Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2

radiotv10by radiotv10
03/04/2022
in MU RWANDA
0
Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura iminsi micye ngo Abanyarwanda n’Inshuti zabo binjire mu Cyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène atangaza ko ibikorwa byo Kwibuka aho bizabera hose bitagomba kujya bitinda ngo birenze amasaha 2.

Yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 03 Mata 2022 mu kiganiro yatanze kuri Televiziyo Rwanda, cyagarutse ku bikorwa biteganyijwe muri iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatitsi kizatangira tariki 07 Mata 2022.

Yavuze ko gutangiza icyumweru cyo Kwibuka bizabera ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ndetse no mu Midugudu yose itandukanye guhera saa tatu za mu gitondo.

Abaturage bazitabira iki gikorwa ku rwego rw’Umudugudu, bazahabwa ikiganiro cyamaze kugezwa mu Turere, ubundi bungurane ibirekerezo kuri icyo kiganiro ndetse n’imiterere y’aho batuye mu rwego rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ku isaaha ya saa sita z’amanywa kuri iyo tariki Indwi Mata, abaturage bose bazakurikira ubutumwa nyamukuru buzatambuka ku bitangazamakuru by’Igihugu, ubundi batahe.

Dr Bizimana Jean Damascène atangaza ko nta rugendo rwo Kwibuka [Walk to Remember] ruzabaho kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Yagize ati “Turacyari mu bihe bya COVID-19 kandi iyo abantu bagenda bari hamwe baba beranye byagorana. Twasanze uyu mwaka urugendo rwo kwibuka twarwihorera.”

Naho ijoro ry’ikiriyo ryo rizaba ariko na ryo rizabera kuri Radiyo na Televiziyo by’Igihugu.

Ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, bigiye kuba ku nshuro ya gatatu hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 cyatumye bimwe mu bikorwa byari bisanzwe bikorwa bihagarara cyangwa bigakorwa mu bundi buryo.

Minisitiri Bizimana Jean Damascène avuga uyu mwaka, igikorwa cyo kwibukira ku nzibutso n’ahiciwe abantu bizakorwa ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Ati “Kureba umubare w’abagomba kujya ahibukorwa, ukubahirizwa, gusiga umwanya hagati y’aho bicaye, izo ngamba zose.”

Dr Bizimana uvuga ko kuri uyu wa Mbere amabwiriza yanditse azagezwa ku nzego z’ibanze, yavuze ko ibikorwa byo kwibuka aho bizabera hose bitagomba gutinda.

Ati “Turatanga inama ko kitarenza amasaha abiri kuko kibaye kirekire cyane hazamo ibindi bibazo, hazamo ikibazo cy’ihungabana, hazamo ibibazo byo gutinda ugasanga bigize n’ingaruka ku buzima bw’abantu, ni ngombwa ko kitarenza amasaha abiri.”

Dr Bizimana kandi yaboneye kwibutsa abaturarwanda kuzitabira ibi bikorwa byo kwibuka ari na ko banirinda ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse bakanarwanya aho bayibona hose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 5 =

Previous Post

Lisansi yiyongereyeho 103Frw, Mazutu izamukaho 158 kandi Leta yatanze nkunganire ya Miliyari 6

Next Post

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze
IBYAMAMARE

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.