Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

radiotv10by radiotv10
23/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 uravuga ko nubwo ukomeje gushotorwa ukagabwaho ibitero ariko wiyemeje kubahiriza ibyo wasabwe, ndetse ko none ku wa Gatanu, utanga ku mugaragarago kamwe mu duce wari warafashe.

Ibi bikubiye mu itangazo twifashishije twandika iyi nkuru nka RADIOTV10 ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa M23 kuri uyu wa Kane tariki 22 Ukuboza 2022, rivuga ko uyu mutwe wafashe icyemezo nyuma yo kugirana inama n’amatsinda y’ingabo zahawe gukurikirana iyubahirizwa ry’imyanzuro yafatiwe uyu mutwe.

Muri ayo matsinda harimo iry’ingabo rihuriweho n’Ibihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF), yagiranye inama ebyiri mu bihe bitandukanye; iyabaye tariki 12 Ukuboza n’iyo ku ya 22 Ukuboza 2022 zombi zabereye i Kibumba mu gace kafashwe na M23.

Iri tangazo ryashyizweho umukono n’Umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka rivuga ko “nubwo hari ibitero biri kugabwa ku birindiro byacu ndetse hakaba hari ibikorwa byo kwica abaturage bikorwa na Guverinoma ya DRC, M23 ikomeje kubahiriza ubushake bw’akarere, bityo rero yemeye gutanga ibirindiro byayo bya Kibumba ikabishyikiriza EACRF.”

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Iki kimenyetso cyiza cy’ubushake cyakozwe mu izina ry’amahoro, kikaba gishingiye ku myanzuro yavuye mu nama y’Abakuru b’Ibihugu yabereye i Luanda muri Angola ku ya 23 Ugushyingo 2022.”

M23 ikomeza ivuga ko yizeye ko na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na yo izabyaza umusaruro aya mahirwe ikazana amahoro mu Gihugu.

Iri tangazo risoza ritumira itangazamakuru kuza gukurikirana igikorwa cyo guhererekana aka gace ka Kibumba, M23 igashyikiriza EACRF, rivuga ko biza kuba saa tanu z’amanywa kuri uyu wa Gatanu ubanziriza Noheli.

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi unayoboye akanama k’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, mu kiganiro aheruka kugirana na Jeune Afrique, yavuze ko yizeye ko M23 izubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma ikava mu bice yafashe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five − four =

Previous Post

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

Next Post

Perezida Ruto yavuze ikintu gitangaje azakuramo ayo azishyura umugore we wamutsinze muri ‘betting’

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Ruto yavuze ikintu gitangaje azakuramo ayo azishyura umugore we wamutsinze muri ‘betting’

Perezida Ruto yavuze ikintu gitangaje azakuramo ayo azishyura umugore we wamutsinze muri ‘betting’

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.