Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu

radiotv10by radiotv10
14/02/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
AGEZWEHO: M23 mu kwerecyeza Bukavu yabonye intsinzi yari ikeneye ifata ikibuga cya Kavumu
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko wafashe ikibuga cy’Indege cya Kavumu kiri mu bilometero bikabakaba 30 werecyeza mu Mujyi wa Bukavu, umaze iminsi ugarukwaho n’uyu mutwe ko wifuza kujya gukugura ku ngohi abahatuye bamaze iminsi barira ayo kwarika kubera ibyo bakorerwa na FARDC n’abayifasha.

Iki kibuga cy’Indege cya Kavumu cyafashwe n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Gashyantare 2025 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wawo, Lawrence Kanyuka.

Kanyuka yagize ati “Nk’uko twakomeje kubivuga inshuro nyinshi, twamaze kwamurura umwanzi aho yari ashinze imizi. Ikibuga cy’Indege cya Kavumu cyari giteje akaga abaturage b’Abasivile bo mu bice byabohojwe n’ibirindiro byacu. Kavumu no mu bice bihakikije birimo Ikibuga cy’Indege, ubu biragenzurwa na AFC/M23.”

Umutwe wa M23 wari uherutse gutangaza ko werecyeje amaso ku gufata iki Kibuga cy’Indege cya Kavumu, cyifashishwaga n’uruhande bahanganye mu gutegura ibitero byari bimaze iminsi byibasira abaturage, birimo n’iby’indege nk’icyabaye ku munsi w’ejo hashize tariki 13 Gashyantare mu gace ka Kalehe cyahitanye abaturage 10 kigakomeretsa abandi 25.

Iki kibuga cy’indege cya Kavumu giherereye mu bilometero 25 ugana mu mujyi wa Bukavu, gifashwe na M23 nyuma y’iminsi uyu mutwe uvuga ko ukomeje kumva amajwi y’abaturage bo muri uyu Murwa Mukuru wa Kivu y’Epfo, bataka akarengane bakomeje gukorerwa n’uruhande bahanganye rugizwe na FARDC, FDLR ndetse n’ingabo z’u Burundi.

Uyu mutwe wa M23, kandi wavuze ko utakomeza kwihanganira kumva hakorwa ayo marorerwa, ahubwo ko uzatabara aba baturage bo mu Mujyi wa Bukavu.

Ikibuga cy’Indege cya Kavumu ubu cyamaze kugera mu maboko ya M23

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + seven =

Previous Post

Rutahizamu wa Arsenal wari utegerejwe avuye mu mvune byasubiye inyuma

Next Post

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Related Posts

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

by radiotv10
26/11/2025
0

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 bafashe abagabo 40 bari batwaye imbunda n’ibindi bikoresho bya gisirikare babijyanye i Mahanga muri Teritwari ya Masisi....

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

Ibikorwa by’ubucuruzi by’Abanyekongo i Bruxelles mu Bubiligi byakozwemo umukwabu udasanzwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ibikorwa byinshi by’ubucuruzi byo mu gace na Matonge k’i Bruxelles mu Bubiligi gacururizwamo ibikomoka muri Afurika, aho ibyafunzwe byiganjemo iby’Abanyekongo...

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

Amakuru agezweho ku mirwano yo gusubiranamo hagati ya FARDC n’umutwe bakorana

by radiotv10
26/11/2025
0

Imirwano yamaze iminsi ibiri hagati y’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) n’umutwe wa Wazalendo mu gace ka Uvira...

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

by radiotv10
26/11/2025
0

Fighters of the AFC/M23 coalition arrested 40 men who were carrying guns and other military equipment destined for Mahanga in...

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

Bitunguranye Tanzania yahagaritse ibirori bikomeye bya Leta byari bitegerejwe

by radiotv10
26/11/2025
0

Leta ya Tanzania yatangaje ko ibirori byo kwizihiza umunsi w’ubwigenge byari biteganyijwe muri iki Gihugu mu kwezi gutaha byahagaritswe, kubera...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda
MU RWANDA

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

by radiotv10
27/11/2025
0

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

27/11/2025
Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

27/11/2025
The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

The Role of Women in Peacebuilding and Conflict Resolution

27/11/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

FDLR still active and being supported by DRC Government- Says Minister Nduhungirehe

26/11/2025
Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

Amasezerano azasinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi yashoboka mbere yuko 2025 irangira?-Min.Nduhungirehe yabivuzeho

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Perezida Kagame yeruriye amahanga ko guharanira uburenganzira bwo kubaho kw’Abanyarwanda ntawe abisabira uruhushya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yishimiye intsinzi y’ikipe ya Arsenal asanzwe akunda

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Agezweho: Abandi babiri barimo umunyamakuru bafunzwe muri dosiye y’amashusho y’urukozasoni y’umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.