Thursday, July 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ndatemwa ryo mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, bararira ayo kwarika kubera kubura abakiliya, biterwa no kuba isoko rya Kiramuruzi begeranye rirema ku munsi ubanziriza uw’iryabo, ku buryo nta baza kubagurira.

Isoko rya Kiramuruzi rirema ku wa Gatandatu no ku wa Mbere, mu gihe iryo mu Ndatemwa rirema ku wa Kabiri, ariko abaricururizamo, bavuga ko bari gukorera mu bihombo gusa, kuko abakabaguriye, baba bahashye mu rya Kiramuruzi.

Umwe ati “Ubundi bari bakuyeho Kiramuruzi ku wa Kabiri kugira ngo iri rireme ariko nta mbaraga rifite ntirijya rirema ryarananiranye.”

Undi witwa Beninka Emeritha avuga ko muri aka gace hari amasoko arema ku minsi yegeranye, ku buryo hari abacuruzi babihomberamo byumwihariko aba bacururiza mu rya Ndatemwa.

Ati “Rwagitima rirarema ku wa Gatatu, riba ryaremye hariya Kiramuruzi, ubwo rero abantu bavuye muri ayo masoko baba bahaze bakaba bishakira kwigira Rwagitima hano rikarema nabi.”

Aba bacuruzi basaba ko isoko ryo ku wa mbere rya Kiramuruzi ryakurwaho, bakabasigira iryo ku wa Gatandatu, kuko byatuma iri ryabo rya Ndatemwa ribona abaza kurihahiramo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard agira inama aba bacuruzi kujya bacuruza ibikenewe muri aka gace.

Yagize ati “Icyiza ni ku muhanda kuri kaburimbo ku buryo bashobora gutagetinga abajya za Kigali n’ahandi ku buryo ryakwaguka. Guhindura umunsi ntabwo ari cyo gisubizo, igisubizo mbona ni ukwegera abahacururiza kugira ngo bumve ko nibo bagomba gukurura abakiriya.”

Uyu Muyobozi avuga ko ubuyobozi buzaganiriza aba bacururiza mu Isoko rya Ndatemwa, bukabagira inama yo gutekereza ibihingwa bihaboneka kugira ngo bibe umwihariko waho uzajya utuma abaturage barirema ku bwinshi.

Abakiliya barabura
Abacuruzi bavuga ko bibabangamira
Ibicuruzwa bimwe birabapfana kubera kubura abaguzi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven − 5 =

Previous Post

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Next Post

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Related Posts

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Inama y’Abaminisitiri ya mbere ya Guverinoma nshya y’u Rwanda yafatiwemo ibyemezo birimo kwemeza Abadipolomate 10 bahagarariye Ibihugu byabo n’Imiryango Mpuzamahanga....

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

by radiotv10
30/07/2025
0

Polisi yo mu Karere ka Huye yafashe abasore 9 bakekwaho ibikorwa bihungabanya umutekano w’abaturage by’ubujura bakoraga bitwaje intwaro gakondo zirimo...

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

by radiotv10
30/07/2025
0

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame yemeje ikiruhuko ku basirikare 1 081 barimo 9 bo...

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

Rusizi: Igikekwa ku rupfu rw’uwari uzwiho gukunda inzoga wasanzwe mu mukingo yapfuye

by radiotv10
30/07/2025
0

Umugabo w’imyaka 48 wari uzwiho ubusinzi, yasanzwe yapfuye mu mukingo wa metero zirindwi mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka...

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

Ntitubinginga-Igisubizo u Rwanda ruha abatekereza ko rwemeye gusinyana na Congo amasezerano ngo rukurirweho ibihano

by radiotv10
30/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko kuba Guverinoma y’u Rwanda yaremeye gushyira umukono ku masezerano y’amahoro na...

IZIHERUKA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda
MU RWANDA

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
0

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

30/07/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

30/07/2025
Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

Tanzania yafashe icyemezo gikumira abanyamahanga mu bucuruzi bumwe

30/07/2025
Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

Menya Abajenelari 9 bari mu basirikare 1000 Perezida Kagame yemeje ko bajya mu kiruhuko

30/07/2025
Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

30/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Menya ibyemezo bya mbere by’Inama y’Abaminisitiri ba Guverinoma nshya y’u Rwanda

Huye: Hafashwe abasore bakekwaho ibikorwa bigayitse bihungabanya umutekano w’abaturage

AFC/M23 iravugwaho gukaza imbaraga za gisirikare mu gace kamwe i Walikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.