Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wamaganye ibyatangajwe na Radio imwe ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; uvuga ko icyo gitangazamakuru gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Guverinoma mu kubiba urwango, ukayigereranya nka RTLM izwiho kuba yarakwirakwije ingengabitekerezo ya Jenoside mu Rwanda.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, Radio Okapi ikunze gutangaza inkuru ziri mu murongo w’ubutegetsi muri Congo, itangaje ko M23 ikomeje kubuza abaturage gusarura imyaka yabo muri Teritwari ya Rutshuru.

Inkuru ya Radio Okapi, ivuga kandi ko uwayihaye amakuru witwa Jean Claude Mbabaze usanzwe ari Perezida wa Sosiyete Sivile muri Rutshuru yatangaje ko mu cyumweru gishize, umutwe wa M23 wanyereje imodoka yari itwaye toni 10 z’ibiribwa ubwo yerecyezaga mu Mujyi wa Goma.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Mutarama 2024, wamaganye ibyatangajwe n’iyi Radiyo, uvuga ko ari ibinyoma, biri mu murongo wa propaganda.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Inkuru yatangajwe na Radio Okapi ishingiye ku makuru y’ibinyoma agamije kuyobya abayumva n’abasomyi. Radio Okapi isanzwe irangwa n’imikorere ya Propaganda y’ubutegetsi bwa Kinshasa. Iteka ihora yima umwanya M23 kugira ngo wisobanure.”

M23 ikomeza ivuga ko ahubwo iyi “Radio Okapi ibiba urwango n’amacakubiri mu miryango migari mu murongo umwe na Radio yo mu Rwanda izwi nka ‘Radio Mille Collines’ [RTLM] yabibye urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda yakozwe n’Interahamwe ndetse n’abahoze ari FAR (FDLR).”

Umutwe wa M23 wakomeje uvuga ko uyu Jean Claude Mbabaze wavugishijwe mu nkuru ya Radio Okapi ataba muri Rutshuru nk’uko byavuzwe ahubwo ko aba i Goma.

Uvuga ko uyu mugabo afite urusengero muri Rutshuru kandi ko umutwe wa M23 warwemereye gukomeza gukora uko bisanzwe, ndetse ko uretse amafaranga yishyurwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, buri Cyumweru anakira amafaranga y’amaturo ava muri uru rusengero rwe, yose amufasha kubaho mu mujyi wa Goma.

Uyu mutwe ugakomeza ugira uti “Sosiyete Sivile yavuzwe ikoreshwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa nk’igikoresho cyayo cya propaganda. Jean Claude Mbabaze ni umuhezanguni uzwi n’abaturage bose ba Rutshuru ko akorera ubutegetsi bwa Kinshasa ndetse na FDLR.”

M23 ivuga ko mu bice byose igenzura, hari ukwishyira ukizana kw’abaturage, ndetse ko hari urujya n’uruza rwabo n’ibyabo, ikamagana ibyatangajwe ko igiye kwicisha inzara abaturage ba Rutshuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + sixteen =

Previous Post

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Next Post

Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Related Posts

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

by radiotv10
09/01/2026
0

The AFC/M23 coalition, which opposes the government of the Democratic Republic of Congo, is reportedly strengthening its presence in the...

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravugwaho kuba ryongereye imbaraga mu gace ka Mpety, muri...

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

by radiotv10
09/01/2026
0

Olive Lembe Kabila, Madamu wa Joseph Kabila wari Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yasabye Abanyekongo, gukora amasengesho yo...

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

by radiotv10
09/01/2026
0

Lieutenant-Colonel Mak Hazukay Mongba yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe Itumanaho n’Amakuru mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, akaba n’Umuvugizi...

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

Abayobozi mu nzego bwite no mu z’umutekano mu Ntara ya Kivu ya Rugurumu bice bigenzurwa n’Ihuriro AFC/M23 bitabiriye umuhango wo...

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.