Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe ikibuga cy’Indege cya Kavumu kiri mu bilometero bikabakaba 30 werecyeza mu Mujyi wa Bukavu, umaze iminsi ugarukwaho n’uyu mutwe ko wifuza kujya gukugura ku ngohi abahatuye bamaze iminsi barira ayo kwarika kubera ibyo bakorerwa na FARDC n’abayifasha.

Iki kibuga cy’Indege cya Kavumu cyafashwe n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wawo, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka yagize ati “Nk’uko twakomeje kubivuga inshuro nyinshi, twamaze kwamurura umwanzi aho yari ashinze imizi. Ikibuga cy’Indege cya Kavumu cyari giteje akaga abaturage b’Abasivile bo mu bice byabohojwe n’ibirindiro byacu. Kavumu no mu bice bihakikije birimo Ikibuga cy’Indege, ubu biragenzurwa na AFC/M23.”

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko werecyeje amaso ku gufata iki Kibuga cy’Indege cya Kavumu, cyifashishwaga n’uruhande bahanganye mu gutegura ibitero byari bimaze iminsi byibasira abaturage, birimo n’iby’indege nk’icyabaye ku munsi w’ejo hashize tariki 13 Gashyantare mu gace ka Kalehe cyahitanye abaturage 10 kigakomeretsa abandi 25.

Iki kibuga cy’indege cya Kavumu giherereye mu bilometero 25 ugana mu mujyi wa Bukavu, gifashwe na M23 nyuma y’iminsi uyu mutwe uvuga ko ukomeje kumva amajwi y’abaturage bo muri uyu Murwa Mukuru wa Kivu y’Epfo, bataka akarengane bakomeje gukorerwa n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi.

Uyu mutwe wa M23, kandi wavuze ko utakomeza kwihanganira kumva hakorwa ayo marorerwa, ahubwo ko uzatabara aba baturage bo mu Mujyi wa Bukavu.

Ikibuga cy’Indege cya Kavumu ubu cyamaze kugera mu maboko ya M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × two =

Previous Post

Rutahizamu wa Arsenal wari utegerejwe avuye mu mvune byasubiye inyuma

Next Post

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Related Posts

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

by radiotv10
19/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryatangaje ko impugenge ryagaragaje niriramuka rirekuye Umujyi wa Uvira, zahise...

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

Nyuma ya Perezida w’u Rwanda uw’u Burundi na we yageneye Museveni ubutumwa

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, na we yashimiye mugenzi we wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni ku bw’intsinzi ye yo kongera...

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

IZIHERUKA

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?
IBYAMAMARE

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

by radiotv10
19/01/2026
0

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.