• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe

radiotv10by radiotv10
30/09/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
Kiyovu Sports yasubitse igitaraganya inteko rusange yari iteganyijwe
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikipe ya Kiyovu Sports bwasubitse Inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, nyuma yuko uwari Perezida wayo Juvenal Mvukiyehe yeguye ku mpamvu zirimo kuba abona atazesa imihigo yari yariyemeje.

Iyegura rya Mvukiyehe Juvenal ryabaye kimomo kuri uyu wa Kane tariki 29 Nzeri 2022, gusa ibaruwa isaba kwegura, yayanditse tariki 28.

Ni ibaruwa avugamo ko yeguye ku mpamvu ze bwite ariko “no ku mpamvu yindi yuko mbona ntazagera ku ntego nari niyemeje, bityo nkaba mbikoze kugira ngo mu nteko rusange iteganyijwe ku wa 01/10/2022 mube mwabigeza mu nteko rusange hashakwe abandi bafata uwo mwanya.”

Gusa iyi Nteko rusange yagombaga kuzagezwaho ubwegure bw’uyu munyemari, na yo ntikibaye kuri iyi tariki kuko ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwahise buyisubika habura amasaha macye ngo ibe.

Itangazo ryashyizwe hanze na Kiyovu Sports mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, rigira riti “Kubera ubusabe bw’abagize Board ya Kiyovu Sports Association, Inama y’Inteko rusange yari iteganyijwe tu itariki 01/10/2022 ntikibaye.”

Iri tangazo risoza rivuga ko indi tariki iyi Nama y’Inteko Rusange izaberaho, izatangazwa nyuma.

Ikipe ya Kiyovu Sports ni imwe mu zagerageje gushora imari mu myaka ibiri ishize, byumwihariko mu kugura abakinnyi dore ko yagiye igura abakinnyi bakomeye mu Rwanda ndetse no mu karere.

Gusa ntiyahiriwe kuko nko mu mwaka w’imikino wa 2020-2021 aho Mvukiyehe yari akinafata umwanya wo kuyobora iyi kipe, nko muri shampiyona yatsinzwe imikino myinshi mu gihe yari yaraguze abakinnyi bakomeye.

No mu shamiyona ya 2021-2022, yakomeje gukubana na APR FC, birinda bigera ku mukino wa nyuma, ntawuramenya izegukana igikombe hagati y’aya makipe yombi, ariko APR iza kukegukana iyirusha inota rimwe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three − two =

Previous Post

Singapore: P.Kagame yageze muri Kaminuza ikomeye ku Isi atangamo ikiganiro gitegerezanyijwe amatsiko

Next Post

Ishyaka ryari ryasabye u Rwanda kuganira n’Imitwe yose irurwanya ryagoroye imvugo rinasaba imbabazi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ishyaka ryari ryasabye u Rwanda kuganira n’Imitwe yose irurwanya ryagoroye imvugo rinasaba imbabazi

Ishyaka ryari ryasabye u Rwanda kuganira n’Imitwe yose irurwanya ryagoroye imvugo rinasaba imbabazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.