Wednesday, January 28, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko mu gihe nk’iki Isi yinjiye mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango mpuzamahanga ukwiye kwigaya kuba ntacyo wakoze mu gutabara abariho bicwa.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi yose binjiye mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umunsi urangwa n’ibikorwa binyuranye birimo gutangiza iki cyumweru ndetse no gucana urumuri rw’icyizere rumara iminsi ijana yo kwibuka, ndetse n’ubutumwa butangwa n’Imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye n’abantu ku giti cyabo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres watanze ubutumwa kuri uyu munsi, bwagenewe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, yagarutse ku byo Isi ikwiye kuzirikana.

António Guterres yavuze ko muri iki gihe Isi yibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, hakwiye no kuzirikanwa ku mateka yayo ndetse n’imbaraga nke zaranze umuryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Turibuka dufite ipfunwe ryo gutsindwa k’Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko abariho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakwiye guha umurongo ikiragano gishya cy’abavutse nyuma yayo ndetse n’abazavuka mu myaka iri imbere.

Ati “Abariho mu gihe cya Jenoside ntiduteze kwibagirwa ibyabaye, kugira ngo dufashe abazavuka nyuma ya Jenoside guhora bibuka, uburyo imbwirwaruhame z’urwangano ari zo mbarutso ikomeye ya Jenoside n’ibyaha biremeye kurusha ibindi.”

António Guterres yakomeje avuga ko imvugo zihembera zikanenyegeza urwango, zikwiye kwamaganwa muri iki gihe, mu rwego rwo “gukumira Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara n’ibindi byaha bihonyora uburenganzira bwa munu ku Isi, kandi bikaba inshingano za buri wese.”

Yaboneyeho gusaba Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye guhuza imbaraga mu kurwanya ibikorwa by’ihohoterwa bikigaragara ndetse n’urwango.

António Guterres kandi yahamagariye Isi yose kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, no kurushimira uburyo ubu ari Igihugu kirangwa n’ubusugire, gitekanye, cyubahiriza ubutabera ndetse kinubaha ihame ry’uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + 4 =

Previous Post

Ukoresha Twitter cyane uregwa icyaha cyihariye yabwiye Urukiko ikintu gikomeye

Next Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Related Posts

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yakiriye mu Biro bye, abarimo Prof. Dong-Sup Yoon usanzwe ari Perezida wa Yonsei University, Kaminuza yo muri...

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi
IMYIDAGADURO

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

27/01/2026
Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Inama zikomeje kugirwa ukizamuka mu gukoresha imbuga nkoranyambaga washyizeho ubutumwa bwumvikanamo ubwishongozi

Perezida Kagame yakiriye abarimo Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’ubukombe muri Korea y’Epfo

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.