Sunday, November 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’

radiotv10by radiotv10
05/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA, Uncategorized
0
Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Antoine Christophe Agbepa Mumba wamenyekanye mu muziki nka Koffi Olomide nyuma y’impaka z’urudaca ku gitaramo cye bamwe batifuzaga ko kiba, yashyize ataramira Abanyarwanda.

Iki gitaramo kikaba mbere yo kuba hari abari batangije ubukangura mbaga ko kitaba bitewe n’ibyaha uyu muhanzi akurikiranyweho byo guhohotera abagore, rero bakaba bumva u Rwanda nka kimwe mu bihugu byashyize imbere kurwanya ihohoterwa rikorerwa igitsina gore batagahaye umwanya umunhanzi nka Koffi Olimide, gusa byaje kurangira kibaye.

Ni gitaramo cyabereye muri Kigali Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukuboza 2021, ni igitaramo kitabiriwe n’abantu benshi bakunda umuziki wo njyana ya Rhumba.

 

Koffi Olomide akaba yagombaga gufashwa ku rubyiniro n’abahanzi nyarwanda 3, Chris Hat, Yvan Buravan na King James.

 

Umuhanzi Hategekimana Sulaiman ukoresha izina rya Chris Hat mu muziki, ni we wabanje k’urubyiniro saa 20:15’, uyu muhanzi w’imyaka 20 umaze gukora indirimbo 4, yahereye kuri ‘Diva’.

 

Uyu muhanzi ntibyamworoheye gushyira abantu mu mwuka w’igitaramo cyane ko batari bagacangamutse ngo babyinnye.

Hahise hakurikiraho Dj Mupenzi wahawe umwanya ngo ashyushye abantu mu ndirimbo zitandukanye, yakoresheje iminota 20. Uyu musore uvangavanga imizi yakinnye indirimbo zitandukanye ariko ageze ku za Jay Polly uheruka kwitaba Imana biba ibindi bindi, abantu muri Kigali Arena bahise bahaguruka bigaragaza urukundo uyu muraperi bamukundaga.

 

Hahise hakurikiraho umuhanzi Yvan Buravan wamamaye mu muziki cyane guhera 2016, yakiranywe na yombi n’abakunzi be, uyu muhanzi yeretswe urukundo n’abafana be, yaririmbye indirimbo ze zitandukanye aririmbana n’abakunzi be izirimo ‘Low Key’ na ‘Tiku’.

Hakurikiyeho umuhanzi King James weretswe urukundo rudasanzwe n’abari muri Kigali Arena aho buri ndirimbo yose yaririmbye yayirimbanye n’abakunzi be.

 

Uyu muhanzi uri mu barambye muri uyu muziki w’u Rwanda, yaririmbye indirimbo zitandukanye zirimo; Meze neza, Yantumye, Icyangombwa, Ndagukumbuye yakoranye na Ariel Wayz, Umuriro watse na Ganyobwe zahagurukije abantu benshi muri Stade.

 

Mbere y’uko umuhanzi Koffi Olomide agera ku rubyiniro, yabanjirijwe n’itsinda ry’ababyinnyi be, babyinnye maze abantu barizihirwa.

 

Saa 22:00’ nibwo umuhanzi wari utegerejwe na benshi, Koffi Olomide yageze ku rubyiniro yakiranwa amashyi menshi ubona ko yari ategerejwe na benshi.

Uyu mwami wa Rhumba yaririmbye indirimbo ze zirimo ‘Rond Point’ yahagurukije benshi, ageze kuri ‘Waaah’ yakoranye n’umuhanzi Diamond Platnumz biba ibindi bindi.

Uyu muhanzi yageze hagati ashimira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibyo amaze kugeza ku Rwanda ndetse ko yifuza ko igihugu cye cya DR Congo n’u Rwanda byagumya kubana amahoro.

Ati “Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro.”

Koffi Olomide yaririmbye imwe mu ndirimbo ze zo hambere yitwa ‘Loi’, akomereza kuri ‘Selfie’ yahagurukije n’iyonka bitewe n’uburyo iyi ndirimbo yamenyekanye nka ‘Ekotite’ yakunzwe cyane, bamufashije kuyibyina.

Yakomeje gususurutsa abantu mu ndirimbo ze zitandukanye asoza ashimira abitabiriye iki gitaramo mu rurimi rw’ikinyarwanda ati “Murakoze Kigali Ndabakunda.”

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − five =

Previous Post

Ubwitabire bw’abantu bacye, Ric Hassani waririmbye indirimbo za Meddy, gutinda gutangira,…Ibyaranze igitaramo cya Sympony Band

Next Post

Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Related Posts

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

by radiotv10
08/11/2025
0

As 2026 approaches, it’s time for every young woman in Kigali to think about growth, not just in career, but...

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

Style on a Budget: How to Build a Chic Wardrobe in Kigali Without Breaking the Bank

by radiotv10
08/11/2025
0

Looking stylish doesn’t have to mean spending a lot of money. In Kigali, fashion is becoming more creative and affordable...

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Alice Masinzo wahoze ari umunyamakuru kuri imwe muri radio zo mu Rwanda, yasangije abantu ibyishimo afite nyuma yo gusezerana n’umukunzi...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

by radiotv10
04/11/2025
0

Ishimwe Naomie wabaye Miss w’u Rwanda wa 2020, yavuze ko mu rugendo rwo kwandika igitabo cye cya mbere yise ‘More...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

by radiotv10
08/11/2025
0

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

08/11/2025
Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

08/11/2025
Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

Five lifestyle habits every young woman in Kigali should adopt for 2026

08/11/2025
Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

Umuyobozi wa Polisi yahishuye ikiganiro yagiranye n’umunyonzi wamutelefonnye saa cyenda z’ijoro n’ubutumwa yakuyemo

07/11/2025
Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

Harumvikana kutishimira ahimuriwe imikino ya Shampiyona ya Volleyball mu Rwanda

07/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umwarimukazi wafashwe yahishe akadishi kuzuye umuceri utetse wari uw’abanyeshuri

Rusizi: Umusaza w’imyaka 70 yapfuye yiyahuye nyuma yo kwandikirwa ibaruwa imusaba kureka ubushurashuzi

Urujijo n’impungenge nyuma y’umwaka bemerewe ingurane z’imitungo yabo yangijwe n’igikorwa cy’amajyambere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.