Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko imwe mu ndege zitagira abapilote z’igisirikare cya Congo, zimaze iminsi ziyirasaho, wayihanuye, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

Byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024.

Kanyuka yatangiye avuga ko aho bigeze bigaragara ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bwamaze gutsiratsiza ko butifuza kugirana ibiganiro na M23 nyamara bitarahwemye gusabwa n’abayobozi n’abafatanyabikorwa yaba abo mu karere na mpuzamahanga, ariko yahisemo inzira y’intambara.”

Yakomeje avuga ko Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, mu gushyira mu bikorwa umugambi we, yatumije indege z’intambara eshatu zitagira abapilote yizeye ko agiye gutsinsura umutwe wa M23, “ariko ikibabaje ni uko izo ndege zikomeje kwica inzirakarengane z’abasivile.”

Uyu mutwe wa M23 wakomeje uvuga ko wahanuye imwe muri drones eshatu za FARDC zari zimaze iminsi ziri kurasa ku barwanyi b’uyu mutwe no ku baturage, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

M23 ikomeza ivuga ko FARDC n’abo bafatanyije muri uru rugamba, barimo FDLR, abacancuro, Igisirikare cy’u Burundi ndetse n’ingabo za SADC, “bakomeje gutsindwa ku rugamba.”

M23 kandi yaboneyeho kuvuga ko indege z’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ari zo zijya gufata amakuru y’ahari ibirindiro bya M23, zikajya kuyaha FARDC.

Kanyuka ati “Iyi myitwarire ntikwiye kandi yangiza isura y’ingabo za LONI kuko izishyira mu bicanyi bivugana abaturage b’abasivile.”

Umutwe wa M23 uherutse gutakaza abakomando bawo babiri barimo Colonel Castro Elise Mberabagabo wari ushinzwe ubutasi, wari uherutse kuvuga ko uzihorera mu buryo bukwiye.

M23 yagaragaje bimwe mu bice by’iyo ndege yahanuwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 1 =

Previous Post

U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda

Next Post

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Related Posts

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

by radiotv10
07/08/2025
0

Nyuma yuko bivuzwe ko umuhanzi w’Umunya-Uganda, Weasel ari mu Bitaro aho ari kuvurirwa imvune z’amaguru yombi bivugwa ko yagize nyuma...

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

Eng.-More details announced about the conspiracy by FARDC and FDLR against Banyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

MoĂŻse Nyarugabo, a former DRC Minister and advocate for Kinyarwanda-speaking Congolese, has condemned recent attacks on the Banyamulenge by a...

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

Hatangajwe amakuru arambuye ku mugambi mubisha FARDC na FDLR bafitiye Abanyamulenge

by radiotv10
07/08/2025
0

Me Moïse Nyarugabo wabaye mu nzego nkuru mu butegetsi bwa DRC, yamaganye ibitero bikomeje kugabwa n’abahuzamugambi bahuriyemo FARDC, FDLR na...

Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Forces of Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, announced that the “enemy of Uganda” who recently entered the...

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

Ibyatunguranye kuri Guverinoma nshya y’u Burundi yashyizweho na Perezida Ndayishimiye

by radiotv10
06/08/2025
0

U Burundi bwabonye Guverinoma nshya irimo Lieutenant General Gabriel Nizigama wari waraviriye rimwe mu nshingano na General Alain Guillaume Bunyoni...

IZIHERUKA

Izajya ihabwa n’abakivuka: Iby’ingenzi wamenya ku irangamuntu nshya igiye kujya itangwa mu Rwanda
IMIBEREHO MYIZA

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

by radiotv10
07/08/2025
0

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

07/08/2025
Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

07/08/2025
Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

Hamenyekana icyakurikiyeho nyuma yuko Teta Sandra agonze Weasel hanajya hanze amashusho biba

07/08/2025
Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

07/08/2025
Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

Kinshasa yatoranyijwe kwakira Inteko rusange ya CAF

07/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu Rwanda hatangijwe serivisi zizatuma hatangwa irangamuntu Koranabuhanga

Ntawundi muntu uyirimo- Ibyihariye ku mashusho y’indirimbo nshya ya Confy na Chiboo

Icyo umuhanzi Diamond avuga ku bana ashobora kuba arera kandi atari abe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.