Thursday, September 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

radiotv10by radiotv10
04/09/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame avuga ko urwego rw’ubwikorezi n’ingendo zo mu kirere, rukwiye gushyirwamo politiki n’imirongo bituma ikiguzi cyarwo kigabanuka, bityo ingendo z’indege ntizikomeze kuba iz’ab’abifite gusa.

Perezida Paul Kagame yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 04 Nzeri 2025 ubwo yafunguraga ku mugaragaro inama Nyafurika ‘Aviation Africa Summit and Exhibition’ yiga ku ngendo zo mu kirere iri kubera i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko urwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere ku Mugabane wa Afurika rukwiye gukomeza gushyirwamo impinduka kugira ngo icyerekezo cy’uyu Mugabane kigerweho.

Ati “Kuri Afurika, icyerekezo kirasobanutse, ni ugushora imari mu rwego rukomeye rw’ingendo zo mu kirere dore ko ari n’ingenzi mu kubaka umusingi w’iterambere ry’Ubukungu.”

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu rugendo rwo gukomeza kuzamura ubukungu bw’Ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere no guteza imbere urwego rw’ubukerarugendo, bisaba ko haba hari urwego rw’ingendo zo mu kirere rushinze imizi.

Ati “Imibare irivugira. Mu myaka iri imbere, abagenzi berecyeza muri Afurika bazikuba kabiri. Ku rwego rw’Umugabane hari imbaraga zashyizwemo mu gufungura ikirere cyacu binyuze mu mishinga inyuranye irimo ‘single air, Africa air transport market. Isoko Rusange Nyafurika (African Continental Free Trade Area) na ryo ni urufunguzo rw’ingenzi mu kuzamura ubukungu.”

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda rwo rukomeje kugira uruhare muri uru rugendo rwo guteza imbere isoko rusange no gufungurira amarembo abantu, rubinyujije muri politiki n’amategeko yarwo, kandi ko rwifuza ko n’ibindi Bihugu byo ku Mugabane wa Afurika bibigenza uko.

Ati “Nk’urugero, twakuyeho ikiguzi cya Visa ku Banyafurika bose. Gushishikariza abagore n’abakobwa kujya mu rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere, na byo bigomba kuza mu byihutirwa. Nituramuka tubishyize mu bikorwa neza, iyi mirongo ishobora kuzahanga imirimo myinshi n’umusingi ufatika mu guhanga udushya.”

Yavuze kandi ko Sosiyete y’u Rwanda y’indege RwandAir yaguye ibyerecyezo yerecyezamo nubwo uyu Mugabane wa Afurika ukomeje kugira imbogamizi z’igiciro kikiri hejuru ndetse n’ibura ry’ibikorwa remezo, muri uru rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere.

Ati “Ibi bituma urujya n’uruza bw’abantu n’imizigo, birushaho guhenda ugereranyije n’uko byagakwiye. Ingendo ntabwo zikwiye kuba iz’abakire gusa. Twese dukeneye gukorana bya hafi n’inzego zacu, byumwahariko Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe na (ASECNA), kandi ni n’ingenzi guha imbaraga izi nzego kugira ngo twizere ko ubushobozi bwazo buri ku rwego rw’intego zazo mu kugira uruhare mu kugera ku cyerekezo cy’ikirere kimwe ndetse no koroshya urujya n’uruza rw’Umugabane wacu.”

Perezida Kagame yavuze ko Ibihugu by’uyu Mugabane wa Afurika bikwiye gutahiriza umugozi umwe, kuko bifite ibisabwa byose ndetse n’ubushobozi bikenewe.

Perezida Kagame ubwo yageraga muri Convention Center gufungura ku mugaragaro iyi nama
Yavuze ko abagore n’abakobwa bakwiye kwinjizwa muri uru rwego rw’ubwikorezi bwo mu kirere

Perezida Kagame kandi yasuye bimwe mu bikorwa biri kumurikirwa muri iyi nama birimo indege igiye itagira umupilote igiye kwifashishwa mu ngendo mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 12 =

Previous Post

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

Next Post

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Related Posts

Amakuru agezweho ku watangaje ibihuha bica igikuba cy’ibyo yavugaga ko byabaye i Musanze

by radiotv10
04/09/2025
0

Umugabo w’imyaka 36 y’amavuko uherutse gutangaza amakuru y’ibinyoma aca igikuba, akoresheje YouTube, avuga ko ko i Musanze hatewe igisasu, yatawe...

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

Ibyo wamenya ku ndege zitwara-Drone zizakora nka Taxi mu Rwanda bibaye bwa mbere muri Afurika

by radiotv10
04/09/2025
0

Mu Rwanda hamuritswe umushinga w’ikoreshwa ry’indege nto zitagira abapilote zizakora nka taxi zitwara abagenzi, aho iki Gihugu kibaye icya 21...

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

Eng.- VIDEO: Inside the RDF’s battle against terrorists in Cabo Delgado

by radiotv10
04/09/2025
0

A video has been released showing the operations of Rwandan Defense Forces (RDF) alongside Mozambican forces in the fight against...

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

Ingabo z’u Rwanda zagobotse abayobozi b’ibanze muri Mozambique zibaha inyoroshyarugendo

by radiotv10
04/09/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, zahaye amagare abayobozi bo mu nzego z’ibanze...

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

by radiotv10
03/09/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago, Bacary Sagna wakiniye Ikipe ya Arsenal n’iy’Igihugu y’u Bufaransa, yageze mu Rwanda yitabiriye ibirori byo Kwita Izina...

IZIHERUKA

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko
IBYAMAMARE

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

by radiotv10
04/09/2025
0

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

04/09/2025
Sitade Amahoro yaje mu 10 za mbere nziza ku Mugabane wose wa Afurika

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

04/09/2025
Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

Ibikubiye mu itangazo ryasohowe na AFC/M23 ku biri kubera muri Uvira na Ituri

04/09/2025
Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

Inkuru ibabaje kuri Gogo wamenyekanye mu ndirimbo ‘Blood of Jesus’

04/09/2025
Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

Hamenyekanya impamvu Rayon Sports yimuye ibiro yari imazemo imyaka ibiri

04/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abahanzi babiri bakundana Chryso Ndasingwa na Sharon basezeranye imbere y’amategeko

Kugenda n’indege ntibikwiye kuba iby’abakire gusa-Perezida yagaragaje impinduka zikenewe mu ngendo zo mu kirere

Eng.- Amahoro Stadium ranked among the Top 10 best in Africa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.