Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi

radiotv10by radiotv10
05/12/2023
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje amakuru y’uko urugamba rwifashe yongera kwikoma abasirikare b’u Burundi
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 umaze igihe uhanganye na FARDC, wavuze ko abasirikare b’u Burundi, bawugabyeho ibitero ndetse no ku baturage, isaba EAC kugira icyo ikora kuko bishobora gutuma urugamba ruhindura isura.

Byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya politiki, Lawrence Kanyuka mu itangazo yashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023.

Mu itangazo rya Lawrence Kanyuka, rimenyesha imiryango mpuzamanga ndetse n’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, uyu mutwe wavuze ko wagabweho ibitero.

Muri iri tangazo, M23 ivuga ko “abasirikare b’u Burundi ndetse n’itsinda ry’abasirikare b’u Burundi bari mu bagize EACRF bishyize hamwe bagaba ibitero ku birindiro byacu no ku baturage bari mu bice byacu, bafatanyije n’abarwana ku ruhande rwa Guverinoma ya Kinshasa, ari bo FARDC, FDLR, Abacancuro n’inyeshyamba.”

M23 ikomeza ivuga ko uku kwishyira hamwe kw’abasirikare b’u Burundi ndetse n’abarwanyi b’uruhande rwa Guverinoma, bituma n’ingabo z’u Burundi ziri mu butumwa bwa EAC, zifatwa nk’abanzi b’uyu mutwe.

Uyu mutwe ugakomeza ugira uti “Ku bw’ibyo turamenyesha Umuryango wa afurika y’Iburasirazuba, ingaruka z’ibishobora kubera ku rugamba.”

Umutwe wa M23 usoza uvuga ko uzakomeza kwirwanaho igihe cyose uzagabwaho ibitero, ndetse no kurinda abaturage bari mu bice biri mu maboko yawo.

M23 itangaje ibi mu gihe ingabo zagiye mu burasirazuba bwa DRC mu butumwa bwa EAC, zatangiye gutaha, nyuma y’uko igihe cyazo kiri kurangira, kandi ubutegetsi bw’iki Gihugu bukaba bwaravuze ko zitazongererwa igihe.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen − five =

Previous Post

Andi makuru ku bagaragaye mu mashusho y’ibiterasoni byabereye mu muhanda rwagati n’icyakurikiyeho

Next Post

Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Related Posts

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yavuze ko igisirikare cye kitigeze gikubita umugore w’umunyapolitiki Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi...

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

by radiotv10
26/01/2026
0

Mu bigo by’amashuri yisumbuye mu Gihugu cy’u Burundi muri Komini ya Gatara n’iya Kayanza, mu Ntara ya Butanyerera, haravugwa indwara...

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

by radiotv10
23/01/2026
0

Umugaba w’ingabo za Uganda, akaba n’umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uherutse kongera gutorerwa kuyobora igihugu, yatangaje ko abashyigikiye ishyaka ritavuga...

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

IZIHERUKA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo
AMAHANGA

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

by radiotv10
26/01/2026
0

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

Indwara y’amayobera yadutse mu bigo by’amashuri i Burundi yateje ubwoba

26/01/2026
Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

Rutahizamu Adama Bagayogo watandukanye na Rayon yahise abona indi kipe

26/01/2026
Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

Umwe mu bamamaye mu gusobanura Filimi mu Rwanda n’umukunzi we bageze ku ntego y’urukundo rwabo

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Mauritania: Uwabaye Perezida yakatiwe gufungwa ahamijwe ibirimo kwigwizaho imitungo.

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.