Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko wafashe ububiko bwuzuyemo ibikoresho bya gisirikare nk’intwaro nyuma y’uko uruhande bahanganye rurimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi, runeshejwe, rukabuta rugahunga.

Ni ibikoresho byiganjemo amasasu, imbunda n’imiti, nk’uko bigaragazwa n’amashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, ugaragaza ububiko bw’ibikoresho by’ubufatanye bwa FARDC, bwafashwe na M23.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru ko bafashe ibikoresho byinshi byasizwe n’uruhande bahanganye mu mirwano imaze iminsi ica ibintu.

Yagize ati “Igihe kirageze ngo abantu bamenye ukuri ku binyoma by’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ubu butegetsi bwakomeje kwizera ubufatanye bw’ingabo, mu gihe ku rugamba, abasirikare bayabangira ingata, bakanata ibikoresho byinshi, birimo imbunda, amasasu, imodoka n’ibindi bikoresho bya gisirikare.”

Kanyuka yakomeje avuga kuri ubu bubiko bwafashwe na M23, avuga ko uruhande bahanganye rwabutaye, bukaba buri ahitwa Kirumba, ati “Ubu bukaba buri mu biganza bya ARC [M23], tweguye kubukoresha mu kurinda abaturage bacu.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukomeje kwanga kugirana ibiganiro by’imishyikirano n’uyu mutwe nk’uko bwakunze kubisabwa n’umuryango Mpuzamahanga, nk’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Asoza ubutumwa bwe agira ati “Nshuti baturage dusangiye Igihugu, igihe kirageze ngo mwifatanye na ARC/M23, ngo duhuze imbaraga, dukureho ubutegetsi budashoboye.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi uyu mutwe wa M23 wafashe ibindi bice, birimo agace ka Kirumba, gasanzwe ari santere y’ubucuruzi yo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ndetse n’agace ka Kanyabayonga, gasanzwe ari umujyi wa kabiri ukomeye muri Teritwari ya Lubero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × three =

Previous Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Next Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Related Posts

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

Madamu wa Perezida w’u Burundi yageneye umugabo we ubutumwa bw’urukundo

by radiotv10
14/01/2026
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida Evariste Ndayishimiye w'u Burundi, wujuje imyaka 50 y’amavuko, yashimiye umugabo we utuma ubuzima bwe...

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi amaze iminsi agirira ingendo i Luanda muri Angola, aho kuva uyu...

IZIHERUKA

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano
IMIBEREHO

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post

Barack Obama's Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

“ Ariko ahari bandambiwe” – Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.