Umutwe wa M23 wakajije umutekano mu birindiro byawo byo muri Lokarite ya Luberike muri Teritwari ya Walikare muri Kivu ya Ruguru, nyuma yo kuva muri Walikare-Centre.
Amakuru avuga ko uku gukaza umutekano mu rwego rwo gukomeza kugira ububasha bwo kugenzura agace ka Walikare-Centre gasanzwe ari ahantu h’ingenzi mu buryo bw’ubwirinzi.
Abatuye mu bice bya Luberike muri Teritwari ya Walikare mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, bavuga ko abarwanyi ba M23 bari mu bice bikikije Walikare-Centre nyuma yo kuva muri uyu mujyi mu kwezi gushize.
Amakuru avuga ko nyuma yuko Umutwe wa M23 uvuye muri Walikare-Centre, abarwanyi bawo bahise bajya muri aka gace ka Luberike muri Teritwari ya Walikare.
Ni mu gihe kandi mu ijoro ryacyeye kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Mata 2025, havugwa ko habaye imirwano hagati ya Wazalendo n’abarwanyi ba AFC/M23 yabereye mu bice by’umuhanda ushyira Kibati-Kibua, byumwihariko mu duce twa Mikumbi na Miba, duherereye mu bilometero bitandatu uvuye muri Kibati.
Abatanze amakuru bemeza ko abarwanyi b’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC bafite umugambi wo kwigizayo aba AFC/M23 bakabageza muri Santere ya Kibua, uri mu bilometero 30 uvuye muri Kibati.
Nubwo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu humvikanaga agahenge muri ibi bice byabereyemo imirwano kuri uyu wa Kabiri, abahatuye bakomeje kugira impungenge ko isaha n’isaha imirwano yakongera ikubura.
Iyi mirwano yumvikanyemo imbunda ziremereye n’izoroheje, yatumye igice kimwe cy’abaturage bo muri Lokarite za Mikumbi, Miba na Kashebere, bava mu byabo bagahungira muri Teritwari ya Masisi yegeranye n’iyo batuyemo.
RADIOTV10