• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

LONI yavuze icyo ubona mu kuba Perezida Kagame na Tshisekedi bagiye kongera kuganira

radiotv10by radiotv10
10/12/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
AMAKURU AGEZWEHO: U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku biganiro bigiye guhuza Perezida Kagame na Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Bintou Keita uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze ko kuba hagiye kuba inama izahuza Abakuru b’Ibihugu by’u Rwanda, DRC na Angola, ari intambwe ishimije mu gushakira amahoro Uburasirazuba bwa Congo.

Bintou Keita atangaje ibi habura iminsi ibarirwa ku ntoki, ngo Perezida Paul Kagame w’u Rwanda, ahurire mu biganiro na mugenzi we Félix Tshisekedi wa DRC mu biganiro by’i Luanda muri Angola, bizaba ku Cyumweru tariki 15 Ukuboza 2024 biyobowe na mugenzi wabo João Manuel Gonçalves Lourenço wahawe inshingano z’ubuhuza.

Ubwo Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Amahoro n’Umutekano, kamurikirwaga raporo y’ubutumwa bw’uyu Muryango muri DRC, Bintou Keita yashimangiye ko uyu Muryango ushyigikiye inzira ziri kwifashishwa mu gushaka amahoro muri Congo.

Yagize ati “Angola, nshimira kuba Intumwa Yungirije Ihora muri UN, Mateus Luemba ari hano akaba yanatangaje inama y’Abakuru b’Ibihugu bya DRC n’u Rwanda izaba tariki 15 Ukuboza i Luanda, ni amahirwe agaragaza intambwe ishimishije yatewe mu gushakira amahoro mu burasirazuba bwa DRC no mu karere.”

Yakomeje agira ati “Ndashimira umuhuza Angola ku bw’imbaraga yashyize mu gushyira mu bikorwa inshingano ze zishyigikiwe n’Umuryango w’Abibumbye.”

Bintou Keita kandi yashimiye Urwego rwa Gisirikare ruhuriweho ruzwi nka MVA-R (mécanisme de vérification ad-hoc renforcé) rufite inshingano zo kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge ko guhagarika imirwano kahawe impande zihanganye mu burasirazuba bwa DRC, aho uru rwego rwatangijwe i Goma tariki 05 Ugushyingo 2024, mu gikorwa kitabiriwe na ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Rwanda na Congo, Amb. Olivier Nduhungirehe na Thérèse Kayikwamba Wagner.

Uyu uhagarariye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye muri DRC, yavuze ko uru rwego ruje kunganira ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu burasirazuba bwa DRC (MONUSCO).

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − 3 =

Previous Post

Menya igihano cyahawe Umunya-Cameroon wahamijwe gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ikizakorwa natacyubahiriza

Next Post

Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe

Abasirikare ba FARDC bafatiwe ku rugamba na M23 bahishuye misiyo bari bahawe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.