Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kuva ku mukarani, ukubura umuhanda, umuhinzi w’imiteja kugeza ku banyamahoteri- Inyungu za CHOGM zizagera kuri bose

radiotv10by radiotv10
04/05/2022
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Kuva ku mukarani, ukubura umuhanda, umuhinzi w’imiteja kugeza ku banyamahoteri- Inyungu za CHOGM zizagera kuri bose
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura ukwezi n’igice ngo u Rwanda rwakire Inama ya CHOGM itegerejwemo abantu babarirwa mu bihumbi bitanu, ikaba ibaye imwe mu nama zikomeye zizahuriramo abantu benshi zibaye ku Isi kuva icyorezo cya COVID-19 cyatanga agahenge aho yitezwemo inyungu nyinshi zizagera kuri benshi kugera no ku mukarani.

Byagarutsweho mu kiganiro Zinduka cyatambutse kuri Radio 10 mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Gicurasi 2022 cyari cyatumiwemo Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda n’umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku nama (RCB), Nelly Mukazayire.

Muri iki kiganiro cyagarutse ku nyungu u Rwanda rwiteze muri iyi nama, Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda avuga ko u Rwanda rufite byinshi ruzungukira muri iyi nama nko kuba iki Gihugu cy’Imisozi igihumbi kizarushaho kumenyekana mu ruhando mpuzamahanga.

Avuga kandi ko u Rwanda ruzarushaho kunguka amaboko n’ubufatanye bw’Ibihugu binyuranye byaba ibizitabira iyi nama n’ibindi.

Ati “Tuvuge nko mu rwego rw’amashuri, kubona amahirwe yo kujya kwiga mu Bihugu biri mu Muryango bishobora korohera abanyeshuri bacu, hari ubucuruzi n’ubuahirane n’ubutwererane, isoko rigizwe n’abantu miliyari 2,5 ku Isi ni ku rundi rwego.”

Nelly Mukazayire, umuyobozi w’ikigo gishinzwe guteza imbere ubukerarugendo bushingiye ku nama (RCB/Rwanda Convention Bureau) avuga ko u Rwanda rumaze kwakira inama zikomeye ku buryo n’iyi ya CHOGM izagenda neza.

Yagarutse ku ngero z’inama y’abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe [AU Summit] yabaye muri 2016 yitabiriwe n’abakuru b’Ibihugu na Guverinoma bagera muri 35 ndetse n’Ihuriro ry’Ubukuru izwi nka World Economic Forum ryabaye mu Rwnda muri 2016 ryitabiriwe n’Abakuru b’Ibihugu bagera muri 18.

Ati “Navuga ko tumaze kugira amahirwe yo kwakira inama zirimo abakuru b’Ibihugu zo ku rwego rukomeye gutyo, ari na byo bituma tugirirwa icyizere cyo cyo kuba twakwakira inama nk’izo.”

Nelly Mukazayire avuga ko muri uku kwakira inama nk’izi byagiye binasigira amasomo u Rwanda y’uburyo rwarushaho gutegura izi nama zikomeye.

Avuga ko by’umwihariko iyi ya CHOGM ije mu bihe bidasanzwe mu gihe Isi iri gusohoka mu cyorezo cya COVID-19 cyashegeshe Isi ndetse kikanahagarika ibikorwa nk’ibi by’inama zikomeye zahurizaga hamwe abantu benshi.

Ati “Ifite umwihariko y’uko ije tuvuye mu cyorezo cya COVID cyazahaje ubukungu cyane, ugereranyije ibyo bintu, ije ikenewe cyane, ije ije gufasha abanyarwa mu nzego zitandukanye, abantu ibihumbi bitanu cyangwa bitandatu kuba baje nyuma y’imyaka ibiri Isi yose ijegejwe n’icyorezo, ni ikintu cyiza ku Gihugu.”

 

Ukubura umuhanda n’umuhinzi w’ibijumba na bo bazarya kuri CHOGM

Nelly Mukazayire ukomeza agaragaza inyungu u Rwanda ruzakura muri iyi nama, avuga kandi ko aba bantu bose bagomba kuzagira aho bacumbika ndetse n’ibizabatunga kandi ko byose bizatangwa n’abikorera bo mu Rwanda.

Avuga kandi ko izo nyungu zitazagarukira ku bikorera bakomeye ahubwo ko bizagera no ku muturage wo hasi kuko abikorera bazatanga imisoro izavamo ibikorwa remezo bizagirira akamaro abaturarwanda bose.

Ati “Hari iyo suku, ari wa wundi ukubura ku muhanda, buriya uba umuhaye umurimo. Ihangamurimo iri mu kubasha kwitegura kwakira aba bantu rirahererekana rikagera kuri wa muhinzi uhinga ibijumba, n’imiteja n’ishyimbo tuzakenera mu kugaburira abo bashyitsi. Bimwongerera isoko ari butangeho bikanatanga n’iyo mirimo yose.”

Guverinoma y’u Rwanda kandi yashoye imari mu bikorwa byo kwitabira iyi nama, haba mu gusana imihanda ndetse no kubaka imishya n’ibindi bikorwa remezo binyuranye.

Nelly Mukazayire avuga ko kuba u Rwanda rwarashoye imari muri ibi bikorwa, hatahita hibazwa niba ibyo u Rwanda rwashoye ruzabigaruza.

Ati “Ibikorwa byose leta irimo gushyiramo imbaraga ni no ku nyungu z’abaturage, none se ugira ngo iriya mihanga nyuma ya CHOGM bazayijyana?, nitwe tuzakomeza kuyigendamo, none se amahoteli akoze neza, nyuma ya CHOGM, si twe tuzayatemberamo.”

Nelly Mukazayire avuga kandi ko uretse kuba Abaturarwanda bazakomeza gukoresha ibi bikorwa remezo, bizanarushaho kugaragaza neza isura y’u Rwanda ku buryo rwazanakomeza kugirirwa icyizere cyo kwakira inama zikomeye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × four =

Previous Post

Polisi yahagaritse uwari uvanye magendu muri DRC agiparika imodoka ahita abangira amaguru ingata

Next Post

APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

Related Posts

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

APR ikoze impanuka igiye mu mukino w’ishiraniro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.