Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: M23 isohoye itangazo ry’igitaraganya ku kubohoza umujyi wa Goma

radiotv10by radiotv10
05/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko nyuma yuko Ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) n’iza SADC (SAMIDRC) zikomeje kwanga kwitandukanya n’uruhande rwa FARDC n’imitwe nka FDLR, wafashe icyemezo cyo kubohoza umujyi wa Goma kuko wakomeje kumva amajwi menshi y’abawutuye basaba kubohorwa.

Bikubiye mu itangazo ry’igitaraganya ryashyizwe hanze kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Mutarama 2025 n’ubuyobozi bw’uyu mutwe umaze igihe uhanganye n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo uwa FDLR.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka; rivuga ko iri Huriro ribona ko ingabo za SAMIDRC n’iza MONUSCO zikomeje kwinangira ku guhagarika uruhare rwazo mu ntambara imaze igihe ihanganishije uyu mutwe wa M23 n’uruhande rwa Leta ya Kinshasa.

Iri tangazo rikagira riti “Turashimangira ko uruhare urwo ari rwo rwose yaba uruziguye n’urutaziguye rw’inkunga y’ingabo za UN n’iza SADC mu bibazo biri kuba, bizatuma umuryango wacu ukoresha uburenganzira butayegayezwa bwo kwirwanaho.”

Uyu mutwe kandi wibukije ko mu itangazo wari washyize hanze hirya y’ejo hashize, ku ya 22 Mutarama 2025 wari wasabye ingabo za SAMIDRC n’iza MONUSCO kwitandukanya n’ubu bufatanye bw’uruhande rwa Leta ya Kinshasa rurimo n’imitwe y’iterabwoba.

Uti “Nubwo byari byasobanuwe bihagije, kuri uyu wa 23 Mutarama 2025, MONUSCO yabirenzeho ihitamo gukorana mu bya gisirikare n’imitwe y’abajenosideri mu rugamba. Iyi mikoranire itemewe ntirenga gusa ku masezerano mpuzamahanga yo kutagaba ibitero ku basivile, ahubwo yanagize uruhare mu bitero byagabwe mu bice bituwemo n’abaturage no mu birindiro bya AFC/M23, byagize ingaruka ku basivile batagira ingano.”

M23 yakomeje igira iti “Ihuriro AFC/M23 riramenyesha ko ridashobora kwihanganira akaga gakomeje kuba ku baturage ba Goma. Twumvise bataka basaba kubohorwa n’amahoro. Ku bw’ibyo turasaba Abanyekongo gukomeza kwihangana kandi bagategereza kwakira AFC/M23 yiteguye kuzana amahoro n’ituze mu karere.”

Iri tangazo rigasoza rigira riti “Turi kugana imbere tujya kubohoza abavandimwe bacu muri Goma no kugarura umutekano n’ituze mu Banyekongo.”

Ibi bitangajwe nyuma yuko kuri uyu wa Kane tariki 23 Mutarama 2025, uyu mutwe wa M23 wanabohoje umujyi wa Sake uri mu bilometero 25 uvuye i Goma, byanatumye bamwe mu batuye muri uyu mujyi ufatwa nk’umurwa mukuru wa Kivu ya Ruguru, batangira kuzinga utwangushye bahungira mu Rwanda, bahunga imirwano ishobora kubera muri uyu mujyi uhana imbibi n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × four =

Previous Post

Inkuru ibabaje yerecyeye umunyeshuri wa Kaminuza y’u Rwanda wari wajyanye n’abandi koga mu kidendezi cy’amazi

Next Post

Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Related Posts

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

Habayeho kurasana gukomeye hagati ya FARDC n’inyeshyamba z’umutwe umwe muri Congo

by radiotv10
12/01/2026
0

Umutwe w'inyeshyamba uzwi nka Bakata Katanga wakozanyijeho n'igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), mu mirwano yabereye mu gace...

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

America yahawe umuburo n’Igihugu iherutse na yo gukanga

by radiotv10
12/01/2026
0

Mu gihe imyigaragambyo ikomeje kuba hirya no hino muri Iran yinjiraga mu cyumweru cya gatatu, Tehran yatanze umuburo ko izihorera...

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

IZIHERUKA

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo
FOOTBALL

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Hamenyekanye uko amakipe azahura muri 1/8 cy’Igikombe cy’Amahoro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.