Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko mu gihe nk’iki Isi yinjiye mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango mpuzamahanga ukwiye kwigaya kuba ntacyo wakoze mu gutabara abariho bicwa.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi yose binjiye mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umunsi urangwa n’ibikorwa binyuranye birimo gutangiza iki cyumweru ndetse no gucana urumuri rw’icyizere rumara iminsi ijana yo kwibuka, ndetse n’ubutumwa butangwa n’Imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye n’abantu ku giti cyabo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres watanze ubutumwa kuri uyu munsi, bwagenewe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, yagarutse ku byo Isi ikwiye kuzirikana.

António Guterres yavuze ko muri iki gihe Isi yibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, hakwiye no kuzirikanwa ku mateka yayo ndetse n’imbaraga nke zaranze umuryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Turibuka dufite ipfunwe ryo gutsindwa k’Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko abariho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakwiye guha umurongo ikiragano gishya cy’abavutse nyuma yayo ndetse n’abazavuka mu myaka iri imbere.

Ati “Abariho mu gihe cya Jenoside ntiduteze kwibagirwa ibyabaye, kugira ngo dufashe abazavuka nyuma ya Jenoside guhora bibuka, uburyo imbwirwaruhame z’urwangano ari zo mbarutso ikomeye ya Jenoside n’ibyaha biremeye kurusha ibindi.”

António Guterres yakomeje avuga ko imvugo zihembera zikanenyegeza urwango, zikwiye kwamaganwa muri iki gihe, mu rwego rwo “gukumira Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara n’ibindi byaha bihonyora uburenganzira bwa munu ku Isi, kandi bikaba inshingano za buri wese.”

Yaboneyeho gusaba Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye guhuza imbaraga mu kurwanya ibikorwa by’ihohoterwa bikigaragara ndetse n’urwango.

António Guterres kandi yahamagariye Isi yose kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, no kurushimira uburyo ubu ari Igihugu kirangwa n’ubusugire, gitekanye, cyubahiriza ubutabera ndetse kinubaha ihame ry’uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × five =

Previous Post

Ukoresha Twitter cyane uregwa icyaha cyihariye yabwiye Urukiko ikintu gikomeye

Next Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.