Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?

radiotv10by radiotv10
13/01/2022
in MU RWANDA
0
Kuki ubutaka bwahawe u Rwanda bumaze imyaka 30 budakoreshwa kandi buri ahari amafaranga?
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’u Rwanda ifite ubutaka burenga Hegitari 90 yahawe mu bihugu bitandukanye birimo uburi muri Kenya, Tanzania na Djibouti, gusa ntiburabyazwa umusaruro kubera impamvu zitandukanye n’ubwo ngo hari gutekerezwa uburyo bwakoreshwa.

Mu 1986, Leta ya Kenya yahaye iy’u Rwanda Hegitari 13 zihereeye ku cyambu cya Mombasa, mu 1987 Tanzania na yo iha u Rwanda Hegitari 18 naho muri 2014 Djibouti na yo iha u Rwanda Hegitari 60.

Ubu butaka bwose buherereye mu byanya by’ubucuruzi, kugeza ubu ntiburabyazwa umusaruro na Leta y’u Rwanda yabuhawe kubera imibanire myiza n’ibi Bihugu birimo ibyo mu karere.

Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe imicungire n’imikoreshereze y’ubutaka, Esperance Mukamana avuga ko ubukererwe bwo kubyaza umusaruro ubu butaka ari kimwe n’ubukererwe bw’ubutaka bwa Leta buri mu gihugu imbere.

Ati “Kugira ngo Leta ikore ibikorwa bitandukanye, haba hari ibyihutirwa. Icyo nababwira ni uko nk’uko ubutaka buri mu Gihugu tutahita tububyaza umusaruro icyarimwe na buriya ni ko bimeze.”

Esperance Mukamana avuga ko Leta y’u Rwanda itigeze yirengagiza ubu butaka yahawe na biriya Bihugu ndetse ko u Rwanda rwongera kubishimira kandi ko kububyaza umusururo biri mu nzira nubwo nta gihe runaka bizaba byakozwemo.

Ati “Ntabwo twavuga ngo twihaye imyaka ibiri cyangwa itatu kuko ubutaka ntaho bujya ariko nubwo ntaho bujya ntabwo bivuze ngo turabutereranye.”

Byibuze hagati y’imyaka 9 na 36, ni yo ubu butaka bumaze budakoreshwa, hashingiwe kubihe bitandukanye u Rwanda rwabuhawemo mu gihe umuturage wo mu Rwanda umaze imyaka 3 ikurikirana adakoresha ubutaka bwe, arabwamburwa bukajya mu biganza bya leta.

Itegeko rigenga ubutaka ryo muri 2013 riteganya ko ubutaka bwa Leta na bwo butabyazwa umusaruro buhabwa ababishoboye mu gihe cy’imyaka 5.

Leta y’u Rwanda iherutse kuvuga ko hari gutekerezwa uburyo bwo gukorana n’abikorera kugira ngo bakoreshe ubwo butaka mu buryo bw’ubucuruzi.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − seventeen =

Previous Post

Umugabo ariyemerera ko yicishije umwana we mu gihe umuhungu we akiriho

Next Post

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Kigali: Hatangijwe ibarura ry’abikingije COVID kugira ngo hamenyekana abanze gufata urwo Gushimangira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.