Wednesday, December 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9

radiotv10by radiotv10
21/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 iravugwaho kugenzura undi mupaka nyuma y’imirwano na FARDC yamaze amasaha 9
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), uravugwaho kuba uri kugenzura undi mupaka uhuza DRC na Uganda.

Ni umupaka wa Kitagoma uhuza Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na Uganda, uru kugenzurwa na M23 kuva kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022.

Radio Okapi dukesha aya makuru, ivuga ko Umutwe wa M23 wakozanyijeho na FARDC mu mirwano yamaze amasaha ari hagati y’umunani n’icyenda mu duce twa Bikenge na Shangi, muri Gurupoma ya Bweza, muri Teritwari ya Rutshuru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Uyu mupaka wa Kitagoma uri mu Bilometero 20 uvuye mu Mujyi wa Bunagana na wo ubu ugenzurwa n’uyu mutwe wa M23.

M23 kandi kuri uyu wa mbere, wafunguye umupaka wa Bunagana uhuza DRC na Uganda, uha ikaze abaturage bari barahungiye muri Uganda.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma wafunguye ku mugaragaro uyu mupaka wa Bunagana, yavuze ko bifuza ko abaturage bahunze batahuka, bagakomeza ibikorwa byabo ndetse n’abana bagasubira ku ishuri.

Maj Willy Ngoma wanemeje kuba bafashe uyu mupaka wa Kitagoma uherereye muri Gurupoma ya Binza muri Teritwari ya Rutschuru, yavuze ko bifuza gukomeza gukaza ubwirinzi bwabo.

Uyu mutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC, mu gihe inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena yemeje ko imitwe yitwaje intwaro yose, iva mu bice iri kugenzura.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame, Felix Tshisekedi, Evariste Ndayishimiye, Yoweri Museveni, Salva Kiir na Uhuru Kenyatta, yanatsindagiye icyemezo cyo kohereza muri DRC itsinda ry’Ingabo rihuriweho ryo kurandura imitwe yitwaje intwaro irimo n’uyu wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

IFOTO: Umumotari yarangaje benshi, yerekana ko CHOGM yayiteguye

Next Post

Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Andi makuru ku myanzuro y’Aperezida ba EAC: RDF ntiri mu ngabo zizajya muri Congo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.