Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), uravugwaho kuba uri kugenzura undi mupaka uhuza DRC na Uganda.

Ni umupaka wa Kitagoma uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, uru kugenzurwa na M23 kuva kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022.

Radio Okapi dukesha aya makuru, ivuga ko Umutwe wa M23 wakozanyijeho na FARDC mu mirwano yamaze amasaha ari hagati y’umunani n’icyenda mu duce twa Bikenge na Shangi, muri Gurupoma ya Bweza, muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uyu mupaka wa Kitagoma uri mu Bilometero 20 uvuye mu Mujyi wa Bunagana na wo ubu ugenzurwa n’uyu mutwe wa M23.

M23 kandi kuri uyu wa mbere, wafunguye umupaka wa Bunagana uhuza DRC na Uganda, uha ikaze abaturage bari barahungiye muri Uganda.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma wafunguye ku mugaragaro uyu mupaka wa Bunagana, yavuze ko bifuza ko abaturage bahunze batahuka, bagakomeza ibikorwa byabo ndetse n’abana bagasubira ku ishuri.

Maj Willy Ngoma wanemeje kuba bafashe uyu mupaka wa Kitagoma uherereye muri Gurupoma ya Binza muri Teritwari ya Rutschuru, yavuze ko bifuza gukomeza gukaza ubwirinzi bwabo.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, mu gihe inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena yemeje ko imitwe yitwaje intwaro yose, iva mu bice iri kugenzura.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi, Evariste Ndayishimiye, Yoweri Museveni, Salva Kiir na Uhuru Kenyatta, yanatsindagiye icyemezo cyo kohereza muri DRC itsinda ry’Ingabo rihuriweho ryo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × 4 =

Previous Post

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Next Post

Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

by radiotv10
27/01/2026
0

President Paul Kagame and First Lady Jeannette Kagame hosted international philanthropists Bill and Joyce Cummings, along with key actors in...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

IZIHERUKA

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe
Uncategorized

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

by radiotv10
27/01/2026
0

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

27/01/2026
Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Eng.-President Kagame and First Lady host International Philanthropists

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.