Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC

radiotv10by radiotv10
02/05/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 nyuma yo gufata agace gakungahaye kuri ‘Coltan’ hagaragajwe intwaro yambuye FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wafashe utundi duce turimo aka Rubaya muri Teritwari ya Masisi kaza ku isonga ku Isi mu kuba gakungahaye ku mabuye y’agaciro ya Coltan, wagaragaje intwaro zigezweho wambuye uruhande bahanganye.

Uyu mutwe wa M23 umaze igihe uhanganye n’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’abarimo Ingabo za SADC n’iz’u Burundi ndetse n’umutwe wa FDLR.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Gicurasi 2024, M23 yemeje ko yafashe aka gace ka Rubaya kari mu duce twa mbere ku Isi dukungahaye ku mabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Coltan, nk’uko byemejwe n’Umuvugizi yayo mu bya Gisirikare, Lt Col Willy Ngoma.

Lt Col Willy Ngoma yavuze ko bafashe aka gace kubera amarorerwa yariho agakorerwamo n’uruhande bahanganye, avuga ko “bishimiye guhagarika Jenoside muri Rubaya”, icyakora avuga ko batagamije gucukura amabuye y’agaciro nk’uko hari abari batangiye kubikeka.

Uyu mutwe wa M23 kandi wagaragaje ko wafashe utundi duce turimo nk’uko byatangajwe n’Urubuga Secret de RDC rukunze gutangaza amakuru y’uru rugamba, mu butumwa rwatanze bugira buti “Nyuma ya Rubaya, Mululu na Runigi werecyeza Kanyenzuki, Intare za Sarambwe zabashije guhashya uruhande rwa FDLR, MaïMaï, Imbonerakure, Ingabo z’u Burundi na FARDC mu gace ka Ngungu.”

Umutwe wa M23 kandi wagaragaje intwaro wambuye uruhande bahanganye, zirimo imbunda zigezweho zikiri nshya, bivugwa ko ari iziherutse guhabwa uru ruhande rwa FARDC.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 − one =

Previous Post

Rusizi: Iby’ivuriro ryatwaye Miliyoni 15Frw bikomeje kuba agatereranzamba

Next Post

Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro
MU RWANDA

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

Ntabwo tugomba kuba abo kwakira gusa: Minisitiri Mukazayire yahaye umukoro ikipe y’igihugu ya Handball

16/01/2026
Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

15/01/2026
RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

Igisirikare cya Kenya cyungutse General-Full n’umugore wa mbere ukigizemo umwanya ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.