Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi

radiotv10by radiotv10
20/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kugira amasoko yegeranye byabaye amahirwe ku baturage bizanira amarira abacuruzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bacururiza mu isoko rya Ndatemwa ryo mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, bararira ayo kwarika kubera kubura abakiliya, biterwa no kuba isoko rya Kiramuruzi begeranye rirema ku munsi ubanziriza uw’iryabo, ku buryo nta baza kubagurira.

Isoko rya Kiramuruzi rirema ku wa Gatandatu no ku wa Mbere, mu gihe iryo mu Ndatemwa rirema ku wa Kabiri, ariko abaricururizamo, bavuga ko bari gukorera mu bihombo gusa, kuko abakabaguriye, baba bahashye mu rya Kiramuruzi.

Umwe ati “Ubundi bari bakuyeho Kiramuruzi ku wa Kabiri kugira ngo iri rireme ariko nta mbaraga rifite ntirijya rirema ryarananiranye.”

Undi witwa Beninka Emeritha avuga ko muri aka gace hari amasoko arema ku minsi yegeranye, ku buryo hari abacuruzi babihomberamo byumwihariko aba bacururiza mu rya Ndatemwa.

Ati “Rwagitima rirarema ku wa Gatatu, riba ryaremye hariya Kiramuruzi, ubwo rero abantu bavuye muri ayo masoko baba bahaze bakaba bishakira kwigira Rwagitima hano rikarema nabi.”

Aba bacuruzi basaba ko isoko ryo ku wa mbere rya Kiramuruzi ryakurwaho, bakabasigira iryo ku wa Gatandatu, kuko byatuma iri ryabo rya Ndatemwa ribona abaza kurihahiramo.

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard agira inama aba bacuruzi kujya bacuruza ibikenewe muri aka gace.

Yagize ati “Icyiza ni ku muhanda kuri kaburimbo ku buryo bashobora gutagetinga abajya za Kigali n’ahandi ku buryo ryakwaguka. Guhindura umunsi ntabwo ari cyo gisubizo, igisubizo mbona ni ukwegera abahacururiza kugira ngo bumve ko nibo bagomba gukurura abakiriya.”

Uyu Muyobozi avuga ko ubuyobozi buzaganiriza aba bacururiza mu Isoko rya Ndatemwa, bukabagira inama yo gutekereza ibihingwa bihaboneka kugira ngo bibe umwihariko waho uzajya utuma abaturage barirema ku bwinshi.

Abakiliya barabura
Abacuruzi bavuga ko bibabangamira
Ibicuruzwa bimwe birabapfana kubera kubura abaguzi

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − twelve =

Previous Post

Musanze: Hasobanuwe impamvu hafashwe icyemezo cyo kwica imbogo zari zatorotse Pariki

Next Post

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Perezida wa Togo yashimiye Perezida Kagame uburyo yamwakiriye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.