Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

M23 yageneye ubutumwa bukarishye Ingabo za EAC zigiye koherezwa kuyihashya

radiotv10by radiotv10
23/06/2022
in MU RWANDA
0
M23 yagaragaje aho ihagaze ku myanzuro y’Abakuru b’Ibihugu bya EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 ukomeje guhangana na FARDC muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uratangaza ko udatewe ubwoba n’Itsinda ry’ingabo rihuriweho n’Ibihugu bigize EAC rigomba koherezwa kurandura imitwe yitwaje intwaro mu Burasirazuba bwa Congo irimo n’uyu.

Inama y’Abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) yateranye kuri uyu wa Mbere tariki 20 Kamena 2022, yahaye umugisha icyemezo cyo kohereza ingabo zihuriweho n’Ibihugu bigize uyu muryango, muri DRC kurandura imitwe yitwaje intwaro.

Uku guha umugisha iki gikorwa byaje bikurikira ibyemezo byari byafatiwe mu Nama ya mbere y’abakuru b’Ibihugu yateranye tariki 21 Mata 2022 igafata iki cyemezo.

Iyi nama y’Abakuru b’Ibihugu kandi yaje ikurikira iy’Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC yateranye tariki 19 Kamena yiga ku mirongo y’uburyo iri tsinda rizatangira inshingano zaryo.

Umutwe wa M23 wari wasohoye itangazo rigira icyo rivuga ku myanzuro yafatiwe mu Nama y’Abakuru b’Ibihugu yateranye ku wa Mbere, yari yashimye icyemezo gisaba ubutegetsi bwa DRC guhagarika imvugo z’urwanga zikomeje gukwirakwira zisaba abaturage kugirira nabi Abanye-Congo bavuva Ikinyarwanda.

Gusa uyu mutwe ntiwari wigeze ugira icyo uvuga ku ngingo iyireba cyane yavugaga ko imitwe yose iri mu Congo igomba kuva mu bice yafashe ndetse n’iyavugaga ko Abakuru b’Ibihugu bemeje iyoherezwa ry’ingabo zigize iri tsinda.

Umuvugizi wa M23, Maj Willy Ngoma yabwiye BBC ko badatewe impungenge n’iri tsinda kuko bafite icyo barwanira kandi cyumvikana.

Abajijwe n’Umunyamakuru niba batatewe ubwoba n’izi ngabo zigiye koherezwa kubarandura, Maj Willy Ngoma yagize ati “Ubwoba bw’iki? Bwande? Twebwe, igihe cyose turwanira kuramuka kwacu, kuri ejo hazaza h’abana bacu, kuri ejo hazaza h’iki gihugu, twagira ubwoba bw’iki? Ntabwo.”

Abagaba Bakuru b’Ingabo zo mu Bihugu bigize EAC barahuye baganira ku iyoherezwa ry’iri tsinda

 

Maj Willy Ngoma uherutse no gutangaza ko nta ngabo zapfa kubakura mu Mujyi wa Bunagana baherutse gufata, muri iki kiganiro yongeye guhakana ko nta bufasha na buto bahabwa n’u Rwanda atsemba ko nta gikoresho na gito bahabwa n’undi muntu uwo ari we wese byumwihariko u Rwanda rubishinjwa, yewe ngo “habe n’urushinge” rudoda imyenda.

Uyu muvugizi wa M23, avuga ko mbere yuko Abakuru b’Ibihugu bigize EAC bafata imyanzuro nk’iriya bagomba kubanza kumva impamvu uyu mutwe urwana kuko ntakindi wifuza uretse uburenganzira bw’uru ruhande rwakomeje gutoterezwa mu Gihugu cyabo.

Yagize ati “turwana kugira ngo turamuke, turwanira ejo hazaza hafite uburumbuke h’iki gihugu. Kuvuga ko igihugu cyatewe mu gihe bazi impamvu ituma turwana, ibyo ni ukuba indyarya.”

Umutwe wa M23 ukomeje gufata bimwe mu bice byo muri Kivu ya Ruguru, uvuga ko gufata ibi bice bitari biri mu bushake bwawo ahubwo ko byatewe n’igitutu wari ukomeje kotswaho na FARDC idasiba kubagabaho ibitero, ukabifata kugira ngo ubiburizemo.

Imirwano hagati ya M23 na FARDC yatumye u Rwanda na Repubukika Iharanira Demokarasi ya Congo bongera kurebana ay’ingwe mu gihe kuva Felix Tshisekedi yatorerwa kuyobora iki Gihugu, umubano w’Ibihugu byombi utarasibye kugenda ugana imbere.

Iki gitotsi gishingiye ku birego Ibihugu byombi bishinjanya aho DRC yakunze gushinja u Rwanda ari rwo ruri kurwana na FARDC rwikinze umutaka wa M23 ngo rujye gusahura umutungo w’Iki Gihugu.

Perezida Paul Kagame w’u Rwanda utarakunze kuvuga cyane kuri ibi bibazo, mu Kiganiro aherutse kugirana n’Umunyamakuru Zain Verjee wakira Ihuriro rizwi nka Qatar Economic Forum, yavuze ko Perezida Felix Tshisekedi aca hejuru ibibazo by’ukuri biri mu Gihugu cye.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uru ritwazo rwa Perezida Tshisekedi rwo guhimbira u Rwanda ibirego, ari ukwihunza inshingano ze nka Perezida wananiwe gukemura ibibazo yagombye kuba yarakemuke mu buryo bworoshye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 5 =

Previous Post

Kigali ubu niwo Mujyi ku Isi urimo abakomeye benshi, Boris Johnson na we yahasesekaye

Next Post

CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

CHOGM: Museveni na we aje i Kigali nyuma y’imyaka 5 atahakandagira, afashe indege idasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.