Thursday, July 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho

radiotv10by radiotv10
19/10/2023
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yabaye nk’icira umugani Tshisekedi imwibutsa ingingo yibeshyeho
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wongeye kubwira Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ko itari gushyira ubushishozi mu byo ikora byo gushyira imbere intambara, by’umwihariko unagira icyo uvuga ku kuba Perezida Felix Tshisekedi atekereza ko hari icyo bizamufasha mu matora.

Mu butumwa bwa Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, ubwo yagiraga icyo avuga ku rubyiruko rw’abasivile bari kwinjizwa mu ntambara gufasha FARDC, yavuze ko ibi ari ukureba hafi.

Yagize ati “Imbaraga z’ingengabitekerezo mbi n’ubushobozi bwazo budasanzwe, icyo zagufasha ni ukugera ku musaruro w’ubusa ndetse no gukoresha nabi imbaraga nzima wari ufite, byose bidashobora kugira icyo bimara.”

Yakomeje avuga ko “ingengabitekerezo mbi itanga imbaraga zo kudashyira mu gaciro, gutsindwa kandi hakabaho kwakira ibyo wishoyemo cyangwa kutabyakira.”

Bertrand Bisimwa yakomeje avuga ko Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yari ikwiye kwibuka ko nta musaruro n’umwe wo kwishora mu ntambara.

Ati “Igikwiye ni uko bamenya ko kwishora mu ntambara, biganisha Igihugu ku kubazwa inshingano. Ni ngombwa gutekereza ingaruka n’ibindi bijyana na zo harimo no gutsindwa.”

Muri ubu butumwa bwa Perezida wa M23, Bertrand Bisimwa, yasoje agira icyo abwira Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi, avuga ko agomba kuzirengera ingaruka z’amaraso y’urubyiruko yashoye mu ntambara, rukomeje kuburiramo ubuzima.

Ati “Intambara yashojwe na Tshisekedi muri Kivu ikomeje guhitana abasore bo muri Kivu ntakindi aganishaho muri politiki uretse amatora. Arota intsinzi ya gisirikare mbere y’ibikorwa byo kwiyamamaza mu matora no kwirinda kuzavugwaho byinshi.”

Perezida w’umutwe wa M23, atangaje ibi mu gihe imirwano iwuhanganishije na FARDC yubuye, ndetse mu isura nshya dore ko igaragaramo urubyiruko rwo mu mutwe wiyise Wazalendo ngo wiyemeje gufasha Igihugu kurandura M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − six =

Previous Post

Rutahizamu wabonwaga nk’inyenyeri ya ruhago y’Isi yongeye kurira ayo kwarika

Next Post

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Related Posts

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yavuze ko amasezerano y’amahoro iki Gihugu cyasinyanye n’u Rwanda i Washington,...

Byemejwe ko Perezida Kagame, Tshisekedi na Ramaphosa bagiye guhurira mu nama itegerejwe

Eng.-In a hopeful tone Tshisekedi speaks on the Rwanda-DRC Peace Agreement

by radiotv10
01/07/2025
0

The President of the Democratic Republic of Congo, Félix Tshisekedi, stated that the peace agreement his country signed with Rwanda...

IZIHERUKA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma
IMIBEREHO MYIZA

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

03/07/2025
AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

03/07/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

03/07/2025
Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

02/07/2025
Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

Umukinnyi ukomoka muri America umaze iminsi atanga ibyishimo mu Rwanda yamaze kuba Umunyarwanda bidasubirwaho

02/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Umuhanzikazi w’ikirangirire yavuze ibanga ryumvikanamo ikiniga amaranye imyaka 20

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abacururiza mu isoko rya Kabarondo nyuma y’igihe barira ayo kwarika ubu barabyinira ku rukoma

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

AMAFOTO: APR FC irimo amasura mashya yatangiye imyitozo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.