Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry’igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko nyuma yuko Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) n’iza SADC (SAMIDRC) zikomeje kwanga kwitandukanya n’uruhande rwa FARDC n’imitwe nka FDLR, wafashe icyemezo cyo kubohoza umujyi wa Goma kuko wakomeje kumva amajwi menshi y’abawutuye basaba kubohorwa.

Bikubiye mu itangazo ry’igitaraganya ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mutarama 2025 n’ubuyobozi bw’uyu mutwe umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo uwa FDLR.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka; rivuga ko iri Huriro ribona ko ingabo za SAMIDRC n’iza MONUSCO zikomeje kwinangira ku guhagarika uruhare rwazo mu ntambara imaze igihe ihanganishije uyu mutwe wa M23 n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Iri tangazo rikagira riti “Turashimangira ko uruhare urwo ari rwo rwose yaba uruziguye n’urutaziguye rw’inkunga y’ingabo za UN n’iza SADC mu bibazo biri kuba, bizatuma umuryango wacu ukoresha uburenganzira butayegayezwa bwo kwirwanaho.”

Uyu mutwe kandi wibukije ko mu itangazo wari washyize hanze hirya y’ejo hashize, ku ya 22 Mutarama 2025 wari wasabye ingabo za SAMIDRC n’iza MONUSCO kwitandukanya n’ubu bufatanye bw’uruhande rwa Leta ya Kinshasa rurimo n’imitwe y’iterabwoba.

Uti “Nubwo byari byasobanuwe bihagije, kuri uyu wa 23 Mutarama 2025, MONUSCO yabirenzeho ihitamo gukorana mu bya gisirikare n’imitwe y’abajenosideri mu rugamba. Iyi mikoranire itemewe ntirenga gusa ku masezerano mpuzamahanga yo kutagaba ibitero ku basivile, ahubwo yanagize uruhare mu bitero byagabwe mu bice bituwemo n’abaturage no mu birindiro bya AFC/M23, byagize ingaruka ku basivile batagira ingano.”

M23 yakomeje igira iti “Ihuriro AFC/M23 riramenyesha ko ridashobora kwihanganira akaga gakomeje kuba ku baturage ba Goma. Twumvise bataka basaba kubohorwa n’amahoro. Ku bw’ibyo turasaba Abanyekongo gukomeza kwihangana kandi bagategereza kwakira AFC/M23 yiteguye kuzana amahoro n’ituze mu karere.”

Iri tangazo rigasoza rigira riti “Turi kugana imbere tujya kubohoza abavandimwe bacu muri Goma no kugarura umutekano n’ituze mu Banyekongo.”

Ibi bitangajwe nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, uyu mutwe wa M23 wanabohoje umujyi wa Sake uri mu bilometero 25 uvuye i Goma, byanatumye bamwe mu batuye muri uyu mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru wa Kivu ya Ruguru, batangira kuzinga utwangushye bahungira mu Rwanda, bahunga imirwano ishobora kubera muri uyu mujyi uhana imbibi n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − 17 =

Previous Post

Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi

Next Post

Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Related Posts

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu muhanda wa Goma-Rutshuru werecyeza muri Pariki y’Igihugu ya Virunga, abarwanyi b’umutwe wa AFC/M23 baguye mu gico cy’inyeshyamba za Wazalendo...

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

by radiotv10
26/12/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump; yatangaje ko nk’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’iki Gihugu, yagabye igitero simusiga ku...

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

by radiotv10
26/12/2025
0

The President of the United States of America, Donald Trump, has confirmed that, in his capacity as Commander-in-Chief of the...

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

by radiotv10
26/12/2025
0

Umusirikare ufite ipeti rya Lieutenant Colonel mu gisirikare cy’u Burundi uherutse kurasirwa ku rugamba rwo guhangana na AFC/M23, byamenyekanye ko...

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

by radiotv10
25/12/2025
0

Muri Nigeria, igisasu cyaturikiye mu musigiti uherereye mu mujyi wa Maiduguri, muri Leta ya Borno, gihitana abantu batanu, abandi 35...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.