Sunday, January 18, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi

radiotv10by radiotv10
22/12/2022
in AMAHANGA, POLITIKI
0
DRC: Abanyapolitiki batangiye kurebana ay’ingwe kubera ibyatangajwe na Moïse Katumbi
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko umunyapolitiki w’umuherwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Moïse Katumbi atangaje ko aziyamamaza mu matora y’umukuru w’Igihugu, abanyapolitiki bo muri iki Gihugu bari mu ihangana rikomeye kubera amahitamo y’uruhande bashyigikiye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, Moïse Katumbi yabwiye France 24 na RFI ko yiyemeje kuva mu ihuriro ‘Union Sacrée’ risanzwe rishyigikiye Perezdia Felix Tshisekedi, ndetse ko yiyemeje kuzatanga kandidatire ye mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023.

Ni icyemezo cyateje impagarara mu banyapolitiki bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko abari muri iri huriro, bavuze ko uyu munyapolitiki yabatengushye.

Ibi byatumye kandi abanyapolitiki batandukanye muri iki Gihugu, bagaragaza uruhande bashyigikiye hagati ya Moïse Katumbi na Felix Tshisekedi bashobora kuzahangana muri aya matora.

Ku wa Kabiri w’iki cyumweru tariki 20 Ukuboza 2022, Moïse Katumbi yanagaragarije abo mu ishyaka rye ER (Essemble pour la Republique) imigabo n’imigambi ye iganisha kuri iki cyemezo yafashe.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Ukuboza 2022, Abadepite bo mu ihuriro ‘Union Sacrée’ bagaragaje ko bakomeje gushyigikira à Félix Tshisekedi ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba yabonye intsinzi muri 2023.

Depite Mulamba Mputu yagize ati “Dutangaje ku mugaragaro nk’ihuriro Union sacrée ko tugishyigikiye Perezida wa Repubulika, Umukuru w’Igihugu nyakubahwa Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo, kandi ko tuzamuba inyuma kugeza ku ntsinzi ya 2023.”

Uyu mudepite kandi yavuze ko mu gihe cy’amasaha 24 abagize iri huriro Union sacrée bagomba kuba bagaragaje uruhande bahagazemo, “kuva ku Badepite, abasenateri, abaminitiri ndetse n’abandi bayoboye ibigo bya Leta.”

Abanyapoilitiki bshyigikiye Moise Katumbi na bo bakomeje kugaragaza ko bishimiye iki cyemezo yafashe ndetse ko bazamuba inyuma kugeza ubwo azaba abonye intsinzi yo kuyobora Congo Kinshasa agasimbura Tshisekedi bashinja kuzambya ibintu.

Kuva uyu munyapolitiki yatangaza ko aziyamamaza mu matora y’Umukuru w’Igihugu ya 2023, bamwe mu banyapolitiki banafite imyanya ikomeye mu butegetsi bukuru muri Congo Kinshasa, na bo bagaragaje ko bamushyigikiye barimo na bamwe mu bagize Guverinoma banahisemo kwegura.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 5 =

Previous Post

Uko Urukiko rwakiranuye iby’umukobwa wafashwe aryamanye n’umwana w’umuhungu akisobanura ko bakundana

Next Post

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Simple Habits That Improve Digestion
IMIBEREHO MYIZA

Simple Habits That Improve Digestion

by radiotv10
18/01/2026
0

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

18/01/2026
Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

M23 yafashe ikindi cyemezo gikomeye cyo kubahiriza ibyo yasabwe byo gusubira inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Simple Habits That Improve Digestion

Byinshi ku mabonekerwa atavugwaho rumwe bivugwa ko yongeye kubaho mu Rwanda n’ibyo inzego ziyatangazaho

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.