Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura

radiotv10by radiotv10
30/10/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 irasatira gufata agace gashobora gutuma ibintu bihindura isura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC ifatanyije n’imitwe irimo FDLR, uravugwaho kuba ugiye gufata agace ka Pinga ko mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, gashobora gutuma ufata uduce two mu zindi Ntara.

Uyu mutwe wa M23 kandi ukomeje gufata ibindi bice byo muri Teritwari ya Walikare muri iyi Ntara ya Kivu ya Ruguru, bigenda byegera izindi Ntara.

Ishyirahamwe rya ANVC (Association Nationale des Victimes du Congo), kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Ukwakira 2024, ryatanze impuruza risaba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira icyo ikora igakumira ko uyu mutwe wa M23 ugera mu gace ka Pinga.

Umuhuzabikorwa wa ANVC mu Ntara ya Kivu ya Rupuru, Sadiki Mukobya yatangaje ko bafite impungenge nyinshi ko uyu mutwe wafata aka gace.

Yagize ati “Turasaba Guverinoma gutangiza byihuse ibikorwa byo kurinda abasivile, ndetse no kurinda ubusugire bwa Teritwari yacu.”

Abo mu miryango iharanira uburenganzira bwa muntu, bavuga ko M23 iramutse ifashe agace ka Pinga ikakagenzura, byayorohera gufata izindi Ntara zihana imbibi na Kivu ya Ruguru, nka Tshopo na Ituri.

Muri iki cyumweru, umutwe wa M23 wagaragaje impungenge utewe n’ibikorwa byo guhonyora uburenganzira bwa muntu bikomeje gukorwa na FARDC ifatanyije n’imitwe yiyunze kuri iki gisirikare cya Leta ya Kinshasa.

Uyu mutwe kandi wongeye kwikoma ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye MONUSCO, na zo zakunze kugaragara mu bikorwa byo gufasha FARDC n’imitwe irimo FDLR mu bikorwa bibangamira Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda bo mu bwoko bw’Abatutsi.

Kuri uyu wa Kabiri, M23 yasabye MONUSCO guhagarika gukoresha indege zitagira abapilote muri ubu bufasha iha ubufatanye burimo n’imitwe y’iterabwoba, inayisaba guhagarika iyi mikoranire.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × three =

Previous Post

Amakuru agezweho ku mutoza ushobora gusimbura Ten Hag muri Manchester United

Next Post

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Related Posts

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

Former DRC Prime Minister says the Country has never experienced worse Governance than now

by radiotv10
29/01/2026
0

Matata Ponyo Mapon, a politician who held top positions in the Democratic Republic of Congo (DRC), including Prime Minister, said,...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

Eng.-AFC/M23 Provided Aid Warmly Welcomed by Victims of the Recent Fire

by radiotv10
29/01/2026
0

The Local Authorities of the North Kivu, appointed by the AFC/M23 coalition, provided assistance to people that were affected by...

IZIHERUKA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce
MU RWANDA

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Espagne: Hashyizweho amabwiriza nyuma y’umwuzure udasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

MINEDUC and MTN Rwanda partner to strengthen digital skills for Rwanda’s Workforce

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.