023, aho imitwe ifasha FARDC irimo FDLR na Maï-Maï, n’ubundi bakomeje gukozanyaho na M23.

Amasasu aremereye yakomeje kumvikana mu gace ka Kitshanga mu bilometero bibiri uvuye mu mujyi wa Rugarama, aho umutwe wa M23 wakomeje kurwana inkundura ushaka gufata Umujyi wa Kitshanga wose ufatwa nk’ikigega cya Masisi uherereye mu bilometeri 80 mu burengerazuba bwa Goma.

Radio Okapi ivuga ko umutwe wa M23 wahuye n’urugamba rukomeye kuko FARDC n’imitwe iyifasha, bakomeje kwihagararaho bakanga gusubira inyuma.

Gusa abarwanyi b’umutwe wa M23 ubu baragenzura umuhanda wa Kitshanga-Goma uhereye ku gice cya Rugarama, ndetse bakaba bafite ibirindiro ahitwa Rushebeshe, mu bilometeri 14 uvuye ku muhanda wa Masisi-Kitshanga.

Iki gitangazamakuru kivuga ko umwuka ukomeje kuba mubi muri aka gace, ndetse iyi mirwano ikaba yaburijemo urujya n’uruza mu bice bya Masisi-Kitshanga kuva mu gitondo cy’uyu munsi.

Iyi mirwano ikomeje kwerecyeza mu bice birimo Monastere, Kabale-Kasha, Burungu na Tebero.

Uru rugamba rwubuye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023, rwagaragayemo abacancuro b’Abarusiya, bagaragaye bari kwiruka bahunga nyuma yo kuraswaho na M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 3 =

Previous Post

Mu cya Semuhanuka Congo yavuze ibitari byitezwe ku ndege y’Intambara yayo yarasiwe mu Rwanda

Next Post

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

by radiotv10
30/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ko muri Gurupoma...

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

by radiotv10
30/07/2025
0

Leta ya Tanzania yafashe icyemezo cyo guhagarika abanyamahanga gufungura ibikorwa by’ubucuruzi mu nzego z’ingenzi z’ubukungu bw’iki Gihugu. Iki cyemezo cya...

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

Ouattara w’imyaka 83 yavuze impamvu yifuza kuguma ku butegetsi nyuma y’imyaka 15 ari Perezida

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Côte d’Ivoire, Alassane Ouattara yatangaje ko aziyamamariza manda ya kane mu matora agiye kuba muri iki Gihugu, kugira...

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

Abanyaburayi bateye umugongo icyifuzo cya America ku iherezo ry’intambara ya Israel na Palestine

by radiotv10
30/07/2025
0

Ibihugu byo ku Mugabane w'u Burayi byemeranyije n’iby’Abarabu ko Palestine igomba kuba Igihugu cyigenga, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za...

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

Senegal: Hatanzwe itegeko ry’iperereza ku mvururu zabaye hagati y’abaturage n’inzego z’umutekano zigahitana benshi

by radiotv10
29/07/2025
0

Minisitiri w’Ubutabera muri Senegal, Ousmane Diagne, yasabye ko hatangizwa ku mugaragaro iperereza ku bwicanyi n’ibindi bikorwa by’urugomo byabaye muri iki...

IZIHERUKA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage
MU RWANDA

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

Abana bari kwibana nyuma y’ifungwa ry’ababyeyi babo barimo uwafungiwe impamvu itavugwaho rumwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.