Tuesday, December 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC

radiotv10by radiotv10
02/07/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje ko yasekewe n’amahirwe nyuma yo gukozanyaho gukomeye na FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wagaragaje ko wafashe ububiko bwuzuyemo ibikoresho bya gisirikare nk’intwaro nyuma y’uko uruhande bahanganye rurimo FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi, runeshejwe, rukabuta rugahunga.

Ni ibikoresho byiganjemo amasasu, imbunda n’imiti, nk’uko bigaragazwa n’amashusho yashyizwe hanze n’uyu mutwe, ugaragaza ububiko bw’ibikoresho by’ubufatanye bwa FARDC, bwafashwe na M23.

Umuvugizi wa M23, Lawrence Kanyuka, yemeje aya makuru ko bafashe ibikoresho byinshi byasizwe n’uruhande bahanganye mu mirwano imaze iminsi ica ibintu.

Yagize ati “Igihe kirageze ngo abantu bamenye ukuri ku binyoma by’ubutegetsi bwa Kinshasa. Ubu butegetsi bwakomeje kwizera ubufatanye bw’ingabo, mu gihe ku rugamba, abasirikare bayabangira ingata, bakanata ibikoresho byinshi, birimo imbunda, amasasu, imodoka n’ibindi bikoresho bya gisirikare.”

Kanyuka yakomeje avuga kuri ubu bubiko bwafashwe na M23, avuga ko uruhande bahanganye rwabutaye, bukaba buri ahitwa Kirumba, ati “Ubu bukaba buri mu biganza bya ARC [M23], tweguye kubukoresha mu kurinda abaturage bacu.”

Uyu muvugizi wa M23, akomeza avuga ko ikibabaje ari ukuba ubutegetsi bwa Congo Kinshasa bukomeje kwanga kugirana ibiganiro by’imishyikirano n’uyu mutwe nk’uko bwakunze kubisabwa n’umuryango Mpuzamahanga, nk’Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro n’umutekano ku Isi.

Asoza ubutumwa bwe agira ati “Nshuti baturage dusangiye Igihugu, igihe kirageze ngo mwifatanye na ARC/M23, ngo duhuze imbaraga, dukureho ubutegetsi budashoboye.”

Mu mpera z’icyumweru gishize, kandi uyu mutwe wa M23 wafashe ibindi bice, birimo agace ka Kirumba, gasanzwe ari santere y’ubucuruzi yo mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, ndetse n’agace ka Kanyabayonga, gasanzwe ari umujyi wa kabiri ukomeye muri Teritwari ya Lubero.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 8 =

Previous Post

Amateka ariyanditse muri ruhago Nyarwanda: Perezida Kagame yafunguye Sitade Amahoro iri mu nziza ku Isi

Next Post

Barack Obama’s Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Related Posts

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

Icyo Igisirikare cya Congo kivuga ku magambo rutwitsi yatangajwe n’Umuvugizi wacyo n’icyemezo yafatiwe

by radiotv10
29/12/2025
0

Ubuyobozi Bukuru bw’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bwitandukanyije n'amagambo ya Major General Sylvain Ekenge Bomusa Efomi wari...

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

Eng.-The Congolese Army has confirmed the suspension of its spokesperson

by radiotv10
29/12/2025
0

The High Command of the Armed Forces of the Democratic Republic of Congo (FARDC) has distanced itself from the hate...

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

by radiotv10
29/12/2025
0

Amakuru aturuka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko Maj Gen Sylvain Ekenge wari Umuvugizi w'Igisirikare cy'iki Gihugu-FARDC, yahagaritswe...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu
MU RWANDA

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

by radiotv10
30/12/2025
0

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

30/12/2025
Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

30/12/2025
Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abasirikare b’u Rwanda n’abo mu zindi nzego z’umutekano

30/12/2025
Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

30/12/2025
U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

U Rwanda rwagaragaje iby’ingenzi umwaka wa 2025 ukwiye gusiga ku bibazo byo muri Congo

30/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post

Barack Obama's Now Mainly Focusing on Wearing This Casual Backwards Hat

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku barimo Prophet Joshua baherutse gufungwa bakurikiranyweho kugayisha ifaranga ry’Igihugu

Hashyizwe hanze amakuru y’icyateye impanuka ikomeye yari ihitanye nimero ya mbere ku Isi mu iteramakofe

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.