Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda ifite ubutaka burenga Hegitari 90 yahawe mu bihugu bitandukanye birimo uburi muri Kenya, Tanzania na Djibouti, gusa ntiburabyazwa umusaruro kubera impamvu zitandukanye n’ubwo ngo hari gutekerezwa uburyo bwakoreshwa.

Mu 1986, Leta ya Kenya yahaye iy’u Rwanda Hegitari 13 zihereeye ku cyambu cya Mombasa, mu 1987 Tanzania na yo iha u Rwanda Hegitari 18 naho muri 2014 Djibouti na yo iha u Rwanda Hegitari 60.

Ubu butaka bwose buherereye mu byanya by’ubucuruzi, kugeza ubu ntiburabyazwa umusaruro na Leta y’u Rwanda yabuhawe kubera imibanire myiza n’ibi Bihugu birimo ibyo mu karere.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka, Esperance Mukamana avuga ko ubukererwe bwo kubyaza umusaruro ubu butaka ari kimwe n’ubukererwe bw’ubutaka bwa Leta buri mu gihugu imbere.

Ati “Kugira ngo Leta ikore ibikorwa bitandukanye, haba hari ibyihutirwa. Icyo nababwira ni uko nk’uko ubutaka buri mu Gihugu tutahita tububyaza umusaruro icyarimwe na buriya ni ko bimeze.”

Esperance Mukamana avuga ko Leta y’u Rwanda itigeze yirengagiza ubu butaka yahawe na biriya Bihugu ndetse ko u Rwanda rwongera kubishimira kandi ko kububyaza umusururo biri mu nzira nubwo nta gihe runaka bizaba byakozwemo.

Ati “Ntabwo twavuga ngo twihaye imyaka ibiri cyangwa itatu kuko ubutaka ntaho bujya ariko nubwo ntaho bujya ntabwo bivuze ngo turabutereranye.”

Byibuze hagati y’imyaka 9 na 36, ni yo ubu butaka bumaze budakoreshwa, hashingiwe kubihe bitandukanye u Rwanda rwabuhawemo mu gihe umuturage wo mu Rwanda umaze imyaka 3 ikurikirana adakoresha ubutaka bwe, arabwamburwa bukajya mu biganza bya leta.

Itegeko rigenga ubutaka ryo muri 2013 riteganya ko ubutaka bwa Leta na bwo butabyazwa umusaruro buhabwa ababishoboye mu gihe cy’imyaka 5.

Leta y’u Rwanda iherutse kuvuga ko hari gutekerezwa uburyo bwo gukorana n’abikorera kugira ngo bakoreshe ubwo butaka mu buryo bw’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one + five =

Previous Post

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Next Post

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Related Posts

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umugore bivugwa ko yicuruzaga, yasanzwe munsi y’igitanda yapfuye muri Lodge iherereye ahazwi nka Sodoma mu Murenge wa Gikondo mu Karere...

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

by radiotv10
07/01/2026
0

Nyuma yuko hagaragaye amashusho y’umugabo byavugwaga ko afite ubumuga wafashwe n’inzego mu buryo budakwiye, Polisi y’u Rwanda yahakanye ko uyu...

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

by radiotv10
07/01/2026
0

Have you ever noticed how January feels like a fresh start? Suddenly, people are setting goals, joining gyms, or trying...

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

IZIHERUKA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali
MU RWANDA

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

by radiotv10
07/01/2026
0

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

07/01/2026
Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

07/01/2026
Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

Why We Feel Motivated at the Beginning of the Year (The Science Behind It)

07/01/2026
Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

06/01/2026
Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo abantu bakeka ku mugore wasanzwe yapfiriye muri ‘Logde’ y’ahazwi nka ‘Sodoma’ muri Kigali

Umufana w’Ikipe ya Congo wabaye ikimenyabose mu Gikombe cya Afurika byarangiye ari amarira

Polisi y’u Rwanda yatanze umucyo ku mugabo wagaragaye afatwa mu buryo butavugwaho rumwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.