Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR, uravugwaho kuba ugiye gufata agace ka Pinga ko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, gashobora gutuma ufata uduce two mu zindi Ntara.

Uyu mutwe wa M23 kandi ukomeje gufata ibindi bice byo muri Teritwari ya Walikare muri iyi Ntara ya Kivu ya Ruguru, bigenda byegera izindi Ntara.

Ishyirahamwe rya ANVC (Association Nationale des Victimes du Congo), kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024, ryatanze impuruza risaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira icyo ikora igakumira ko uyu mutwe wa M23 ugera mu gace ka Pinga.

Umuhuzabikorwa wa ANVC mu Ntara ya Kivu ya Rupuru, Sadiki Mukobya yatangaje ko bafite impungenge nyinshi ko uyu mutwe wafata aka gace.

Yagize ati “Turasaba Guverinoma gutangiza byihuse ibikorwa byo kurinda abasivile, ndetse no kurinda ubusugire bwa Teritwari yacu.”

Abo mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko M23 iramutse ifashe agace ka Pinga ikakagenzura, byayorohera gufata izindi Ntara zihana imbibi na Kivu ya Ruguru, nka Tshopo na Ituri.

Muri iki cyumweru, umutwe wa M23 wagaragaje impungenge utewe n’ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje gukorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe yiyunze kuri iki gisirikare cya Leta ya Kinshasa.

Uyu mutwe kandi wongeye kwikoma ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye MONUSCO, na zo zakunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha FARDC n’imitwe irimo FDLR mu bikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kuri uyu wa Kabiri, M23 yasabye MONUSCO guhagarika gukoresha indege zitagira abapilote muri ubu bufasha iha ubufatanye burimo n’imitwe y’iterabwoba, inayisaba guhagarika iyi mikoranire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 − three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Next Post

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko
MU RWANDA

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

02/12/2025
Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.