Monday, January 12, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA
0
Kolari ya ADEPR-Nyabihu yari yishimiye umuririmbyi wibarutse abana bane yakiriye inkuru ibabaje
Share on FacebookShare on Twitter

Abaririmbyi bo muri muri Kolari y’Itorero rya ADEPR mu Karere ka Nyabihu, bari babanje kugaragaza ibyishimo bidasanzwe batewe no kuba umwe muri bo yibarutse abana bane icyarimwe, baje gutangaza ko umwe muri aba bana yitabye Imana.

Mu butumwa banyujije kuri paji yabo ya Facebook mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru tariki 17 Nyakanga 2022, Kolari yitwa Sion Choir ADEPR Jenda yo mu Karere ka Nyabihu, bari bagaragaje ibyishimo byo kuba hari umwe muri bagenzi babo wibarutse abana bane icyarimwe.

Ubwo butumwa bwagiraga buti “Umuryango w’umuririmbyi wacu Ntegerejimana Pierre na Maniragena Clementine ni bo bibarutse abo bana.”

Ubu butumwa bwakomezaga bugira buti “Imana idukoreye ibitangaza tutarabonesha amaso na matwi mu Muryango wacu Sion Choir Adepr Jenda – Nyabihu Iradusekeje cyane peeee. Aho iduhaye abana 4 Bose ni bazima n’Umubyeyi na we ni muzima.”

Ibi byishimo byaje kuzamo kirogoya kuri uyu wa Mbere tariki 18 Nyakanga, aho iyi korali yatangaje ko umwe muri aba bana bane, yitabye Imana.

Mu butumwa bwabo, bahaye umutwe ugira uti “Inkuru ibabaje itugezeho”, basobanuye ko umwe muri abo bana atagihumeka uw’abazima.

Bakomeje bagira bati “Umwe muri ba bana bana amaze gutabaruka, akaba asize bagenzi be. Ni ko Uhoraho utanga kubaho abishimye.”

Bakomeje bagaragaza ko yaba mu bibi no mu byiza, baba bagomba gushima rurema utanga byose ku bw’impamvu ze.

Ati “Ibyishimo ni byago byacu biva mu rukundo rw’uwo mucunguzi. Imana ihe gukomera ababyeyi be, inshuti n’umuryango. Natwe dufashe mu mugongo Umuririmbyi wacu.”

Umubyeyi wabarutse abana bane

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 5 =

Previous Post

DRC ikomeje gutangatanga u Rwanda irurega mu mahanga, noneho yiyambaje u Bubiligi

Next Post

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

Related Posts

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

What emotional intelligence means and why it’s important

What emotional intelligence means and why it’s important

by radiotv10
12/01/2026
0

For a long time, intelligence was measured by grades, IQ scores, and how fast someone could solve problems. But in...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi ubu umurwanya amuvuzeho ibintu bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.