Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda ifite ubutaka burenga Hegitari 90 yahawe mu bihugu bitandukanye birimo uburi muri Kenya, Tanzania na Djibouti, gusa ntiburabyazwa umusaruro kubera impamvu zitandukanye n’ubwo ngo hari gutekerezwa uburyo bwakoreshwa.

Mu 1986, Leta ya Kenya yahaye iy’u Rwanda Hegitari 13 zihereeye ku cyambu cya Mombasa, mu 1987 Tanzania na yo iha u Rwanda Hegitari 18 naho muri 2014 Djibouti na yo iha u Rwanda Hegitari 60.

Ubu butaka bwose buherereye mu byanya by’ubucuruzi, kugeza ubu ntiburabyazwa umusaruro na Leta y’u Rwanda yabuhawe kubera imibanire myiza n’ibi Bihugu birimo ibyo mu karere.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka, Esperance Mukamana avuga ko ubukererwe bwo kubyaza umusaruro ubu butaka ari kimwe n’ubukererwe bw’ubutaka bwa Leta buri mu gihugu imbere.

Ati “Kugira ngo Leta ikore ibikorwa bitandukanye, haba hari ibyihutirwa. Icyo nababwira ni uko nk’uko ubutaka buri mu Gihugu tutahita tububyaza umusaruro icyarimwe na buriya ni ko bimeze.”

Esperance Mukamana avuga ko Leta y’u Rwanda itigeze yirengagiza ubu butaka yahawe na biriya Bihugu ndetse ko u Rwanda rwongera kubishimira kandi ko kububyaza umusururo biri mu nzira nubwo nta gihe runaka bizaba byakozwemo.

Ati “Ntabwo twavuga ngo twihaye imyaka ibiri cyangwa itatu kuko ubutaka ntaho bujya ariko nubwo ntaho bujya ntabwo bivuze ngo turabutereranye.”

Byibuze hagati y’imyaka 9 na 36, ni yo ubu butaka bumaze budakoreshwa, hashingiwe kubihe bitandukanye u Rwanda rwabuhawemo mu gihe umuturage wo mu Rwanda umaze imyaka 3 ikurikirana adakoresha ubutaka bwe, arabwamburwa bukajya mu biganza bya leta.

Itegeko rigenga ubutaka ryo muri 2013 riteganya ko ubutaka bwa Leta na bwo butabyazwa umusaruro buhabwa ababishoboye mu gihe cy’imyaka 5.

Leta y’u Rwanda iherutse kuvuga ko hari gutekerezwa uburyo bwo gukorana n’abikorera kugira ngo bakoreshe ubwo butaka mu buryo bw’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen + nineteen =

Previous Post

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Next Post

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.