Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura

radiotv10by radiotv10
22/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma y’ibitero byahitanye abakomando bayo yahise ishyiraho amabwiriza akarishye aho igenzura
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 washyizeho amabwiriza agomba kugenderwaho mu bice ugenzura arimo amasaha ibikorwa bigomba kuba byafungiweho, nyuma y’uko ukomeje kotswa igitutu mu bitero by’indege birimo ibyahitanye abakomando bawo babiri.

Ni amabwiriza yatanzwe n’uyu mutwe mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje ku wa Gatandatu tariki 20 Mutarama 2024, nk’uko bikubiye mu itangazo ry’uyu mutwe.

Iri tangazo ryaturutse mu Bunyamabanga Nshingwabikorwa bwa M23, rivuga ko aya mabwiriza agamije kubungabunga amahoro n’umutetakano by’abaturage bo mu bice bigenzurwa n’uyu mutwe ndetse no kubarindira ibyabo.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Ingendo zose n’ibikorwa byose by’ubukungu ndetse n’amateraniro y’amasengesho: Imodoka zitwara abagenzi na moto, ibikorwa by’ubwikorezi, utubari, butike, amasoko, insengero ndetse n’ibindi, bigomba kujya bihagarara saa 18H30 z’umugoroba byongere bifungure saa 6h00 za mu gitondo mu bice byose bigenzurwa na M23 kugeza igihe hazatangirwa andi mabwiriza.”

Uyu mutwe wa M23 ushyizeho izi ngamba nyuma y’uko muri iki cyumweru gishize, wahuye n’ibibazo byinshi mu rugamba uhanganyemo na FARDC nyuma y’uko iki gisirikare cya Leta gifatanyije n’ingabo za SADC bagabye ibitero by’indege byawushegeshe.

Muri ibi bitero, umutwe wa M23 watakarijemo abarwanyi bawo benshi by’umwihariko abakomando babiri, barimo Colonel Castro Elise Mberabagabo wari ushinzwe ubutasi bw’uyu mutwe.

Urupfu rw’aba bari bafite imyanya yo hejuru muri M23, rwashenguye uyu mutwe, nk’uko wabigaragaje mu itangazo washyize hanze ku ya 17 Mutarama uvuga ko baguye mu bitero byo ku ya 16 Mutarama.

Uyu mutwe wavuze ko iki gikorwa cyo kwica abakomando bawo cyabaye nk’ubutumwa ubutegetsi bwa DRC bwawuhaye, kandi ko na wo uzihorera uko bikwiye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 14 =

Previous Post

Ikiri gukorwa ku mpamvu nshya yatahuweho gutera rumwe rubyiruko rw’u Rwanda kwanga ishuri

Next Post

Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Related Posts

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Umugabo witwa Prophète Ebo Noah w’Umunya-Ghana umaze igihe yubaka inkuge avuga ko ari izo azakoresha arokora abantu ngo kuko Isi...

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Inc., a biotechnology company dedicated to developing and delivering high-quality, affordable medicines, announced the appointment of Professor Prashant...

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

by radiotv10
13/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko uruhande bahanganye rugizwe n’abarimo ingabo z’u Burundi,...

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

by radiotv10
12/12/2025
0

Leta Zunze Ubumwe za America zaburiye ko zishobora gufatira ibihano bikomeye Sudan y’Epfo, birimo no kuyihagarikira inkunga ihabwa, nyuma yo...

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

AFC/M23 yashyize hanze imyitwarire iteye impungenge ya bamwe mu basirikare b’u Burundi nyuma yo kubatsinda

by radiotv10
12/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nubwo abasirikare benshi b’u Burundi basubiye mu Gihugu cyabo nyuma yo gukubitirwa incuro muri Uvira, hari...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Twibukiranye ibyavuzwe ku kibazo kitazibagirana mu ‘Umushyikirano’ uheruka n’uburyo ntangarugero cyakemuwemo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.