Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’

radiotv10by radiotv10
05/12/2021
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA, Uncategorized
0
Koffi Olomide wakoze igitaramo cy’amateka i Kigali Ati  ‘‘Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro’’
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Antoine Christophe Agbepa Mumba wamenyekanye mu muziki nka Koffi Olomide nyuma y’impaka z’urudaca ku gitaramo cye bamwe batifuzaga ko kiba, yashyize ataramira Abanyarwanda.

Iki gitaramo kikaba mbere yo kuba hari abari batangije ubukangura mbaga ko kitaba bitewe n’ibyaha uyu muhanzi akurikiranyweho byo guhohotera abagore, rero bakaba bumva u Rwanda nka kimwe mu bihugu byashyize imbere kurwanya ihohoterwa rikorerwa igitsina gore batagahaye umwanya umunhanzi nka Koffi Olimide, gusa byaje kurangira kibaye.

Ni gitaramo cyabereye muri Kigali Arena kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 4 Ukuboza 2021, ni igitaramo kitabiriwe n’abantu benshi bakunda umuziki wo njyana ya Rhumba.

 

Koffi Olomide akaba yagombaga gufashwa ku rubyiniro n’abahanzi nyarwanda 3, Chris Hat, Yvan Buravan na King James.

 

Umuhanzi Hategekimana Sulaiman ukoresha izina rya Chris Hat mu muziki, ni we wabanje k’urubyiniro saa 20:15’, uyu muhanzi w’imyaka 20 umaze gukora indirimbo 4, yahereye kuri ‘Diva’.

 

Uyu muhanzi ntibyamworoheye gushyira abantu mu mwuka w’igitaramo cyane ko batari bagacangamutse ngo babyinnye.

Hahise hakurikiraho Dj Mupenzi wahawe umwanya ngo ashyushye abantu mu ndirimbo zitandukanye, yakoresheje iminota 20. Uyu musore uvangavanga imizi yakinnye indirimbo zitandukanye ariko ageze ku za Jay Polly uheruka kwitaba Imana biba ibindi bindi, abantu muri Kigali Arena bahise bahaguruka bigaragaza urukundo uyu muraperi bamukundaga.

 

Hahise hakurikiraho umuhanzi Yvan Buravan wamamaye mu muziki cyane guhera 2016, yakiranywe na yombi n’abakunzi be, uyu muhanzi yeretswe urukundo n’abafana be, yaririmbye indirimbo ze zitandukanye aririmbana n’abakunzi be izirimo ‘Low Key’ na ‘Tiku’.

Hakurikiyeho umuhanzi King James weretswe urukundo rudasanzwe n’abari muri Kigali Arena aho buri ndirimbo yose yaririmbye yayirimbanye n’abakunzi be.

 

Uyu muhanzi uri mu barambye muri uyu muziki w’u Rwanda, yaririmbye indirimbo zitandukanye zirimo; Meze neza, Yantumye, Icyangombwa, Ndagukumbuye yakoranye na Ariel Wayz, Umuriro watse na Ganyobwe zahagurukije abantu benshi muri Stade.

 

Mbere y’uko umuhanzi Koffi Olomide agera ku rubyiniro, yabanjirijwe n’itsinda ry’ababyinnyi be, babyinnye maze abantu barizihirwa.

 

Saa 22:00’ nibwo umuhanzi wari utegerejwe na benshi, Koffi Olomide yageze ku rubyiniro yakiranwa amashyi menshi ubona ko yari ategerejwe na benshi.

Uyu mwami wa Rhumba yaririmbye indirimbo ze zirimo ‘Rond Point’ yahagurukije benshi, ageze kuri ‘Waaah’ yakoranye n’umuhanzi Diamond Platnumz biba ibindi bindi.

Uyu muhanzi yageze hagati ashimira Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame kubera ibyo amaze kugeza ku Rwanda ndetse ko yifuza ko igihugu cye cya DR Congo n’u Rwanda byagumya kubana amahoro.

Ati “Ni ngombwa ko ibihugu byacu bibaho mu mahoro.”

Koffi Olomide yaririmbye imwe mu ndirimbo ze zo hambere yitwa ‘Loi’, akomereza kuri ‘Selfie’ yahagurukije n’iyonka bitewe n’uburyo iyi ndirimbo yamenyekanye nka ‘Ekotite’ yakunzwe cyane, bamufashije kuyibyina.

Yakomeje gususurutsa abantu mu ndirimbo ze zitandukanye asoza ashimira abitabiriye iki gitaramo mu rurimi rw’ikinyarwanda ati “Murakoze Kigali Ndabakunda.”

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − three =

Previous Post

Ubwitabire bw’abantu bacye, Ric Hassani waririmbye indirimbo za Meddy, gutinda gutangira,…Ibyaranze igitaramo cya Sympony Band

Next Post

Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Related Posts

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

by radiotv10
24/01/2026
0

Abanyamakuru bazwi mu Rwanda, Aissa Cyiza, Cyuzuzo Jeanne d’Arc, Michèle Iradukunda uzwi nka Michou, na Mucyo Christella, bazwi mu kiganiro...

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

Bruce Melodie nyuma y’amasaha macye yerecyeje muri Kenya yahise atangira gukora icyamujyanye

by radiotv10
23/01/2026
0

Umuhanzi Bruce Melodie ukunze kwiyita ‘Munyakazi’, nyuma y’amasaha macye ahagurutse i Kigali akerecyeza i Nairobi muri Kenya mu bikorwa byo...

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

Why Hobbies Can Make You Happier (and Which Ones Are Trending)

by radiotv10
23/01/2026
0

Life can be stressful. School, work, social life, and responsibilities can make anyone feel tired or overwhelmed. One simple way...

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

Did you know that hugging can help heal sadness? Here are the benefits of hugging

by radiotv10
22/01/2026
0

There are moments when someone feels sad, lonely, or stressed, and words are not enough to make them feel better....

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

Ibyamenyekanye ku cyatumye umuhanzi The Ben asiba ubutumwa bwateje urujijo

by radiotv10
20/01/2026
0

Umuhanzi The Ben wari watangaje ko amakuru yari yatangajwe na mugenzi we Bruce Melodie ko bafite ibitaramo bizazazenguka Igihugu ari...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Kiyovu Sports yatsinze Rayon Sports mu gihe Bugesera yanyagiye Marines FC 6-2

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.