Sunday, October 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 noneho yerekanye uruhurirane rw’ibirimo imbunda zigezweho na Camera yafashe
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ukomeje gukozanyaho na FARDC mu mirwano irushaho guhindura isura, werekanye ibindi bikoresho bya gisirikare wafashe birimo imbunda zigezweho, byasizwe n’abo bahanganye.

Ibi bikoresho byerekanywe n’umutwe wa M23, byatawe n’abo bahanganye mu duce twa Karenga na Kirolirwe.

Mu itangazo ryashyizwe hanze na M23, uyu mutwe uvuga ko ibi bikoresho byafashwe nyuma y’ibitero byagabwe na FARDC ifatanyije na FDLR ndetse n’abacancuro n’abandi barwanyi.

Umutwe wa M23 uvuga ko ibi bitero biremereye byagabwaga no mu bice bituwemo n’abaturage, kandi FARDC n’abo bafatanyije, bakabirasamo ibisasu biremereye batitaye ko muri ibyo bice bituwemo.

Iri tangazo rya M23, rivuga ko mu bitero byagabwe mu bice bya Karenga na Kilorirwe no mu bice bibikikije, “M23 yirwanyeho bya kinyamwuga ndetse yabashije gufata imbunda nyinshi, amasasu n’ibindi bikoresho byatawe n’abarwanyi ku rugamba.”

Uyu mutwe kandi wagaragaje mu mafoto ibi bikoresho wafashe, birimo imbunda z’indebakure ndetse na camera zifashishwa mu gufata amakuru yo ku rugamba.

Muri iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka, uyu mutwe usoza uvuga ko mu mirwano yabereye Kitshanga, wabashije gusubiza inyuma abayigabyeho igitero, ubu ukaba uri kugenzura agace ka Mweso no mu duce tuhakikije.

Hafashwe imbunda nyinshi

Yafashe n’ibikoresho birimo Camera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 20 =

Previous Post

Nyamagabe: Igikekwa ku mukecuru basanze inyuma y’iwe yapfuye

Next Post

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Related Posts

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

by radiotv10
17/10/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera umubare w’abasirikare boherezwa mu bice binyuranye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gufasha FARDC guhangana...

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

by radiotv10
17/10/2025
0

Amatsinda abiri y’umutwe wa Wazalendo usanzwe ukorana n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), yakozanyijeho mu mirwano ikarishye yabereye...

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

Israel yongeye kwikomanga mu gatuza kubera Umujenerali yivuganye yahigishaga uruhindu

by radiotv10
17/10/2025
0

Israel yemeje ko ari yo yagabye igitero kivuganye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’itsinda ry’Abahouthi bo muri Yemen, Major General Mohammed Abdulkarim...

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

Amabandi yitwaje intwaro yateje igikuba i Kinshasa muri Congo

by radiotv10
16/10/2025
0

Amabandi yitwaje intwaro yagabye igitero cy’ubujura kuri Banki iri mu gace kamwe i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo,...

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

Kabila yungutse amaboko mashya amushyigikiye mu mugambi we hahita hanatangazwa ikigiye gukurikira

by radiotv10
16/10/2025
0

Nyuma y’ibiganiro byayobowe na Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byabereye i Nairobi mu minsi ibiri,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

by radiotv10
18/10/2025
0

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

18/10/2025
Ubutumwa buryohereye umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yageneye umuhanzi wamwambitse impeta

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

18/10/2025
Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

Minisitiri w’Intebe yirukanye abayobozi batatu mu bigo bibiri byo ku rwego rw’Igihugu

18/10/2025
Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

Umusore arahigishwa uruhindu nyuma yo kwica ateye icyuma umukobwa bakundanaga bari banararanye

17/10/2025
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho gukaza imbaraga mu gufasha FARDC guhangana na AFC/M23

17/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Centrafrique: I Bangui RDF yatumye bongera gusinzira no gukora ntacyo bikanga barayivuga imyato

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Sudani y’Epfo zagobotse abanyeshuri 900

Hamenyekanye itariki y’ubukwe bw’umunyamakurukazi n’umuhanzi bazwi mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.