Friday, January 23, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

M23 yagereranyije Radio yo muri Congo nka RTLM yabayeho mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
10/01/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
M23 yaramutse ikora ikindi gikorwa kigaragaza ko igikomeye imbere ya FARDC
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe wa M23 wamaganye ibyatangajwe na Radio imwe ikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo; uvuga ko icyo gitangazamakuru gisanzwe gikorera mu kwaha kwa Guverinoma mu kubiba urwango, ukayigereranya nka RTLM izwiho kuba yarakwirakwije ingengabitekerezo ya Jenoside mu Rwanda.

Ni nyuma y’uko kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mutarama 2024, Radio Okapi ikunze gutangaza inkuru ziri mu murongo w’ubutegetsi muri Congo, itangaje ko M23 ikomeje kubuza abaturage gusarura imyaka yabo muri Teritwari ya Rutshuru.

Inkuru ya Radio Okapi, ivuga kandi ko uwayihaye amakuru witwa Jean Claude Mbabaze usanzwe ari Perezida wa Sosiyete Sivile muri Rutshuru yatangaje ko mu cyumweru gishize, umutwe wa M23 wanyereje imodoka yari itwaye toni 10 z’ibiribwa ubwo yerecyezaga mu Mujyi wa Goma.

Mu itangazo ryashyizwe hanze n’umutwe wa M23 kuri uyu wa Kabiri tariki 09 Mutarama 2024, wamaganye ibyatangajwe n’iyi Radiyo, uvuga ko ari ibinyoma, biri mu murongo wa propaganda.

Iri tangazo ritangira rivuga ko “Inkuru yatangajwe na Radio Okapi ishingiye ku makuru y’ibinyoma agamije kuyobya abayumva n’abasomyi. Radio Okapi isanzwe irangwa n’imikorere ya Propaganda y’ubutegetsi bwa Kinshasa. Iteka ihora yima umwanya M23 kugira ngo wisobanure.”

M23 ikomeza ivuga ko ahubwo iyi “Radio Okapi ibiba urwango n’amacakubiri mu miryango migari mu murongo umwe na Radio yo mu Rwanda izwi nka ‘Radio Mille Collines’ [RTLM] yabibye urwango rwagejeje kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda yakozwe n’Interahamwe ndetse n’abahoze ari FAR (FDLR).”

Umutwe wa M23 wakomeje uvuga ko uyu Jean Claude Mbabaze wavugishijwe mu nkuru ya Radio Okapi ataba muri Rutshuru nk’uko byavuzwe ahubwo ko aba i Goma.

Uvuga ko uyu mugabo afite urusengero muri Rutshuru kandi ko umutwe wa M23 warwemereye gukomeza gukora uko bisanzwe, ndetse ko uretse amafaranga yishyurwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa, buri Cyumweru anakira amafaranga y’amaturo ava muri uru rusengero rwe, yose amufasha kubaho mu mujyi wa Goma.

Uyu mutwe ugakomeza ugira uti “Sosiyete Sivile yavuzwe ikoreshwa n’ubutegetsi bwa Kinshasa nk’igikoresho cyayo cya propaganda. Jean Claude Mbabaze ni umuhezanguni uzwi n’abaturage bose ba Rutshuru ko akorera ubutegetsi bwa Kinshasa ndetse na FDLR.”

M23 ivuga ko mu bice byose igenzura, hari ukwishyira ukizana kw’abaturage, ndetse ko hari urujya n’uruza rwabo n’ibyabo, ikamagana ibyatangajwe ko igiye kwicisha inzara abaturage ba Rutshuru.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 16 =

Previous Post

Abadepite bagaragaje igiteye urujijo ku bimaze iminsi byumvikana by’ibirombe bigwira abantu

Next Post

Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Related Posts

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Umunyamabanga Wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za America ushinzwe Ibibazo bya Afurika, yagaragaje ko gushyira abarwanyi ba AFC/M23 mu gisirikare...

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

by radiotv10
23/01/2026
0

I Davos mu Busuwisi, Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yatangije Akanama k’Amahoro kagamije gushimangira agahenge kari...

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

Ofisiye mu gisirikare cya Congo yafatiwe icyemezo kubera gusakaza amashusho

by radiotv10
23/01/2026
0

Urukiko rwa Gisirikare rwa Ituri rwakatiye igifungo cy’imyaka 20 umusirikare wo ku rwego rwa Ofisiye muri FARDC no kwirukanwa burundu...

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

Yifashishije ifoto ishotorana Gen.Muhoozi yongeye gutangaza ibishobora kuzamurira umujinya umunyapolitiki Bobi Wine

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, akomeje guterana amagambo na Robert Kyagulanyi Ssentamu (Bobi Wine) uherutse gutsindwa amatora...

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

by radiotv10
22/01/2026
0

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga ko abarwanyi b’abacancuro b’Abanyaburayi, bongeye kugaragara bakorana na...

IZIHERUKA

Gen.Makenga yabwiye abo muri AFC/M23 ibizaranga urugamba mu mwaka wa 2026
AMAHANGA

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

by radiotv10
23/01/2026
0

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

23/01/2026
Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

23/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

23/01/2026
Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

Ibihugu 19 byinjiye mu Kanama gashya ku Isi kashinzwe na Perezida wa America

23/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Haravugwa ibishobora kuzatungurana ku Mupasiteri ufungiye uruhare mu mpfu z’abantu 400

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ingingo y’ingenzi igiye kuganirwaho hagati ya AFC/M23 Leta ya Congo

Rayon yemeje ko yatandukanye na rutahizamu wabonwaga nk’ahazaza hayo

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.