Thursday, January 1, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2

radiotv10by radiotv10
03/04/2022
in MU RWANDA
0
Kwibuka28: Ibikorwa biteganyijwe, Kwibukira ku nzibutso bizakorwa ariko ntibigomba kurenza amasaha 2
Share on FacebookShare on Twitter

Harabura iminsi micye ngo Abanyarwanda n’Inshuti zabo binjire mu Cyumweru cyahariwe Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi. Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène atangaza ko ibikorwa byo Kwibuka aho bizabera hose bitagomba kujya bitinda ngo birenze amasaha 2.

Yabivuze kuri iki Cyumweru tariki 03 Mata 2022 mu kiganiro yatanze kuri Televiziyo Rwanda, cyagarutse ku bikorwa biteganyijwe muri iki cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 28 Jenoside Yakorewe Abatitsi kizatangira tariki 07 Mata 2022.

Yavuze ko gutangiza icyumweru cyo Kwibuka bizabera ku Rwibutso rwa Kigali ku Gisozi ndetse no mu Midugudu yose itandukanye guhera saa tatu za mu gitondo.

Abaturage bazitabira iki gikorwa ku rwego rw’Umudugudu, bazahabwa ikiganiro cyamaze kugezwa mu Turere, ubundi bungurane ibirekerezo kuri icyo kiganiro ndetse n’imiterere y’aho batuye mu rwego rwo kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.

Ku isaaha ya saa sita z’amanywa kuri iyo tariki Indwi Mata, abaturage bose bazakurikira ubutumwa nyamukuru buzatambuka ku bitangazamakuru by’Igihugu, ubundi batahe.

Dr Bizimana Jean Damascène atangaza ko nta rugendo rwo Kwibuka [Walk to Remember] ruzabaho kubera ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Yagize ati “Turacyari mu bihe bya COVID-19 kandi iyo abantu bagenda bari hamwe baba beranye byagorana. Twasanze uyu mwaka urugendo rwo kwibuka twarwihorera.”

Naho ijoro ry’ikiriyo ryo rizaba ariko na ryo rizabera kuri Radiyo na Televiziyo by’Igihugu.

Ibikorwa byo Kwibuka Jenoside Yakorewe Abatutsi, bigiye kuba ku nshuro ya gatatu hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 cyatumye bimwe mu bikorwa byari bisanzwe bikorwa bihagarara cyangwa bigakorwa mu bundi buryo.

Minisitiri Bizimana Jean Damascène avuga uyu mwaka, igikorwa cyo kwibukira ku nzibutso n’ahiciwe abantu bizakorwa ariko bigakorwa hubahirizwa amabwiriza yo kwirinda COVID-19.

Ati “Kureba umubare w’abagomba kujya ahibukorwa, ukubahirizwa, gusiga umwanya hagati y’aho bicaye, izo ngamba zose.”

Dr Bizimana uvuga ko kuri uyu wa Mbere amabwiriza yanditse azagezwa ku nzego z’ibanze, yavuze ko ibikorwa byo kwibuka aho bizabera hose bitagomba gutinda.

Ati “Turatanga inama ko kitarenza amasaha abiri kuko kibaye kirekire cyane hazamo ibindi bibazo, hazamo ikibazo cy’ihungabana, hazamo ibibazo byo gutinda ugasanga bigize n’ingaruka ku buzima bw’abantu, ni ngombwa ko kitarenza amasaha abiri.”

Dr Bizimana kandi yaboneye kwibutsa abaturarwanda kuzitabira ibi bikorwa byo kwibuka ari na ko banirinda ingengabitekerezo ya Jenoside ndetse bakanarwanya aho bayibona hose.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Lisansi yiyongereyeho 103Frw, Mazutu izamukaho 158 kandi Leta yatanze nkunganire ya Miliyari 6

Next Post

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Related Posts

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka bikekwa ko yari yacitse feri,...

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

by radiotv10
01/01/2026
0

Mu butumwa busoza umwaka wa 2025, Perezida Paul Kagame yibukije Abanyarwanda ko uyu mwaka waranzwe n’urusobe rw’ibyiza n’ibitari byiza, ariko...

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

by radiotv10
01/01/2026
0

Feeling happy doesn’t always have to depend on what happens around you. Scientists say you can actually train your brain...

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Minisitiri Nduhungirehe yahishuye icyihishe inyuma y’ihagarikwa ry’uwari Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

by radiotv10
31/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, avuga ko ihagarikwa rya Général Major Sylvain Ekenge ku mwanya w’Umuvugizi w’Igisirikare...

Ibisobanuro by’umunyamategeko ukurikiranyweho gusambanya umwana arusha imyaka 59

Umunyamategeko waregwaga gusambanya umukobwa waburanye mu rubanza rwigeze kurangwa n’impaka yafatiwe icyemezo

by radiotv10
31/12/2025
0

Umunyamategeko wunganira abandi mu manza waburanishwaga n'Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku cyaha cyo gusambanya umwana w'umukobwa w'imyaka 15, yagihamijwe akatirwa...

IZIHERUKA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka
MU RWANDA

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

by radiotv10
01/01/2026
0

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

01/01/2026
Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

01/01/2026
12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

12 Simple Habits to Make Your Brain Happier Every Day

01/01/2026
Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

Ubutumwa bw’impanuro bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye Pamella umugore wa The Ben

31/12/2025
Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

31/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Isengesho rya Muhoozi ku Rwanda n Uganda yise iwabo hombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Habaye impanuka idasanzwe muri Kigali ku munsi wa mbere w’umwaka

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ahazaza dukwiriye harashoboka- Perezida Kagame yageneye Abanyarwanda ubutumwa busoza 2025 buzanabaherekeza muri 2026

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.