Tuesday, July 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagaragaje uko byifashe mu gace kari karazahajwe na FARDC ifatanyije na FDLR

radiotv10by radiotv10
06/05/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
M23 yagaragaje uko byifashe mu gace kari karazahajwe na FARDC ifatanyije na FDLR
Share on FacebookShare on Twitter

M23 yagaragaje ko yamaze kuzana umutekano muri Teritwari ya Walungu mu Ntara ya Kivu y’Epfo, yari yarazengerejwe n’ibikorwa bibi by’Igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) gifatanyije n’imitwe irimo FDLR.

Byatangajwe na Perezida w’Umutwe wa M23, Bertrand Bisimwa mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025 mu butumwa yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X.

Betrand Bisimwa yagize ati “Teritwari ya Walungu yamaze kuzanirwa umutekano na ARC (Armée Révolutionnaire Congolaise- M23) nyuma yo kugerageza kenshi guhungabanya aka gace byakorwaga n’ihuriro ry’ubutegetsi bwa Kinshasa.”

Perezida wa M23 yakomeje avuga ko uyu mutwe uharanira amahoro no kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo habaho Leta yita ku baturage bayo kandi ikumva ko ari inshingano zayo kubarinda.

Ubutumwa bwa Bertrand Bisimwa kandi buherekejwe n’amashusho agaragaza bamwe mu barwanyi ba M23 bamaze kwinjira mu Mujyi wa Kaziba usanzwe ubamo ibikorwa by’ingenzi muri iyi Teritwari ya Walungu, nk’amavuriro.

Aba barwanyi barimo Umuvugizi wa M23, Col Willy Ngoma aganiriza abaganga bo mu Bitaro bya Kaziba abizeza ko uyu mutwe ugiye kubaha ubafasha bwo kubaho kugira ngo babashe gukomeza akazi kabo neza.

Muri aya mashusho, Col Willy Ngoma avuga ko “Kuri uyu wa 05 Gicurasi turi mu Bitaro bya Kaziba, ni Ibitaro byari byugarijwe, ariko Armée Révolutionnaire Congolaise yamaze gufata ibi Bitaro, ibintu byose bimeze neza, Ibikoresho byose biri mu mwanya wabyo.”

Col Willy Ngoma avuga ko umutwe wa Wazalendo ufatanya na FARDC, ari wo wari warigaruriye uyu Mujyi wa Kaziba ukaba wari umaze igihe uwukoreramo ibikorwa by’amarorerwa.

M23 itangaje ibi mu gihe ihuriro AFC ribarizwamo n’uyu mutwe rikomeje kugirana ibiganiro na Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biri kubera i Doha.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 1 =

Previous Post

Umuryango w’ikirangirire Rihanna washyize hanze inkuru y’ibyishimo witegura yatunguye benshi

Next Post

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Related Posts

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres yatangaje ko yishimiye amahame yasinywe hagati ya Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo...

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

by radiotv10
21/07/2025
0

Boniface Mwangi, impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu muri Kenya, wari wafunzwe, yarekuwe hatanzwe ingwate ya miliyoni 1 z’Amashilingi ya Kenya (arenga...

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

by radiotv10
19/07/2025
0

I Doha muri Qatar ahakomeje kubera ibiganiro by’imishyikirano hagati y’Ihuriro AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, hateganyijwe gutangazwa...

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

Eng.-An official announcement expected on progress made in AFC/M23 talks with the Congolese Government

by radiotv10
19/07/2025
0

As peace talks between the AFC/M23 coalition and the government of the Democratic Republic of Congo continue, an official announcement...

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

Nyuma yuko Uganda ifunguye Umupaka ugenzurwa na AFC/M23 Ambasaderi wayo muri Congo yatumijweho

by radiotv10
18/07/2025
0

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Alhajji Farid M. Kaliisa, yatumijweho na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Congo,...

IZIHERUKA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa
AMAHANGA

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

by radiotv10
21/07/2025
0

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

21/07/2025
BREAKING: Haratangazwa ibyasinywe hagati ya AFC/M23 n’ubutegetsi bwa Congo n’ibimaze kugerwaho mu biganiro

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

21/07/2025
Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

Umuhanzikazi Marina yasangije abantu ikimero cye mu mashusho y’inzongamubiri

21/07/2025
From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

From model to renowned fashion designer: Matteo’s journey through the fashion industry

21/07/2025
Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

Ari ubutegetsi bwa Congo na AFC/M23 ni inde ukwiye kubyina itsinzi?-Icyo abasesenguzi bavuga ku byasinywe

21/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Rubavu: Hatangajwe igikekwaho gutera inkongi yibasiye inyubako y’ishuri iraramo abanyeshuri b’abahungu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’isinywa ry’amahame hagati ya AFC/M23 na Guverinoma ya DRCongo hahise hagaragazwa icyifuzwa

Amakuru agezweho ku mpirimbanyi yo muri Kenya yari yafunzwe bikazamurira benshi umujinya

Eng.-Between the DRC Government and AFC/M23, who truly deserves to celebrate the recently signed principles?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.