Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29: Abahoze ari abashoferi ba Leta bibutse bagenera ubutumwa abapfobya Jenoside
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyamuryango n’ubuyobozi bwa Koperatice CODACE y’abahoze ari abashoferi ba Leta, bavuga ko igihe cyo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ari umwanya wo kuzirikana ibyabaye no guharanira ko bitazongera ukundi, no guha ubutumwa abayipfobya ko imigambi yabo itazagira aho ibageza.

Byagarutsweho kuri iki Cyumweru tariki 21 Gicurasi ubwo ubuyobozi n’abanyamuryango b’iyi Koperative ya CODACE bakoraga igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, cyaranzwe n’igikorwa cyo gusura Urwibutso rwa Kigali ruri ku Gisozi, ruruhukiyemo inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 zishwe muri Jenoside.

Bamwe mu banyamuryango b’iyi Koperative bavuga ko uyu ari umwanya wo gusubiza amaso inyuma bagaharanira icyatuma ibyabaye bitazongera kubaho ukundi.

Rutayisire Rose “Iki gikorwa cyadushimishije cyane nk’abacitse ku cumu rya Jenoside, cyadusubijemo ibyishimo kiturinda kwiheba no kwigunga kuko hano kuri uru Rwibutso rwa Gisozi mpafite abavandimwe banjye, kuba rero CODACE yamfashije kuza kubibuka ndetse n’abandi bahashyinguye ni igikorwa gikomeye cyane.”

Akomeza avuga ko nubwo Jenoside yamusigiye ingaruka zikomeye, ariko ataheranywe n’agahinda kuko yaharaniye kubaho kandi neza nkuko Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda itahwemye kubikangurira Abanyarwanda.

Ati “Abatwiciye bakadutwikira n’amazu bari bazi ko birangiye, ariko ubu mfite inzu yannjye, mfite n’imodoka yannjye n’abana nabashije kubarihira bariga. Ibyo byose byavuye mu kwiyubaka kandi ndabikesha Leta y’ubumwe.”

Muhumuza Iddi, na we ni umwe mu banyamuryango ba CODACE avuga ko Kwibuka Jenoside bibaha gutekereza ku byahise bityo bagafata ingamba zo guharanira icyatuma hatongera kuba amacakubiri.

Ygize ati “Kwibuka biduha gutekereza ku byahise bikaduha kwibuka uko u Rwanda twarusanze kuko njye nari umwe mu Nkotanyi. Kwibuka aho u Rwanda rwari ruri muri kiriya gihe nkongera nkareba aho rugeze rwiyubaka mu iterambere n’ibindi byinshi, bimpa rero kwibuka umuvu w’amaraso watembaga mu 1994. Ibyo byose bimpa kumenya agaciro ko kwibuka n’uko bifasha buri Munyarwanda.”

Umuyobozi wa Koperative CODACE, Nkusi Assier avuga ko abahakana n’abapfobya Jenoside yakorewe Abatusti bakwiye kubihagarika kuko ntacyo bizabagezaho.

Yagize ati “Abapfobya Jenoside bo nibasubize amerwe mu isaho kuko nta gihe batayipfobeje ariko bamenye ko kuyipfobya no kuyihakana bitazigera bibaha imbaraga zo kugira icyo bageraho kandi bibuke ko n’abayihagaritse ntaho bagiye baracyahari, rero nemera ntashidikanya ko uhakana n’upfobya, umugambi wabo utazagerwaho.”

Mu rugamba rwo kwiyubaka no kwiteza imbere, Assier avuga ko bageze kuri byinshi bafatanyije nk’abanyamuryango, bahuje amateka kuko bamwe muri bo bari mu ngabo zahoze ari iza RPA, zabohoye u Rwanda zikanahagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.

Utetiwabo Christine ahagarariye Ibuka mu Murenge wa Kanombe, avuga ko kwibuka kuri iyi nshuro ari ibyagaciro kwifatanya na CODACE kuko bamwe muri bo bari mu ngabo zabohoye Igihugu.

Yagize ati “kwifatanya na codace muri iki gikorwa cyo kwibuka ni iby’agaciro gakomeye kuri twe nk’abacitse ku icumu cyane ko CODACE igizwe n’abanyamuryango bari Inkotanyi ari nazo zagize uruhare mu kubohora iki Gihugu, zikarokora Abatutsi bicwaga zikanasubiza Igihugu kongera kubaho.”

CODACE ni Koperatice igizwe n’abanyamuryango basaga mirongo inani (80) bahoze ari abashoferi ba Leta, bamaze gusezererwa ubwo hashyirwagaho ikiswe zero sharuwa, bakishyira hamwe bagashinga iyi Koperative igamije gutwara abantu mu modoka ntoya.

Basuye Urwibutso rwa Kigali
Bunamira inzirakarengane ziharuhukiye
Habayeho n’umwanya wo gutanga ubuhamya

Muhumuza Iddi
Nkusi Assier yibukije abahakana n’abapfobya Jenoside ko ntacyo bazageraho
Utetiwabo Christine

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + 5 =

Previous Post

Kamonyi: Ahakomeje gutwara ubuzima bw’abantu hatumye abaturage bagenera ubuyobozi ubutumwa bukomeye

Next Post

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

by radiotv10
30/01/2026
0

Ubushakashatsi bw’Umuryango urwanya ruswa n’akarengane, Transparency International Rwanda, bwakorewe mu mashuri makuru na za kaminuza, bwagaragaje ko abantu 8% batanze...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda
MU RWANDA

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Hatahuwe inzoga y’inkorano ifite izina ridasanzwe ivugwaho gukoresha amahano abayinywa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.