Saturday, December 20, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko wafashe ububiko bwuzuyemo ibikoresho bya gisirikare nk’intwaro nyuma y’uko uruhande bahanganye rurimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi, runeshejwe, rukabuta rugahunga.

Ni ibikoresho byiganjemo amasasu, imbunda n’imiti, nk’uko bigaragazwa n’amashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, ugaragaza ububiko bw’ibikoresho by’ubufatanye bwa FARDC, bwafashwe na M23.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru ko bafashe ibikoresho byinshi byasizwe n’uruhande bahanganye mu mirwano imaze iminsi ica ibintu.

Yagize ati “Igihe kirageze ngo abantu bamenye ukuri ku binyoma by’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ubu butegetsi bwakomeje kwizera ubufatanye bw’ingabo, mu gihe ku rugamba, abasirikare bayabangira ingata, bakanata ibikoresho byinshi, birimo imbunda, amasasu, imodoka n’ibindi bikoresho bya gisirikare.”

Kanyuka yakomeje avuga kuri ubu bubiko bwafashwe na M23, avuga ko uruhande bahanganye rwabutaye, bukaba buri ahitwa Kirumba, ati “Ubu bukaba buri mu biganza bya ARC [M23], tweguye kubukoresha mu kurinda abaturage bacu.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukomeje kwanga kugirana ibiganiro by’imishyikirano n’uyu mutwe nk’uko bwakunze kubisabwa n’umuryango Mpuzamahanga, nk’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Asoza ubutumwa bwe agira ati “Nshuti baturage dusangiye Igihugu, igihe kirageze ngo mwifatanye na ARC/M23, ngo duhuze imbaraga, dukureho ubutegetsi budashoboye.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi uyu mutwe wa M23 wafashe ibindi bice, birimo agace ka Kirumba, gasanzwe ari santere y’ubucuruzi yo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ndetse n’agace ka Kanyabayonga, gasanzwe ari umujyi wa kabiri ukomeye muri Teritwari ya Lubero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + fourteen =

Previous Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Next Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko rihangayikishijwe n’ikibazo cy’Abanyekongo babuze uko basubira mu byabo mu bice birimo Umujyi wa Uvira, nyuma yuko...

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

by radiotv10
19/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rukomeje kurenga ku gahenge ko guhagarika imirwano, aho rwagabye ibitero birimo iby’indege z’intambara n’ibyo...

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

Umugabo wahigishwaga uruhindu muri America yabonetse yapfuye

by radiotv10
19/12/2025
0

Umugabo washakishwaga akekwaho kurasa abantu babiri muri Kaminuza ya Brown muri Leta Zunze Ubumwe za America, no kwica umwarimu wa...

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

by radiotv10
19/12/2025
0

The AFC/M23 coalition has announced that the opposing side continues to violate the ceasefire agreement, carrying out attacks that include...

Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

by radiotv10
19/12/2025
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwavuze ko ari byiza kuba ryubahirije icyifuzo cyo gukura...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Barack Obama's Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.