Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje

radiotv10by radiotv10
24/01/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje gihamya ko yahanuye imwe mu ndege za FARDC zari ziyirembeje
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 watangaje ko imwe mu ndege zitagira abapilote z’igisirikare cya Congo, zimaze iminsi ziyirasaho, wayihanuye, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

Byatangajwe n’umuvugizi wa M23 mu bya Politiki, Lawrence Kanyuka mu itangazo yasohoye muri iki gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Mutarama 2024.

Kanyuka yatangiye avuga ko aho bigeze bigaragara ko “ubutegetsi bwa Kinshasa bwamaze gutsiratsiza ko butifuza kugirana ibiganiro na M23 nyamara bitarahwemye gusabwa n’abayobozi n’abafatanyabikorwa yaba abo mu karere na mpuzamahanga, ariko yahisemo inzira y’intambara.”

Yakomeje avuga ko Perezida wa Congo, Felix Tshisekedi, mu gushyira mu bikorwa umugambi we, yatumije indege z’intambara eshatu zitagira abapilote yizeye ko agiye gutsinsura umutwe wa M23, “ariko ikibabaje ni uko izo ndege zikomeje kwica inzirakarengane z’abasivile.”

Uyu mutwe wa M23 wakomeje uvuga ko wahanuye imwe muri drones eshatu za FARDC zari zimaze iminsi ziri kurasa ku barwanyi b’uyu mutwe no ku baturage, unagaragaza bimwe mu bice byayo.

M23 ikomeza ivuga ko FARDC n’abo bafatanyije muri uru rugamba, barimo FDLR, abacancuro, Igisirikare cy’u Burundi ndetse n’ingabo za SADC, “bakomeje gutsindwa ku rugamba.”

M23 kandi yaboneyeho kuvuga ko indege z’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ari zo zijya gufata amakuru y’ahari ibirindiro bya M23, zikajya kuyaha FARDC.

Kanyuka ati “Iyi myitwarire ntikwiye kandi yangiza isura y’ingabo za LONI kuko izishyira mu bicanyi bivugana abaturage b’abasivile.”

Umutwe wa M23 uherutse gutakaza abakomando bawo babiri barimo Colonel Castro Elise Mberabagabo wari ushinzwe ubutasi, wari uherutse kuvuga ko uzihorera mu buryo bukwiye.

M23 yagaragaje bimwe mu bice by’iyo ndege yahanuwe

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × 5 =

Previous Post

U Burundi bwavuze ku ijambo rya Perezida wabwo bunasubiza ku buryo ryakiriwe Rwanda

Next Post

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Related Posts

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

Israel ikomeje kugaragaza ko yemeje nk’Igihugu Intara ya kimwe cyo muri Afurika

by radiotv10
07/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Israel, Gideon Saar, yagiriye uruzinduko muri Somaliland, nyuma yo kwemeza nk'Igihugu cyigenga iyi Ntara yo muri...

IZIHERUKA

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money
IMYIDAGADURO

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

by radiotv10
09/01/2026
0

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Uzwi muri Volleyball y’u Rwanda wanakiniye Ikipe y’Igihugu yasezeye hanamenyekana impamvu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.