Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi

radiotv10by radiotv10
07/04/2023
in MU RWANDA
0
Kwibuka29: Umuryango mpuzamahanga wongeye kwemera ko watsinzwe ugatererana Abatutsi
Share on FacebookShare on Twitter

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yavuze ko mu gihe nk’iki Isi yinjiye mu cyumweru cyo Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside Yakorewe Abatutsi, umuryango mpuzamahanga ukwiye kwigaya kuba ntacyo wakoze mu gutabara abariho bicwa.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Mata 2023, u Rwanda n’Isi yose binjiye mu cyumweru cyahariwe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ni umunsi urangwa n’ibikorwa binyuranye birimo gutangiza iki cyumweru ndetse no gucana urumuri rw’icyizere rumara iminsi ijana yo kwibuka, ndetse n’ubutumwa butangwa n’Imiryango mpuzamahanga n’Ibihugu binyuranye n’abantu ku giti cyabo.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres watanze ubutumwa kuri uyu munsi, bwagenewe Kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, yagarutse ku byo Isi ikwiye kuzirikana.

António Guterres yavuze ko muri iki gihe Isi yibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi, hakwiye no kuzirikanwa ku mateka yayo ndetse n’imbaraga nke zaranze umuryango mpuzamahanga.

Yagize ati “Turibuka dufite ipfunwe ryo gutsindwa k’Umuryango Mpuzamahanga.”

Yakomeje avuga ko abariho mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi, bakwiye guha umurongo ikiragano gishya cy’abavutse nyuma yayo ndetse n’abazavuka mu myaka iri imbere.

Ati “Abariho mu gihe cya Jenoside ntiduteze kwibagirwa ibyabaye, kugira ngo dufashe abazavuka nyuma ya Jenoside guhora bibuka, uburyo imbwirwaruhame z’urwangano ari zo mbarutso ikomeye ya Jenoside n’ibyaha biremeye kurusha ibindi.”

António Guterres yakomeje avuga ko imvugo zihembera zikanenyegeza urwango, zikwiye kwamaganwa muri iki gihe, mu rwego rwo “gukumira Jenoside, ibyaha byibasiye inyokomuntu, ibyaha by’intambara n’ibindi byaha bihonyora uburenganzira bwa munu ku Isi, kandi bikaba inshingano za buri wese.”

Yaboneyeho gusaba Ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye guhuza imbaraga mu kurwanya ibikorwa by’ihohoterwa bikigaragara ndetse n’urwango.

António Guterres kandi yahamagariye Isi yose kwifatanya n’u Rwanda muri ibi bihe byo kwibuka inzirakarengane zishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, no kurushimira uburyo ubu ari Igihugu kirangwa n’ubusugire, gitekanye, cyubahiriza ubutabera ndetse kinubaha ihame ry’uburenganzira bwa muntu.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 + three =

Previous Post

Ukoresha Twitter cyane uregwa icyaha cyihariye yabwiye Urukiko ikintu gikomeye

Next Post

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Kwibuka29: Perezida Kagame na Madamu bunamiye inzirakarengane banacana Urumuri rw’Icyizere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.